Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya imyanya imitwe ya Politiki yagize mu Nteko Ishinga Amategeko unasobanukirwe uburyo iboneka

radiotv10by radiotv10
19/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya imyanya imitwe ya Politiki yagize mu Nteko Ishinga Amategeko unasobanukirwe uburyo iboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Abadepite, agaragaza ko Umuryango FPR-Inkotanyi n’imitwe ya Politiki itanu yifatanyije na wo, yaje imbere n’amajwi 68,83% ukaba ari na wo ufite imyanya myinshi mu Nteko Ishinga amategeko, aho ukubye 2,3 indi mitwe ya politiki itanu.

Aya majwi y’agateganyo, yatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kuri uyu wa Kane tariki 18 Nyakanga 2024, yagaragaje ko aya majwi ari aya 98,13% y’amaze kubarurwa, dore ko ari ay’abantu 8 901 453 mu gihe abatoye bose ari 8 907 876 mu Banyarwanda 9 071 157 bose bemerewe gutora.

Muri aya majwi amaze kubarurwa, Umuryango FPR-Inkotanti n’indi mitwe ya Politiki itanu (PPC, PDC, PSR, PSP na UDPR), bagize amajwi 68,83% aho watowe n’Abanyarwanda bangana na 6 126 433.

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri Muturage PL ryo ryagize amajwi 8.66%; aho ryatowe n’Abanyarwanda 770 896.

Naho Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD) ryagize amajwi 8,62%, aho ryatowe n’Abanyarwanda 767 143, mu gihe Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGRP, ryagize amajwi 4,56% aho ryatowe n’Abanyarwanda 405 895.

Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi PDI ryagize amajwi 4,61% aho ryatowe n’Abanyarwanda 410 513, rigakurikirwa n’Ishyak PS-Imberakuri ryagize amajwi 4,51% ryo rikaba ryaratowe n’Abanyarwanda 401 524, mu gihe Umukandida wigenga Nsengiyumva Janvier we yagize amajwi 0,21 we akaba ayaratowe n’Abanyarwanda 19 051.

 

Abadepite ba FPR-Inkotanyi n’imitwe bafatanyije bakubye 2,3 indi itanu

Mu Rwanda hasanzwe hari ihame rivuga ko utagize amajwi angana cyangwa ari hejuru ya 5%, ataba yemerewe kujya mu Nteko Ishinga Amategeko, mu gihe imitwe ya politiki itatu (DGRP, PDI na PS-Imberakuru) yagize munsi ya 5% ariko ntihagire ujya munsi ya 4,5%.

Gusa mu kiganiro n’Itangazamakuru, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza kuri uyu wa Kane yavuze ko kuba iyi Mitwe ya Politiki yagize amajwi angana cyangwa ari hejuru ya 4,5%; hagomba gukorwa igereranya ku buryo ibarwa nk’iyagize 5% bityo ikaba yemerewe kujya mu Nteko Ishinga amategeko.

Ibi byatumye iyi mitwe itatu, buri umwe ugira imyanya ibiri mu Nteko Ishinga Amategeko, mu gihe Umuryango FPR-Inkotanyi n’andi mashyaka yawiyunzego bafite imyanya 37, PL ikagira itanu, ndetse na PSD ikagira itanu.

 

Uko iyi myanya yabonetse

Ubusanzwe Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite uba ugizwe n’Abadepite 80, barimo 53 batorwa mu buryo butaziguye baturuka mu mitwe ya Politiki n’abakandida bigenga, hakaba imyanya 24 y’Abadepite bahagarariye Abagore, ndetse na babiri bahagararira urubyiruko n’undi umwe uhagararira abantu bafite ubumuga.

Muri iyi myanya 53 yasaranganyijwe mu buryo twagarutseho hejuru, bishingira ku igereranya ry’uyu mubare w’imyanya baba bahatanira, aho hakorwa ijanisha ry’uyu mubare wa 53.

Nko kuri FPR-Inkotanyi, ufata amajwi 68,83 ugakuba 53 ubundi ukagabanya 100, hakaboneka imyanya 36,47, mu gihe ubikoze uku ku yindi mitwe ya Politiki, PL igira imyanya 4,58, PSD ikagira 4,56, naho DGPR ikagira 2,41, PDI ikagira 2,44 mu gihe PS-Imberakuri igira 2,39.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko ibi bice birengaho bitabarwa, aho habazwe kuriya bigaragara ko hari imyanya itatu iba ibura [FPR:36, PL:4, PSD: 4, DGPR: 2, PDI: 2, PS-Imberakuri: 2], ari na yo isaranganywa imitwe ya Politiki yagize amajwi menshi, bituma FPR-Inkotanyi ihita igira imyanya 37, PL ikagira itanu (5) ndetse na PSD ikagira itanu (5).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − three =

Previous Post

BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

Next Post

Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.