Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, baravuga ko ikorwa ry’umuhanda uhuza uwa kaburimbo munini ugana ku Bitaro bya Gatagara ryasize inzu zabo zisataguritse bitewe n’imashini zari ziri kuwukora.

Bamwe mu baturage batuye hafi y’uyu muhanda bavuga ko imashini zitsindagira ubutaka zatigishije inzu zabo, zimwe zigatangira gusatagurika ku buryo batinya ko zishobora kubagwaho.

Nkwakuzi Eliel ni umwe mu batuye hafi y’uwo muhanda uri gukorwa. Yagize ati:
“Twishimiye ko umuhanda wubakwa kuko wadukuye mu byondo n’ivumbi, ariko inzu yanjye yarasataguritse cyane. Izo mashini zikora hano zanyeganyeje inzu, nkaba mfite impungenge ko ishobora kuzangwaho n’abana.”

Undi muturage, Ayinkamiye Theresie, avuga ko kugeza ubu nta muyobozi uraza gusuzuma ibyangiritse. Ati “Inzu yanjye ifite ibice byatangiye gutandukana. Twabimenyesheje abayobozi ariko nta waje ngo aze kureba ibyangiritse cyangwa ngo atubwire niba tuzafashwa gusanirwa.”

Mukamurea Apolinariya na we agaragaza impungenge nk’izo, akavuga ko bakwiye kubarirwa ibyangiritse. Ati “Turifuza ko habaho isuzuma ryimbitse, abahuye n’ingaruka bakishyurwa cyangwa bakimurwa ahatekanye. Turasaba kurenganurwa.”

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, avuga ko ubuyobozi bugiye gusura abaturage bagizweho ingaruka kugira ngo ikibazo cyabo gisuzumwe.

Yagize ati: “Hari abo duherutse kwishyura, ariko ntitwari tuzi ko hari abafite ikibazo nk’icyo. Tuzasura abo baturage bavuga ko bagizweho ingaruka n’imirimo y’umuhanda, harebwe uko ikibazo giteye n’ingamba zafatwa kugira ngo gikemuke mu buryo bukwiye.”

Nubwo hari ibibazo by’inzu zasataguritse, abaturage bose bahuriza ku kuba uyu muhanda warabakuye mu bibazo byari bibugarije mbere. Bavuga ko mu gihe cy’imvura bahoraga mu byondo, naho mu gihe cy’izuba bagahura n’ivumbi ryinshi.

Bavuga ko mbere uyu wari umuhanda mubi cyane, ku buryo imodoka zitawunyuragamo neza.

Icyakora, basaba ko ibibazo byabo byakemurwa vuba kugira ngo iterambere rizanywe n’uyu muhanda ritabasigira igikomere, ahubwo ribabere intambwe yo gukomeza gutera imbere mu mutekano no mu buzima bwiza.

Inzu zabo zarangiritse cyane

Basaba kugobokwa

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

Next Post

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

Nyuma yuko inzoga z'inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.