Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

radiotv10by radiotv10
09/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi bwa mbere bwakozwe ku budaheranwa bw’Avanyarwanda, bugaragaza ko ku muntu ku giti cye bugeze kuri 80%, mu gihe ku rwego rw’Ingo ubudaheranwa bugeze kuri 77%.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi bwakozwe n’Umuryango Mpuzamahanga Interpeace ugamije kubaka amahoro, bwamuritswe kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, bugaragaza uko Abanyarwanda bahagaze mu budaheranwa nyuma y’imyaka 30 bavuye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Uretse igipimo cy’ubudaheranwa ku Banyarwanda ku giti cyabo ndetse no ku muryango, iyi mibare, igaragaza ko ubudaheranwa mu nzego za Leta bwo bugeze kuri 85,4% naho ku rwego rw’umuryango mugari buhagaze kuri 86%.

Ubu bushakashatsi bugaragza ko kuva mu muntu ku giti cye, kugeza ku muryango, no mu nzego za Leta Ubunyarwanda bwashinze imizi, bigatuma bafashanya; bagatanga ibitekerezo ku bibakorerwa bibaganisha mu cyerekezo cy’igihugu.

Nanone kandi ibi bijyana n’ubushake bwo kwiteza imbere, icyakora nanone ruswa mu mikorere y’inzego za Leta ikomeje kudindiza imibereho y’abaturage.

Umuyobozi Mukuru wa Interpeace, Kayitare Frank avuga ko hari ingaruka ziterwa na ruswa ikivugwa mu nzego zimwe za Leta, kuri ubu budaheranwa bw’Abanyarwanda.

Ati “Ingaruka zo zirahari. Tuvuge niba umuntu ku giti cye yahuye n’umuntu runaka, niba hari uburenganzira yagombaga kubona ntabubone kubera yamusabye ruswa; birumvikana acika intege. Na bwa budaheranwa bwe buragabanuka, ni yo mpamvu twerekanye ahagomba gushyirwamo imbaraga kugira ngo na wamuntu wari utangiye kwiremamo icyizere kidasubira inyuma.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko iki kibazo cya ruswa kigomba kuvugutirwa umuti bihereye mu nzego z’ibanze.

Yagize ati “Aho dukeneye gushyira imbaraga no kuzamura ni ku rwego rw’Umudugudu kugira ngo za serivise zituma Umunyarwanda ahabwa ibyo akeneye byose, n’ibitekerezo bye bikakirwa, n’uruhare rwe rukagaragara, bigere no ku rwego rw’Umudugudu ni ho hakiri intege nkeya.”

Minisitiri Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko ibyagaragajwe n’ubu bushakashatsi ndetse n’ibyifuzo bwatanze, bigomba gufasha inzego za Leta, kunoza ibitanoga kugira ngo ubudaheranwa bw’Abanyarwanda bukomeze gusugira.

Dr Bizimana yavuze ko ubu bushakashatsi bugiye gutuma hari igikorwa

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − thirteen =

Previous Post

Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Next Post

Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.