Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya imyanya imitwe ya Politiki yagize mu Nteko Ishinga Amategeko unasobanukirwe uburyo iboneka

radiotv10by radiotv10
19/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya imyanya imitwe ya Politiki yagize mu Nteko Ishinga Amategeko unasobanukirwe uburyo iboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Abadepite, agaragaza ko Umuryango FPR-Inkotanyi n’imitwe ya Politiki itanu yifatanyije na wo, yaje imbere n’amajwi 68,83% ukaba ari na wo ufite imyanya myinshi mu Nteko Ishinga amategeko, aho ukubye 2,3 indi mitwe ya politiki itanu.

Aya majwi y’agateganyo, yatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kuri uyu wa Kane tariki 18 Nyakanga 2024, yagaragaje ko aya majwi ari aya 98,13% y’amaze kubarurwa, dore ko ari ay’abantu 8 901 453 mu gihe abatoye bose ari 8 907 876 mu Banyarwanda 9 071 157 bose bemerewe gutora.

Muri aya majwi amaze kubarurwa, Umuryango FPR-Inkotanti n’indi mitwe ya Politiki itanu (PPC, PDC, PSR, PSP na UDPR), bagize amajwi 68,83% aho watowe n’Abanyarwanda bangana na 6 126 433.

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri Muturage PL ryo ryagize amajwi 8.66%; aho ryatowe n’Abanyarwanda 770 896.

Naho Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD) ryagize amajwi 8,62%, aho ryatowe n’Abanyarwanda 767 143, mu gihe Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGRP, ryagize amajwi 4,56% aho ryatowe n’Abanyarwanda 405 895.

Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi PDI ryagize amajwi 4,61% aho ryatowe n’Abanyarwanda 410 513, rigakurikirwa n’Ishyak PS-Imberakuri ryagize amajwi 4,51% ryo rikaba ryaratowe n’Abanyarwanda 401 524, mu gihe Umukandida wigenga Nsengiyumva Janvier we yagize amajwi 0,21 we akaba ayaratowe n’Abanyarwanda 19 051.

 

Abadepite ba FPR-Inkotanyi n’imitwe bafatanyije bakubye 2,3 indi itanu

Mu Rwanda hasanzwe hari ihame rivuga ko utagize amajwi angana cyangwa ari hejuru ya 5%, ataba yemerewe kujya mu Nteko Ishinga Amategeko, mu gihe imitwe ya politiki itatu (DGRP, PDI na PS-Imberakuru) yagize munsi ya 5% ariko ntihagire ujya munsi ya 4,5%.

Gusa mu kiganiro n’Itangazamakuru, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza kuri uyu wa Kane yavuze ko kuba iyi Mitwe ya Politiki yagize amajwi angana cyangwa ari hejuru ya 4,5%; hagomba gukorwa igereranya ku buryo ibarwa nk’iyagize 5% bityo ikaba yemerewe kujya mu Nteko Ishinga amategeko.

Ibi byatumye iyi mitwe itatu, buri umwe ugira imyanya ibiri mu Nteko Ishinga Amategeko, mu gihe Umuryango FPR-Inkotanyi n’andi mashyaka yawiyunzego bafite imyanya 37, PL ikagira itanu, ndetse na PSD ikagira itanu.

 

Uko iyi myanya yabonetse

Ubusanzwe Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite uba ugizwe n’Abadepite 80, barimo 53 batorwa mu buryo butaziguye baturuka mu mitwe ya Politiki n’abakandida bigenga, hakaba imyanya 24 y’Abadepite bahagarariye Abagore, ndetse na babiri bahagararira urubyiruko n’undi umwe uhagararira abantu bafite ubumuga.

Muri iyi myanya 53 yasaranganyijwe mu buryo twagarutseho hejuru, bishingira ku igereranya ry’uyu mubare w’imyanya baba bahatanira, aho hakorwa ijanisha ry’uyu mubare wa 53.

Nko kuri FPR-Inkotanyi, ufata amajwi 68,83 ugakuba 53 ubundi ukagabanya 100, hakaboneka imyanya 36,47, mu gihe ubikoze uku ku yindi mitwe ya Politiki, PL igira imyanya 4,58, PSD ikagira 4,56, naho DGPR ikagira 2,41, PDI ikagira 2,44 mu gihe PS-Imberakuri igira 2,39.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko ibi bice birengaho bitabarwa, aho habazwe kuriya bigaragara ko hari imyanya itatu iba ibura [FPR:36, PL:4, PSD: 4, DGPR: 2, PDI: 2, PS-Imberakuri: 2], ari na yo isaranganywa imitwe ya Politiki yagize amajwi menshi, bituma FPR-Inkotanyi ihita igira imyanya 37, PL ikagira itanu (5) ndetse na PSD ikagira itanu (5).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 1 =

Previous Post

BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

Next Post

Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Related Posts

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

IZIHERUKA

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere
MU RWANDA

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.