Monday, February 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in IMYIDAGADURO
0
Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yagaye Mupende Ramadhan wamamaye nka Bad Rama mu gufasha abahanzi nyarwanda, kubera amagambo yuzuye ibinyoma yatangaje yibasira ubuyobozi bw’u Rwanda n’abayobozi bakuru barwo.

Ni nyuma yuko uyu Bad Rama usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America akoze ikiganiro live ku rubuga nkoranyambaga rwa Tik Tok, agatangaza amagambo yibasira u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.

Byinshi byatangajwe n’uyu wamenyekanye mu ruganda rw’imyidagaduro tutifuje kuvuga mu nkuru yacu kuko bihabanye n’ukuri, agera n’aho yibasira Umukuru w’Igihugu amushinja ibinyoma.

Anajya mu murongo w’abiyemeje gushinja u Rwanda ibinyoma ku rwagiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akanarenzaho ibindi byinshi bikunze kuzamurwa n’ubutegetsi bwa Congo n’abiyemeje kuyoboka umurongo wabwo.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, mu butumwa yanyujije kuri X mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Gashyantare 2026, yavuze ko na we yarebye kiriya kiganiro cyatanzwe n’uyu wahoze afasha abahanzi nyarwanda, ariko ko amunenga kubera ibinyoma yatangaje.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi kandi yavuze ko kimwe n’abandi nka Bad Rama, gutangaza ibinyoma ku Gihugu cyabo atari yo nzira iboneye yo gusaba ubuhungiro no kubona ibyangombwa byabwo mu Bihugu baba baragiyemo.

Yagize ati “Ibinyoma no kubahuka Abayobozi bacu sibyo bikora politike. Si nayo nzira ikwiye yo kubona ibyangombwa muri West [muri America]. Iyo ubikoze abaturage turakwamagana na Leta ikazakuduhera isomo.”

Minisitiri Dr. Utumatwishima yakomeje asaba urubyiruko rw’u Rwanda kwima amatwi biriya bonyoma byatangajwe na Bad Rama, ahubwo bakikomereza imihigo n’ibikorwa bibateza imbere n’Igihugu cyabibarutse.

Minisitiri Utumatwishima yanenze Bad Rama
Bad Rama yatangaje ibinyoma byinshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 2 =

Previous Post

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

Related Posts

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

by radiotv10
22/02/2026
0

Mu kiganiro yagiranye na Netflix mbere yuko yitaba Imana, umukinnyi wa filimi wamamaye ku Isi, Eric Dane, yageneye ubutumwa abakobwa...

Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

by radiotv10
21/02/2026
0

Good hygiene is not just about smelling good. It is about health, confidence, and self-respect. A man who takes care...

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

by radiotv10
20/02/2026
0

Nyuma yuko umuhanzikazi Omega Baibe uri mu bagezweho muri Uganda, agaragaje ko yahundagajweho amafaranga mu gitaramo yakoreye muri Sudani y’Epfo,...

Beauty is not the same everywhere: Who defines what is beautiful?

Beauty is not the same everywhere: Who defines what is beautiful?

by radiotv10
20/02/2026
0

Beauty standards are the ideas society has about what makes someone “beautiful.” These ideas can be about body shape, skin...

Miss Pamella umugore wa The Ben yagize ibyago

Miss Pamella umugore wa The Ben yagize ibyago

by radiotv10
18/02/2026
0

Uwicyeza Pamella, umugore w’umuhanzi The Ben; uri mu gahinda ko gupfusha sekuru, yavuze ko atumva ukuntu agiye kubaho atabona urukundo...

IZIHERUKA

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi
IMYIDAGADURO

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

by radiotv10
23/02/2026
0

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

23/02/2026
Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

23/02/2026
Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

23/02/2026
TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

22/02/2026
Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

22/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.