Minisitiri Mimosa yasinye amasezerano y’irindi rushanwa rikomeye rizabera mu Rwanda

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda n’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball muri Afurika (FIBA Africa), Dr Alphonse Bile basinye amasezerano azatuma u Rwanda rwakira irushanwa rya Afrobasket ry’abakobwa.

Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, aho ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda, yasinywe na Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju ndetse n’Umuyobozi wa FIBA Africa, Dr Alphonse Bile.

Izindi Nkuru

Iri rushanwa rya Afrobasket ry’abakobwa rizabera mu Rwanda kuva tariki 27 Nyakanga kugeza ku ya 06 Kanama 2023.

Ni imikino izaba nyuma y’amezi abiri, u Rwanda rwakiriye irindi rushanwa mu mukino wa Basketball rikomeye muri Afurika rya BAL (Basketball Africa League) riri kubera i Kigali muri BK Arena, rigeze mu mikino ya nyuma.

Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju witabiriwe umukino wahuje ikipe y’irerero rya NBA Africa ndetse n’ikipe yo mu Rwanda ya Espoir BBC, wabereye mu ishuri rya LDK ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023, yagarutse ku bikorwa remezo bikomeje kugerwaho mu kuzamura umukino wa Basketball mu Rwanda.

Ubwo yavugaga ku kibuga cyakiniweho uyu mukino cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa n’Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda (FERWABA), yaboneyeho gusaba abandi bafatanyabikorwa gutanga umusanzu mu bikorwa remezo bigamije kuzamura impano z’abana b’u Rwanda.

Minisitiri Mimosa ubwo yashyiraga umukono kuri aya masezerano
Na Dr Alphonse Bile wa FIBA Africa yayasinye

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru