Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe

radiotv10by radiotv10
13/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda, zasize imyanya umunani muri Guverinoma y’u Rwanda ishyizwemo abayobozi, barimo Amb. Olivier Nduhungirehe wagizwe Minisititi w’Ububanyi n’Amahanga.

Ni impinduka zikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu masaha akuze yo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024.

Iri tangazo rivuga ko “Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda cyane cyane mu ngingo zaryo 116 na 112. None ku wa 12 Kamena 2024, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobozi mu buryo bukurikirikira:…”

Ambasaderi Nduhungirehe yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, asimbura Dr Vincent Biruta, we wagizwe Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu asimbura Alfred Gasana na we wahise asimbura Amb. Olivier Nduhungire, ku mwanya wa Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bw’u Buholandi.

Amb.Nduhungirehe wari ugiye kuzuza imyaka ine agizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, kuko yari yahawe izi nshingano muri Kanama 2020, si mushya muri iyi Minisiteri yahawe kuyobora, dore ko yigeze kuyibamo Umunyabanga wa Leta Ushinzwe Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), umwanya yari yirukanyweho muri Mata 2020 kubera gukora ashingiye ku bitekerezo bye.

Abandi bashyizwe mu myanya, ni Yussuf Murangwa wagizwe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, asimbura Dr Uzziel Ndagijimana, we utahawe undi mwanya.

Yussuf Murangwa winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda ari mushya, yari amaze igihe kinini ari Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR.

Naho Consolee Uwimana we yagize Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, asimbura Dr Valentine Uwamariya we wagizwe Minisitiri w’Ibidukikije, asimbura Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya na we wagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, we wasimbuye Prof. Bayisenge Jeannette na we utahawe undi mwanya.

Consolee Uwimana winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, asanzwe ari Vice Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi, akaba yaranabaye mu Nteko Ishinga Amateheko y’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yinjiyemo Mutesi Linda Rusagara, wagizwe Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ishoramari rya Leta no kwegeranya Imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), asimbura Munyeshuli Jeannine uherutse kwirukanwa kuri izi nshingano yari amazeho amezi 10.

Undi winjiye muri Guverinoma, ni Olivier Kabera wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, asimbuye Eng. Patrice Uwase na we utahawe izindi nshingano.

Muri iyi myanya umunani yo muri Guverinoma y’u Rwanda, uretse Dr Vincent Biruta, Dr Uwamariya Valentine, na Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya, bari basanzwemo, abandi batanu bagiye kuyinjiramo, barimo Ambasaderi Olivier Nduhungirehe uyigarutsemo.

Olivier Nduhungirehe yagaruwe muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga
Yussuf Murangwa yagizwe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi
Uwimana Consolee yagizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango
Mutesi Linda Rusagara yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINECOFIN

RADIOTV10

Comments 2

  1. KWIZERA jean aime says:
    12 months ago

    Good appointment

    Reply
  2. Nizeyimana Egide says:
    12 months ago

    Muduhe ziriya mpapuro zumuhondo dusome neza

    Reply

Leave a Reply to Nizeyimana Egide Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 13 =

Previous Post

Kayonza: Igisubizo cyumvikanamo urucantege gihawe abubakiwe inzu bavuga ko inzara ibarembeje

Next Post

Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yatangaje inkuru y’akababaro

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yatangaje inkuru y’akababaro

Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yatangaje inkuru y'akababaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.