Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya impamvu mu Rwanda hagiye kongerwa ibigo ngororamuco nubwo Abadepite babibona ukundi

radiotv10by radiotv10
01/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya impamvu mu Rwanda hagiye kongerwa ibigo ngororamuco nubwo Abadepite babibona ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga hagiye kongera Ibigo Ngororamuco ku rwego rw’Intara kugira ngo ababijyanwamo bakunze kuba ari inzererezi, batajyanwa kure y’imiryango yabo, mu gihe Abadepite bavuze ko iyi gahunda idashobora gukemura ikibazo nyamukuru.

Raporo y’ibikorwa bya Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu y’umwaka wa 2022-2023; igaragaa ko ibigo ngororamuco birimo ibibazo bitandukanye, birimo kuba hari ibyuzuye abantu ariko ntibigire abakozi bahagije bo kubafasha ndetse n’ibindi bidatanga ubufasha hashingiwe ku byiciro abantu barimo, ndetse n’ikibazo cy’abasezererwa bakishobora mu bikorwa bibasubizayo.

Nubwo ibyo bigo bifite ibyo bibazo; Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihigu gishinzwe igororamuco (NRS), Fred Mfulukye avuga ko hari uburyo bushya bugiye kwifashishwa kugira ngo ibyo bigo bitange umusaruro.

Yagize ati “Turatekereza ese abantu bose; dufate urugero abo mu Ntara y’Iburasirazuba; rwa rubyiruko, ese bariya bagaragaye muri bya bibazo ni ngombwa ko duhita twiruka tubajyana Nyamagabe cyangwa i Wawa? Cyangwa tubanze tubageragereze iwabo tunabafashe bari kumwe n’imiryango yabo.”

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ishyigikiye iyi ngingo, ikavuga ko bizatuma buri umwe ashyirwa ahamukwiriye, gusa ngo birasaba ko n’ibi bigo ngororamuco byigongera.

Minisitiri Jean Claude Musabyimana yagize ati “Bitewe n’urwego ubuzererezi bw’umuntu bugezeho yajyanwa mu cyiciro cy’igororamuco. Ubu twari dufite ibyiciro bibiri […] byadufasha no guhangana n’ibyaha kuko bariya bantu iyo utabikoze bahinduka abanyabyaha, ukazahura na bo baragiye mu nkiko, barakatiwe ari abanyabyaha kandi byarashobokaga ko sosiyete yabafasha kutaba abanyabyaha.”

Bamwe mu Badepite bo bavuga ko iki gisubizo kidashobora gukemura ikibazo mu buryo burambye, bakavuga ko kongera ibi bigo ngororamuco mu nzego z’ibanze ahubwo biteye impungenge, bakavuga ko ahubwo igisubizo cyashakirwa mu muryango kuko gishobora kuba kinafitanye isano n’ubuzima bwo mu mutwe.

Umwe mu Badepite mu Nteko y’u Rwanda, yagize ati “Nagize impungenge numwise ibi bigo byisumbuye byo ku Ntara. Wagira ngo ni nka kaminuza bimukiyemo. Icyakorwa tugerageze ikintu kirebana n’umuryango, hari ubushakashatsi bwakozwe, bsanze ahantu hicaye abantu batanu haba harimo babiri bafite ibibazo by’uburwayi bwo mu mutwe, ibyo byose iyo tubyumvise nka komisiyo twumva bifite uburemere bwabyo.”

Mu rwego rwo guhangana n’ibibazo bituma bamwe bisanga mu bigo ngororamuco; Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko hateguwe gahunda y’imyaka itatu, aho muri iki gihe hazajya hakoreshwa miliyari 30 Frw.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu avuga ko Ibigo Ngororamuco bigomba kongerwa
Bamwe mu Badepite babona hari ikindi gisubizo cyari gikenewe cyaruta iki

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Perezida Kagame wageze muri America yahuye n’abanyapolitiki baho ba mbere

Next Post

Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi

Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.