• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yongeye gusaba urubyiruko kwirinda gukoresha imvugo ‘gutwika’ cyangwa ngo ‘hahiye’, arwibutsa ko ibi byombi bifite igisobanuro kibi mu mateka y’Abanyarwanda.

Dr Bizimana n’ubundi yari yabivuze mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru, aho yagaragazaga imvugo zidakwiye gukoreshwa mu rurimi rw’Ikinyarwanda, aho yari yagarutse kuri izi ziharajwe na rumwe mu rubyiruko.

Yari yavuze ko akenshi izi mvugo zikoreshwa iyo umuhanzi yashyize hanze igihangano cyiza cyangwa agayiye gukora igitaramo.

Yari yagize ati “Umuhanzi uzwi w’igihangange, bajya kuririmba, ijambo bakoresha ngo ‘yatwitse’, ‘ejo hazashya’ […] gutwika muzi ibyo ari byo buriya? Cyane cyane mu Rwanda?”

Dr Bizimana yavuze ko Abanyarwanda bariho mu gihe cya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bazi ibyabaye, bashobora kumva iyi mvugo ikabatera ihahamuka, kuko bimwe mu bikorwa bibi byakorerwaga Abatutsi muri ibyo bihe, birimo no kubatwikira.

Ati “Njyewe nari muto nakuze mbibona, ariko umuntu nka ‘Ngarambe’ (Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari, Imidari n’Impeta z’Ishimwe) watwikiwe agahunga […] gutwika hari abo bishobora guhita bihahamura pe. Iyo uvuze ngo umuhanzi w’Umuhanga ngo yatwitse, gutwika ni ukujya kwica, ni ukujya gutwika ingo z’Abatutsi. Ni cyo bivuze mu mateka y’u Rwanda, ntabwo iryo jambo rishobora kuba ryiza pe.”

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga agendeye kuri ubu butumwa bw’impanuro bwatanzwe na Minisitiri Dr Bizimana, yavuze ko iyi mvugo ntacyo itwaye, yari akwiye kureka ngo urubyiruko rukayikoresha.

Mu kumusubiza, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gashyantare 2026, Dr Bizimana yatunguwe n’ibi byatangajwe n’uyu muntu, avuga ko adakwiye guterera iyo ngo areke u Rwanda rw’ejo rukomeze kuyoba.

Ati “Ureruye uti Gutwika ntacyo bitwaye nimbireke bivugwe gutyo mu mwanya w’igitaramo???? Have have sinkwifurije kuzahura nabyo nta n’undi muntu wese nabyifuriza. Gutwika no gutwikirwa ni bibi, ni icyaha ntibishobora na rimwe kuba byiza.”

Minisitiri Bizimana yakomeje agira inama uyu muntu, ati “Uzegere abakuru tukubwire aho gutwika byagejeje u Rwanda. Nimukoreshe ijambo igitaramo ni cyo kinyarwanda gikwiye.”

Yavuze ko atabujije urubyiruko gukoresha imvugo zijyanye n’igihe cyarwo, ariko rukwiye kwirinda izaza kwangiza ururimi rw’Ikinyarwanda cyangwa kugira abo zikomeretsa.

Ati “Ese mwashatse izo “styles” mu kinyarwanda gikwiye kandi ko bishoboka? Kuki icyongereza n’igifransa mutacyangiza mukumva ko ikinyarwanda cyo kigomba kwangizwa? Oya rwose.”

Mu kwizihiza Umunsi w’Intwari wabaye tariki 01 Gashyantare, byajyanye n’ubukangurambaga bugamije kunoza imikoreshereze iboneye y’ururimi rw’Ikinyarwanda, byumwihariko mu rubyiruko.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ni kenshi akunze kugira inama urubyiruko gukoresha neza ururimi rw’Ikinyarwanda, rukirinda gukoresha imvugo zitaboneye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.