Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi y’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri Peteroli izwi nka Engen, yatangaje ko yafunze burundu sitasiyo zayo eshatu zirimo izo ku Giticyinyoni, ndetse irateganya gufunga izindi 19 mu gihe cya vuba. Ni nyuma y’isuzuma ryakozwe na RURA ryagaragaje Sitasiyo zitujuje ubuziranenge, zirimo izikorera aho bitagenewe.

Ifungwa ry’izi Sitasiyo ryatangajwe na Sosiyete ya Engen kuri uyu wa 13 Mutarama 2025 nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyitwa The New Times.

Izi sitasiyo eshatu zafunzwe kuri uyu wa Mbere, zose ni izo mu Mujyi wa Kigali, ni iya Giticyinyoni 1, iya Giticyinyoni 2, ndetse n’iyo kuri Poids Lourds.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) ruherutse gukora ubugenzuzi bwagaragaje Sitasiyo zicuruza ibikomoka kuri Peteroli zikora zitujuje ubuziranenge n’ibisabwa, zirimo izikorera ahantu bitagenewe, nk’izikorera mu bishanga.

Uru rwego kandi rwari ruherutse gutangaza ko izi Sitasiyo zikora muri ubu buryo zizafungwa, ndetse izi za Engen zafunze imiryango, zikaba ari zimwe muri izo, aho byose biri mu murongo wa Guverinoma y’u Rwanda wo gukomeza kubungabunga ibidukikije.

Mu rwego rwo kubahiriza icyemezo cya RURA, Sosiyete ya Engen kandi irateganya gufunga izindi Sitasiyo 19 bitarenze kuri uyu wa 15 Mutarama 2025.

Mu gihe hari impungenge ko iri fungwa ry’izi Sitasiyo rishobora gutera ikibazo cy’ibura ry’Ibikomoka kuri Peteroli, Umuyobozi mukuru wa RURA, Evariste Rugigana, yavuze ko iki kibazo kitazabaho.

Yabwiye The New Times ati “Turizeza abantu ko izi serivisi zikomeza gutangwa neza kuko hari izindi Sitasiyo z’ibikomoka kuri Peteroli mu bice bikikije ahari ziriya, zizakomeza gutanga serivisi, kandi ntabwo dutekereza ko bizazana icyuho kuko izisigaye zose zazamuriwe urwego, ndetse zikaba zishobora guha serivisi ku bazigana bose.”

Yavuze kandi ko izindi sitasiyo zizakomeza gukora, zahawe ubushobozi bwo kubasha guhangana n’ikibazo cy’ubwinshi bw’abashobora kuzigana, ndetse akizeza ko nta bibazo bizavuka mu itangwa ry’izi serivisi z’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri Peteroli.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − one =

Previous Post

Igikorwa remezo bari bategerezanyije amatsiko cyaje kibatungura bakurikije igishushanyo bari beretswe

Next Post

Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

by radiotv10
08/07/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo cyafatiwe Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uruhande rw’uregwa, rwagaragaje ibimenyetso buheraho...

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Olivier Nduhungirehe mentioned that even though Rwanda has a hope on the...

IZIHERUKA

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR
AMAHANGA

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

by radiotv10
08/07/2025
0

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

08/07/2025
Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.