Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwashyizwe u Rwanda na DRC ku rwego rumwe mu biganiro bihuza AFC/M23 na Congo, akavuga ko ibi Bihugu byombi ari indorerezi (Observateur).
Ni nyuma yuko umunyamakuru Christophe RIGAUD ukorera igitangazamakuru Afrikarabia ufite icyicaro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, anyujije ubutumwa kuri X, avuga ku biganiro by’i Doha bihuza Guverinoma ya DRC na AFC/M23.
Uyu Christophe RIGAUD yagize ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, mu gihe hakomeje ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo, Minisitiri w’Umutekano wa Qatar yahuye mu bihe bitandukanye na bagenzi be uwa Congo Jacquemain Shabani, n’uw’u Rwanda Vincent Biruta, bombi bakaba ari indorerezi (observateurs) muri ibi biganiro bikomeje kuba.”
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yahise abaza uyu munyamakuru ati “Kuva ryari Guverinoma ya DRC ari ‘Indorerezi’ muri ibi biganiro biri kubera i Doha.”
Ni byo ko aba Baminisitiri b’Umutekano w’Imbere mu Bihugu, Dr. Vincent Biruta w’u Rwanda na mugenzi we wa DRC, Jacquemain Shabani Lukoo; bakiriwe na mugenzi wabo wa Qatar, Sheikh Abdulaziz bin Faisal bin Mohammed Al Thani mu bihe bitandukanye nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Umutekano muri Qatar.
Aba Abaminisitiri bageze i Doha muri Qatar mu cyumweru gishize, ubwo bari batumiwe muri ibi biganiro bimaze igihe bihuza Guverinoma ya Congo Kinshasa n’Ihuriro AFC/M23.
Dr. Vincent Biruta na Jacquemain bari bitabiriye ibi biganiro batagiye nk’abagomba kubigiramo uruhare, ahubwo bari batumiwe n’abahagarariye Guverinoma z’Ibihugu biherutse gushyira umukono ku masezerano y’amahoro ajyanye n’ibi biganiro by’i Doha.
RADIOTV10