Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya impamvu mu Rwanda hagiye kongerwa ibigo ngororamuco nubwo Abadepite babibona ukundi

radiotv10by radiotv10
01/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya impamvu mu Rwanda hagiye kongerwa ibigo ngororamuco nubwo Abadepite babibona ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga hagiye kongera Ibigo Ngororamuco ku rwego rw’Intara kugira ngo ababijyanwamo bakunze kuba ari inzererezi, batajyanwa kure y’imiryango yabo, mu gihe Abadepite bavuze ko iyi gahunda idashobora gukemura ikibazo nyamukuru.

Raporo y’ibikorwa bya Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu y’umwaka wa 2022-2023; igaragaa ko ibigo ngororamuco birimo ibibazo bitandukanye, birimo kuba hari ibyuzuye abantu ariko ntibigire abakozi bahagije bo kubafasha ndetse n’ibindi bidatanga ubufasha hashingiwe ku byiciro abantu barimo, ndetse n’ikibazo cy’abasezererwa bakishobora mu bikorwa bibasubizayo.

Nubwo ibyo bigo bifite ibyo bibazo; Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihigu gishinzwe igororamuco (NRS), Fred Mfulukye avuga ko hari uburyo bushya bugiye kwifashishwa kugira ngo ibyo bigo bitange umusaruro.

Yagize ati “Turatekereza ese abantu bose; dufate urugero abo mu Ntara y’Iburasirazuba; rwa rubyiruko, ese bariya bagaragaye muri bya bibazo ni ngombwa ko duhita twiruka tubajyana Nyamagabe cyangwa i Wawa? Cyangwa tubanze tubageragereze iwabo tunabafashe bari kumwe n’imiryango yabo.”

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ishyigikiye iyi ngingo, ikavuga ko bizatuma buri umwe ashyirwa ahamukwiriye, gusa ngo birasaba ko n’ibi bigo ngororamuco byigongera.

Minisitiri Jean Claude Musabyimana yagize ati “Bitewe n’urwego ubuzererezi bw’umuntu bugezeho yajyanwa mu cyiciro cy’igororamuco. Ubu twari dufite ibyiciro bibiri […] byadufasha no guhangana n’ibyaha kuko bariya bantu iyo utabikoze bahinduka abanyabyaha, ukazahura na bo baragiye mu nkiko, barakatiwe ari abanyabyaha kandi byarashobokaga ko sosiyete yabafasha kutaba abanyabyaha.”

Bamwe mu Badepite bo bavuga ko iki gisubizo kidashobora gukemura ikibazo mu buryo burambye, bakavuga ko kongera ibi bigo ngororamuco mu nzego z’ibanze ahubwo biteye impungenge, bakavuga ko ahubwo igisubizo cyashakirwa mu muryango kuko gishobora kuba kinafitanye isano n’ubuzima bwo mu mutwe.

Umwe mu Badepite mu Nteko y’u Rwanda, yagize ati “Nagize impungenge numwise ibi bigo byisumbuye byo ku Ntara. Wagira ngo ni nka kaminuza bimukiyemo. Icyakorwa tugerageze ikintu kirebana n’umuryango, hari ubushakashatsi bwakozwe, bsanze ahantu hicaye abantu batanu haba harimo babiri bafite ibibazo by’uburwayi bwo mu mutwe, ibyo byose iyo tubyumvise nka komisiyo twumva bifite uburemere bwabyo.”

Mu rwego rwo guhangana n’ibibazo bituma bamwe bisanga mu bigo ngororamuco; Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko hateguwe gahunda y’imyaka itatu, aho muri iki gihe hazajya hakoreshwa miliyari 30 Frw.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu avuga ko Ibigo Ngororamuco bigomba kongerwa
Bamwe mu Badepite babona hari ikindi gisubizo cyari gikenewe cyaruta iki

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame wageze muri America yahuye n’abanyapolitiki baho ba mbere

Next Post

Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi

Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.