Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe

radiotv10by radiotv10
13/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda, zasize imyanya umunani muri Guverinoma y’u Rwanda ishyizwemo abayobozi, barimo Amb. Olivier Nduhungirehe wagizwe Minisititi w’Ububanyi n’Amahanga.

Ni impinduka zikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu masaha akuze yo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024.

Iri tangazo rivuga ko “Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda cyane cyane mu ngingo zaryo 116 na 112. None ku wa 12 Kamena 2024, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobozi mu buryo bukurikirikira:…”

Ambasaderi Nduhungirehe yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, asimbura Dr Vincent Biruta, we wagizwe Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu asimbura Alfred Gasana na we wahise asimbura Amb. Olivier Nduhungire, ku mwanya wa Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bw’u Buholandi.

Amb.Nduhungirehe wari ugiye kuzuza imyaka ine agizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, kuko yari yahawe izi nshingano muri Kanama 2020, si mushya muri iyi Minisiteri yahawe kuyobora, dore ko yigeze kuyibamo Umunyabanga wa Leta Ushinzwe Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), umwanya yari yirukanyweho muri Mata 2020 kubera gukora ashingiye ku bitekerezo bye.

Abandi bashyizwe mu myanya, ni Yussuf Murangwa wagizwe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, asimbura Dr Uzziel Ndagijimana, we utahawe undi mwanya.

Yussuf Murangwa winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda ari mushya, yari amaze igihe kinini ari Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR.

Naho Consolee Uwimana we yagize Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, asimbura Dr Valentine Uwamariya we wagizwe Minisitiri w’Ibidukikije, asimbura Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya na we wagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, we wasimbuye Prof. Bayisenge Jeannette na we utahawe undi mwanya.

Consolee Uwimana winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, asanzwe ari Vice Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi, akaba yaranabaye mu Nteko Ishinga Amateheko y’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yinjiyemo Mutesi Linda Rusagara, wagizwe Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ishoramari rya Leta no kwegeranya Imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), asimbura Munyeshuli Jeannine uherutse kwirukanwa kuri izi nshingano yari amazeho amezi 10.

Undi winjiye muri Guverinoma, ni Olivier Kabera wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, asimbuye Eng. Patrice Uwase na we utahawe izindi nshingano.

Muri iyi myanya umunani yo muri Guverinoma y’u Rwanda, uretse Dr Vincent Biruta, Dr Uwamariya Valentine, na Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya, bari basanzwemo, abandi batanu bagiye kuyinjiramo, barimo Ambasaderi Olivier Nduhungirehe uyigarutsemo.

Olivier Nduhungirehe yagaruwe muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga
Yussuf Murangwa yagizwe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi
Uwimana Consolee yagizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango
Mutesi Linda Rusagara yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINECOFIN

RADIOTV10

Comments 2

  1. KWIZERA jean aime says:
    2 years ago

    Good appointment

    Reply
  2. Nizeyimana Egide says:
    2 years ago

    Muduhe ziriya mpapuro zumuhondo dusome neza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 1 =

Previous Post

Kayonza: Igisubizo cyumvikanamo urucantege gihawe abubakiwe inzu bavuga ko inzara ibarembeje

Next Post

Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yatangaje inkuru y’akababaro

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yatangaje inkuru y’akababaro

Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yatangaje inkuru y'akababaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.