Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bwongereza iratangaza ko abimwe ibyangombwa by’ubuhungiro muri iki Gihugu, barebwa na gahunda yo koherezwa mu Rwanda, bari gufatwa bagafungwa mu gihe hagitegerejwe igihe bagomba kurizwa indege.

Guverinoma y’u Bwongereza, ivuga ko “Abantu badafite uburenganzira bwo kuba mu Bwongereza, abaherutse gutsindwa mu bujurire bwabo bujyanye n’uburenganzira bwa muntu, kandi bakaba batemerewe kongera kujurira ibyemezo byabo, bagomba kwitegura koherezwa mu Rwanda.”

Nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Guverinoma y’u Bwongereza, yizeza ko “Abantu benshi badafite uburenganzira bwo kuba mu Bwongereza bazafashwa kubakira ubuzima bwabo mu Rwanda, Igihugu cya gatatu gitekanye, igihe bazaba batifuza gusubira mu Bihugu byabo nka Syria cyangwa Afghanistan.”

U Bwongereza kandi bwizeza abashaka ubuhungiro ngo bazahabwa ubufasha mu gihe cy’imyaka itanu, binyuze mu Kigo gishinzwe Abimukira n’Ubufatanye mu Iterambere ry’Ubukungu MEDP (Migration and Economic Development Partnership).

Abageze mu Bwongereza ku itariki ya 01 Mutarama 2022 na nyuma yaho bakaba baramenyeshejwe ko ibyifuzo byo gusaba ubuhungiro byabo bitagifite agaciro kugeza tariki 29 Kamena 2023, barebwa n’iyi gahunda yo koherezwa.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu, James Cleverly yagize ati “Abo bose badafite uburenganzira bwo kuba bari mu Bwongereza, ntabwo bemerewe kuhaguma. Dufite Igihugu gitekanye cyiteguye kandi cyemeye kubakira, no kubaha inkunga ishoboka ndetse no kubafasha kubaka imibereho.

Turakomeza gufunga mu buryo buboneye abo bantu barebwa n’iyi gahunda yo gukurwa mu Gihugu kugeza igihe indege zizaberecyeza mu Rwanza zizaba ziteguye.”

Guverinoma y’u Bwongereza kandi yatangaje ko abari muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yiteguye kubafasha gusubira mu Bihugu byabo cyangwa muri iki Gihugu bagomba kuzoherezwamo.

U Bwongereza bwatangaje ko barebwa n’iyi gahunda, batazaba bashaka kuva muri iki Gihugu, bazafungwa cyangwa bakoherezwa ku ngufu mu Gihugu gitekanye gifitanye n’iki amasezerano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Menya igihe ikibuga cy’indege gishya u Rwanda rugiye kunguka kizafungurira imiryango

Next Post

Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

Related Posts

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Ibitero by’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) uhanganye n’igisirikare cya Leta muri Sudani, byatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, bimaze guhitana...

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

by radiotv10
15/07/2025
0

Muhammadu Buhari, wabaye Perezida wa Nigeria, witabye Imana ku  myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, akagwa mu Bwongereza, umubiri...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

by radiotv10
15/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo za DRC, rukomeje kurangwa n’ibikorwa by’ubwicanyi bukorerwa abaturage b’abasivile, ndetse rukaba...

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

Umunyemari uzwi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan wiyita Boss Lady wanabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz avuga ko muri...

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.