Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MINISANTE yahumurije Abaturarwanda ko Ebola itaragera mu Rwanda igira ibyo ibasaba

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in MU RWANDA
0
MINISANTE yahumurije Abaturarwanda ko Ebola itaragera mu Rwanda igira ibyo ibasaba
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima iragira inama abaturarwanda kwirinda kugirira zitari ngombwa ahagaragaye icyorezo cya Ebola nyuma yuko gitangajwe mu Karere ka Mubende mu Gihugu cya Uganda gihana imbibi n’u Rwanda.

Minisiteri y’Ubuzima irahumuriza Abaturarwanda ko icyorezo cya Ebola kitaragera mu Rwanda ariko ko bakwiye kwitwararika kugira ngo kitazahagera dore ko giherutse kugaragara muri Uganda.

Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iyi Minisiteri kuri uyu wa Kane tariki 22 Nzeri 2020 nyuma y’iminsi ibiri Guverinoma ya Uganda yemeje ko muri iki Gihugu hagaragaye icyorezo cya Ebola ndetse cyanahitanye umuntu wa mbere.

Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Dr Daniel Ngamije avuga ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Uganda ziri gukorana mu rwego rwo gukumira ko iki cyorezo cyakwirakwira kikagera mu Rwanda.

Yagize ati “Dufatanyije n’izindi nzego, turi gukurikiranira hafi amakuru y’iki cyorezo mu Bihugu duturanye, cyane cyane mu Gihugu cya Uganda, aho Ebola iherutse gutangazwa mu Karere ka Mubende. Ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima yo mu Gihugu cya Uganda, dukomeje gukaza ingamba zo kwirinda ku mipaka, ku kibuga cy’indege ndetse n’imbere mu Gihugu.”

Minisiteri y’Ubuzima isaba Abaturarwanda gukomeza gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda iki cyorezo cya Ebola, yaboneyeho kugira ibyo ibasaba birimo “kwirinda kugirira ingendo zitari ngombwa ahagaragaye icyorezo cya Ebola.”

Iyi minisiteri ikomeza ivuga ko buri Muturarwanda agomba “kwirinda kwakira abaturutse ahavuzwe iki cyorezo (Mubende) kandi bagatanga amakuru mu gihe bamenye aho bari mu Gihugu.”

Ministeri y’Ubuzima ikomeza yibutsa Abaturarwanda bimwe mu bimenyetso bya Ebola birimo umuriro, kurwara umutwe no kuribwa mu ngingo, ivuga ko Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima hakozwe byinshi byo gukumira icyorezo cya Ebola.

Bimwe mu byakozwe harimo kugeza urukingo rwa Ebola ku bantu basaga ibihumbi 200 biganjemo abatuye mu Ntara y’Iburengerazuba ihana imbibi n’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyakunze kwibasirwa n’iki cyorezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 16 =

Previous Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda akurikiranyweho kunanirwa kwishyura ibyo yafatiye mu kabari

Next Post

Ngoma: Abaterwa inda zitateguwe ntibabyare abahungu abazibateye babatera umugongo

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye
AMAHANGA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

18/11/2025
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Abaterwa inda zitateguwe ntibabyare abahungu abazibateye babatera umugongo

Ngoma: Abaterwa inda zitateguwe ntibabyare abahungu abazibateye babatera umugongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.