Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yongeye gusaba urubyiruko kwirinda gukoresha imvugo ‘gutwika’ cyangwa ngo ‘hahiye’, arwibutsa ko ibi byombi bifite igisobanuro kibi mu mateka y’Abanyarwanda.

Dr Bizimana n’ubundi yari yabivuze mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru, aho yagaragazaga imvugo zidakwiye gukoreshwa mu rurimi rw’Ikinyarwanda, aho yari yagarutse kuri izi ziharajwe na rumwe mu rubyiruko.

Yari yavuze ko akenshi izi mvugo zikoreshwa iyo umuhanzi yashyize hanze igihangano cyiza cyangwa agayiye gukora igitaramo.

Yari yagize ati “Umuhanzi uzwi w’igihangange, bajya kuririmba, ijambo bakoresha ngo ‘yatwitse’, ‘ejo hazashya’ […] gutwika muzi ibyo ari byo buriya? Cyane cyane mu Rwanda?”

Dr Bizimana yavuze ko Abanyarwanda bariho mu gihe cya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bazi ibyabaye, bashobora kumva iyi mvugo ikabatera ihahamuka, kuko bimwe mu bikorwa bibi byakorerwaga Abatutsi muri ibyo bihe, birimo no kubatwikira.

Ati “Njyewe nari muto nakuze mbibona, ariko umuntu nka ‘Ngarambe’ (Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari, Imidari n’Impeta z’Ishimwe) watwikiwe agahunga […] gutwika hari abo bishobora guhita bihahamura pe. Iyo uvuze ngo umuhanzi w’Umuhanga ngo yatwitse, gutwika ni ukujya kwica, ni ukujya gutwika ingo z’Abatutsi. Ni cyo bivuze mu mateka y’u Rwanda, ntabwo iryo jambo rishobora kuba ryiza pe.”

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga agendeye kuri ubu butumwa bw’impanuro bwatanzwe na Minisitiri Dr Bizimana, yavuze ko iyi mvugo ntacyo itwaye, yari akwiye kureka ngo urubyiruko rukayikoresha.

Mu kumusubiza, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gashyantare 2026, Dr Bizimana yatunguwe n’ibi byatangajwe n’uyu muntu, avuga ko adakwiye guterera iyo ngo areke u Rwanda rw’ejo rukomeze kuyoba.

Ati “Ureruye uti Gutwika ntacyo bitwaye nimbireke bivugwe gutyo mu mwanya w’igitaramo???? Have have sinkwifurije kuzahura nabyo nta n’undi muntu wese nabyifuriza. Gutwika no gutwikirwa ni bibi, ni icyaha ntibishobora na rimwe kuba byiza.”

Minisitiri Bizimana yakomeje agira inama uyu muntu, ati “Uzegere abakuru tukubwire aho gutwika byagejeje u Rwanda. Nimukoreshe ijambo igitaramo ni cyo kinyarwanda gikwiye.”

Yavuze ko atabujije urubyiruko gukoresha imvugo zijyanye n’igihe cyarwo, ariko rukwiye kwirinda izaza kwangiza ururimi rw’Ikinyarwanda cyangwa kugira abo zikomeretsa.

Ati “Ese mwashatse izo “styles” mu kinyarwanda gikwiye kandi ko bishoboka? Kuki icyongereza n’igifransa mutacyangiza mukumva ko ikinyarwanda cyo kigomba kwangizwa? Oya rwose.”

Mu kwizihiza Umunsi w’Intwari wabaye tariki 01 Gashyantare, byajyanye n’ubukangurambaga bugamije kunoza imikoreshereze iboneye y’ururimi rw’Ikinyarwanda, byumwihariko mu rubyiruko.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ni kenshi akunze kugira inama urubyiruko gukoresha neza ururimi rw’Ikinyarwanda, rukirinda gukoresha imvugo zitaboneye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 2 =

Previous Post

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.