Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe

radiotv10by radiotv10
13/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda, zasize imyanya umunani muri Guverinoma y’u Rwanda ishyizwemo abayobozi, barimo Amb. Olivier Nduhungirehe wagizwe Minisititi w’Ububanyi n’Amahanga.

Ni impinduka zikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu masaha akuze yo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024.

Iri tangazo rivuga ko “Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda cyane cyane mu ngingo zaryo 116 na 112. None ku wa 12 Kamena 2024, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobozi mu buryo bukurikirikira:…”

Ambasaderi Nduhungirehe yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, asimbura Dr Vincent Biruta, we wagizwe Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu asimbura Alfred Gasana na we wahise asimbura Amb. Olivier Nduhungire, ku mwanya wa Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bw’u Buholandi.

Amb.Nduhungirehe wari ugiye kuzuza imyaka ine agizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, kuko yari yahawe izi nshingano muri Kanama 2020, si mushya muri iyi Minisiteri yahawe kuyobora, dore ko yigeze kuyibamo Umunyabanga wa Leta Ushinzwe Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), umwanya yari yirukanyweho muri Mata 2020 kubera gukora ashingiye ku bitekerezo bye.

Abandi bashyizwe mu myanya, ni Yussuf Murangwa wagizwe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, asimbura Dr Uzziel Ndagijimana, we utahawe undi mwanya.

Yussuf Murangwa winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda ari mushya, yari amaze igihe kinini ari Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR.

Naho Consolee Uwimana we yagize Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, asimbura Dr Valentine Uwamariya we wagizwe Minisitiri w’Ibidukikije, asimbura Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya na we wagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, we wasimbuye Prof. Bayisenge Jeannette na we utahawe undi mwanya.

Consolee Uwimana winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, asanzwe ari Vice Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi, akaba yaranabaye mu Nteko Ishinga Amateheko y’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yinjiyemo Mutesi Linda Rusagara, wagizwe Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ishoramari rya Leta no kwegeranya Imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), asimbura Munyeshuli Jeannine uherutse kwirukanwa kuri izi nshingano yari amazeho amezi 10.

Undi winjiye muri Guverinoma, ni Olivier Kabera wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, asimbuye Eng. Patrice Uwase na we utahawe izindi nshingano.

Muri iyi myanya umunani yo muri Guverinoma y’u Rwanda, uretse Dr Vincent Biruta, Dr Uwamariya Valentine, na Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya, bari basanzwemo, abandi batanu bagiye kuyinjiramo, barimo Ambasaderi Olivier Nduhungirehe uyigarutsemo.

Olivier Nduhungirehe yagaruwe muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga
Yussuf Murangwa yagizwe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi
Uwimana Consolee yagizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango
Mutesi Linda Rusagara yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINECOFIN

RADIOTV10

Comments 2

  1. KWIZERA jean aime says:
    2 years ago

    Good appointment

    Reply
  2. Nizeyimana Egide says:
    2 years ago

    Muduhe ziriya mpapuro zumuhondo dusome neza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 9 =

Previous Post

Kayonza: Igisubizo cyumvikanamo urucantege gihawe abubakiwe inzu bavuga ko inzara ibarembeje

Next Post

Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yatangaje inkuru y’akababaro

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yatangaje inkuru y’akababaro

Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yatangaje inkuru y'akababaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.