Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

radiotv10by radiotv10
09/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi bwa mbere bwakozwe ku budaheranwa bw’Avanyarwanda, bugaragaza ko ku muntu ku giti cye bugeze kuri 80%, mu gihe ku rwego rw’Ingo ubudaheranwa bugeze kuri 77%.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi bwakozwe n’Umuryango Mpuzamahanga Interpeace ugamije kubaka amahoro, bwamuritswe kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, bugaragaza uko Abanyarwanda bahagaze mu budaheranwa nyuma y’imyaka 30 bavuye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Uretse igipimo cy’ubudaheranwa ku Banyarwanda ku giti cyabo ndetse no ku muryango, iyi mibare, igaragaza ko ubudaheranwa mu nzego za Leta bwo bugeze kuri 85,4% naho ku rwego rw’umuryango mugari buhagaze kuri 86%.

Ubu bushakashatsi bugaragza ko kuva mu muntu ku giti cye, kugeza ku muryango, no mu nzego za Leta Ubunyarwanda bwashinze imizi, bigatuma bafashanya; bagatanga ibitekerezo ku bibakorerwa bibaganisha mu cyerekezo cy’igihugu.

Nanone kandi ibi bijyana n’ubushake bwo kwiteza imbere, icyakora nanone ruswa mu mikorere y’inzego za Leta ikomeje kudindiza imibereho y’abaturage.

Umuyobozi Mukuru wa Interpeace, Kayitare Frank avuga ko hari ingaruka ziterwa na ruswa ikivugwa mu nzego zimwe za Leta, kuri ubu budaheranwa bw’Abanyarwanda.

Ati “Ingaruka zo zirahari. Tuvuge niba umuntu ku giti cye yahuye n’umuntu runaka, niba hari uburenganzira yagombaga kubona ntabubone kubera yamusabye ruswa; birumvikana acika intege. Na bwa budaheranwa bwe buragabanuka, ni yo mpamvu twerekanye ahagomba gushyirwamo imbaraga kugira ngo na wamuntu wari utangiye kwiremamo icyizere kidasubira inyuma.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko iki kibazo cya ruswa kigomba kuvugutirwa umuti bihereye mu nzego z’ibanze.

Yagize ati “Aho dukeneye gushyira imbaraga no kuzamura ni ku rwego rw’Umudugudu kugira ngo za serivise zituma Umunyarwanda ahabwa ibyo akeneye byose, n’ibitekerezo bye bikakirwa, n’uruhare rwe rukagaragara, bigere no ku rwego rw’Umudugudu ni ho hakiri intege nkeya.”

Minisitiri Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko ibyagaragajwe n’ubu bushakashatsi ndetse n’ibyifuzo bwatanze, bigomba gufasha inzego za Leta, kunoza ibitanoga kugira ngo ubudaheranwa bw’Abanyarwanda bukomeze gusugira.

Dr Bizimana yavuze ko ubu bushakashatsi bugiye gutuma hari igikorwa

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Next Post

Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.