Sunday, September 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwashyizwe u Rwanda na DRC ku rwego rumwe mu biganiro bihuza AFC/M23 na Congo, akavuga ko ibi Bihugu byombi ari indorerezi (Observateur).

Ni nyuma yuko umunyamakuru Christophe RIGAUD ukorera igitangazamakuru Afrikarabia ufite icyicaro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, anyujije ubutumwa kuri X, avuga ku biganiro by’i Doha bihuza Guverinoma ya DRC na AFC/M23.

Uyu Christophe RIGAUD yagize ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, mu gihe hakomeje ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo, Minisitiri w’Umutekano wa Qatar yahuye mu bihe bitandukanye na bagenzi be uwa Congo Jacquemain Shabani, n’uw’u Rwanda Vincent Biruta, bombi bakaba ari indorerezi (observateurs) muri ibi biganiro bikomeje kuba.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yahise abaza uyu munyamakuru ati “Kuva ryari Guverinoma ya DRC ari ‘Indorerezi’ muri ibi biganiro biri kubera i Doha.”

Ni byo ko aba Baminisitiri b’Umutekano w’Imbere mu Bihugu, Dr. Vincent Biruta w’u Rwanda na mugenzi we wa DRC, Jacquemain Shabani Lukoo; bakiriwe na mugenzi wabo wa Qatar, Sheikh Abdulaziz bin Faisal bin Mohammed Al Thani mu bihe bitandukanye nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Umutekano muri Qatar.

Aba Abaminisitiri bageze i Doha muri Qatar mu cyumweru gishize, ubwo bari batumiwe muri ibi biganiro bimaze igihe bihuza Guverinoma ya Congo Kinshasa n’Ihuriro AFC/M23.

Dr. Vincent Biruta na Jacquemain bari bitabiriye ibi biganiro batagiye nk’abagomba kubigiramo uruhare, ahubwo bari batumiwe n’abahagarariye Guverinoma z’Ibihugu biherutse gushyira umukono ku masezerano y’amahoro ajyanye n’ibi biganiro by’i Doha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

Next Post

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Related Posts

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye

by radiotv10
28/09/2025
0

Umugabo witwa Patrick Kamanzi yaburiye abantu ko hari igihuha cyakwirakwijwe ku isi cy’abayobya abantu ko Yesu agiye kugaruka bakanavuga itariki...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

by radiotv10
27/09/2025
0

Rwanda is preparing to roll out a new digital identification system that will replace the current national ID in the...

The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

by radiotv10
27/09/2025
0

In today’s society, we often hear people saying, “Be bold, be loud, speak up!” It feels like the world belongs...

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

by radiotv10
26/09/2025
0

Sindayiheba Alex warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi usanzwe ari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kabutimbiri mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi...

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

by radiotv10
26/09/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho yerekana abantu bakubitira umuturage mu Biro by’Akagari ka Munanira I mu Murenge wa Nyakabanda, hatawe muri...

IZIHERUKA

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye
MU RWANDA

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye

by radiotv10
28/09/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

27/09/2025
Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

27/09/2025
Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

27/09/2025
France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

27/09/2025
The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

27/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.