Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya imyanya imitwe ya Politiki yagize mu Nteko Ishinga Amategeko unasobanukirwe uburyo iboneka

radiotv10by radiotv10
19/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya imyanya imitwe ya Politiki yagize mu Nteko Ishinga Amategeko unasobanukirwe uburyo iboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Abadepite, agaragaza ko Umuryango FPR-Inkotanyi n’imitwe ya Politiki itanu yifatanyije na wo, yaje imbere n’amajwi 68,83% ukaba ari na wo ufite imyanya myinshi mu Nteko Ishinga amategeko, aho ukubye 2,3 indi mitwe ya politiki itanu.

Aya majwi y’agateganyo, yatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kuri uyu wa Kane tariki 18 Nyakanga 2024, yagaragaje ko aya majwi ari aya 98,13% y’amaze kubarurwa, dore ko ari ay’abantu 8 901 453 mu gihe abatoye bose ari 8 907 876 mu Banyarwanda 9 071 157 bose bemerewe gutora.

Muri aya majwi amaze kubarurwa, Umuryango FPR-Inkotanti n’indi mitwe ya Politiki itanu (PPC, PDC, PSR, PSP na UDPR), bagize amajwi 68,83% aho watowe n’Abanyarwanda bangana na 6 126 433.

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri Muturage PL ryo ryagize amajwi 8.66%; aho ryatowe n’Abanyarwanda 770 896.

Naho Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD) ryagize amajwi 8,62%, aho ryatowe n’Abanyarwanda 767 143, mu gihe Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGRP, ryagize amajwi 4,56% aho ryatowe n’Abanyarwanda 405 895.

Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi PDI ryagize amajwi 4,61% aho ryatowe n’Abanyarwanda 410 513, rigakurikirwa n’Ishyak PS-Imberakuri ryagize amajwi 4,51% ryo rikaba ryaratowe n’Abanyarwanda 401 524, mu gihe Umukandida wigenga Nsengiyumva Janvier we yagize amajwi 0,21 we akaba ayaratowe n’Abanyarwanda 19 051.

 

Abadepite ba FPR-Inkotanyi n’imitwe bafatanyije bakubye 2,3 indi itanu

Mu Rwanda hasanzwe hari ihame rivuga ko utagize amajwi angana cyangwa ari hejuru ya 5%, ataba yemerewe kujya mu Nteko Ishinga Amategeko, mu gihe imitwe ya politiki itatu (DGRP, PDI na PS-Imberakuru) yagize munsi ya 5% ariko ntihagire ujya munsi ya 4,5%.

Gusa mu kiganiro n’Itangazamakuru, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza kuri uyu wa Kane yavuze ko kuba iyi Mitwe ya Politiki yagize amajwi angana cyangwa ari hejuru ya 4,5%; hagomba gukorwa igereranya ku buryo ibarwa nk’iyagize 5% bityo ikaba yemerewe kujya mu Nteko Ishinga amategeko.

Ibi byatumye iyi mitwe itatu, buri umwe ugira imyanya ibiri mu Nteko Ishinga Amategeko, mu gihe Umuryango FPR-Inkotanyi n’andi mashyaka yawiyunzego bafite imyanya 37, PL ikagira itanu, ndetse na PSD ikagira itanu.

 

Uko iyi myanya yabonetse

Ubusanzwe Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite uba ugizwe n’Abadepite 80, barimo 53 batorwa mu buryo butaziguye baturuka mu mitwe ya Politiki n’abakandida bigenga, hakaba imyanya 24 y’Abadepite bahagarariye Abagore, ndetse na babiri bahagararira urubyiruko n’undi umwe uhagararira abantu bafite ubumuga.

Muri iyi myanya 53 yasaranganyijwe mu buryo twagarutseho hejuru, bishingira ku igereranya ry’uyu mubare w’imyanya baba bahatanira, aho hakorwa ijanisha ry’uyu mubare wa 53.

Nko kuri FPR-Inkotanyi, ufata amajwi 68,83 ugakuba 53 ubundi ukagabanya 100, hakaboneka imyanya 36,47, mu gihe ubikoze uku ku yindi mitwe ya Politiki, PL igira imyanya 4,58, PSD ikagira 4,56, naho DGPR ikagira 2,41, PDI ikagira 2,44 mu gihe PS-Imberakuri igira 2,39.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko ibi bice birengaho bitabarwa, aho habazwe kuriya bigaragara ko hari imyanya itatu iba ibura [FPR:36, PL:4, PSD: 4, DGPR: 2, PDI: 2, PS-Imberakuri: 2], ari na yo isaranganywa imitwe ya Politiki yagize amajwi menshi, bituma FPR-Inkotanyi ihita igira imyanya 37, PL ikagira itanu (5) ndetse na PSD ikagira itanu (5).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

Next Post

Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.