• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

radiotv10by radiotv10
09/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi bwa mbere bwakozwe ku budaheranwa bw’Avanyarwanda, bugaragaza ko ku muntu ku giti cye bugeze kuri 80%, mu gihe ku rwego rw’Ingo ubudaheranwa bugeze kuri 77%.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi bwakozwe n’Umuryango Mpuzamahanga Interpeace ugamije kubaka amahoro, bwamuritswe kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, bugaragaza uko Abanyarwanda bahagaze mu budaheranwa nyuma y’imyaka 30 bavuye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Uretse igipimo cy’ubudaheranwa ku Banyarwanda ku giti cyabo ndetse no ku muryango, iyi mibare, igaragaza ko ubudaheranwa mu nzego za Leta bwo bugeze kuri 85,4% naho ku rwego rw’umuryango mugari buhagaze kuri 86%.

Ubu bushakashatsi bugaragza ko kuva mu muntu ku giti cye, kugeza ku muryango, no mu nzego za Leta Ubunyarwanda bwashinze imizi, bigatuma bafashanya; bagatanga ibitekerezo ku bibakorerwa bibaganisha mu cyerekezo cy’igihugu.

Nanone kandi ibi bijyana n’ubushake bwo kwiteza imbere, icyakora nanone ruswa mu mikorere y’inzego za Leta ikomeje kudindiza imibereho y’abaturage.

Umuyobozi Mukuru wa Interpeace, Kayitare Frank avuga ko hari ingaruka ziterwa na ruswa ikivugwa mu nzego zimwe za Leta, kuri ubu budaheranwa bw’Abanyarwanda.

Ati “Ingaruka zo zirahari. Tuvuge niba umuntu ku giti cye yahuye n’umuntu runaka, niba hari uburenganzira yagombaga kubona ntabubone kubera yamusabye ruswa; birumvikana acika intege. Na bwa budaheranwa bwe buragabanuka, ni yo mpamvu twerekanye ahagomba gushyirwamo imbaraga kugira ngo na wamuntu wari utangiye kwiremamo icyizere kidasubira inyuma.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko iki kibazo cya ruswa kigomba kuvugutirwa umuti bihereye mu nzego z’ibanze.

Yagize ati “Aho dukeneye gushyira imbaraga no kuzamura ni ku rwego rw’Umudugudu kugira ngo za serivise zituma Umunyarwanda ahabwa ibyo akeneye byose, n’ibitekerezo bye bikakirwa, n’uruhare rwe rukagaragara, bigere no ku rwego rw’Umudugudu ni ho hakiri intege nkeya.”

Minisitiri Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko ibyagaragajwe n’ubu bushakashatsi ndetse n’ibyifuzo bwatanze, bigomba gufasha inzego za Leta, kunoza ibitanoga kugira ngo ubudaheranwa bw’Abanyarwanda bukomeze gusugira.

Dr Bizimana yavuze ko ubu bushakashatsi bugiye gutuma hari igikorwa

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Next Post

Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.