Monday, July 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma

radiotv10by radiotv10
21/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungihe yanyomoje Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC wavuze ko mu bizakorwa n’Urwego rw’Umutekano ruhuriweho n’iki Gihugu n’u Rwanda harimo no kuba AFC/M23 izava mu bice igenzura, avuga ko ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, nyuma y’ikiganiro cyatambutse kuri Top Congo, aho Patrick Muyaya, Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavuze ko Ihuriro AFC/M23 rigomba kurekura ibice ryafashe.

Iki kiganiro cyaje nyuma yuko Guverinoma ya DRC isinyanye inyandiko y’amahame azagenga amasezerano hagati yayo na AFC/M23 yashyiriweho umukono i Doha muri Qatar.

Muyaya yavuze ko Ihuriro AFC/M23 rigomba kuzava mu bice ryafashe, ndetse ko biri no mu murongo w’Urwego JSCM (Mécanisme Conjoint de Coordination de la Sécurité) ruzaba ruhuriweho na Guverinoma ya DRC n’iy’u Rwanda rugenwa n’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC hagati y’ibi Bihugu byombi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gusubiza ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, yavuze ko ari ikinyoma.

Yagize ati “Iki ni ikinyoma gihanitse mu maso y’Abanyekongo, cyahimbwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC kandi kibabaje. Ndagira ngo mbibutse ko JSCM ari Urwego ruhuriweho n’impande zombi DRC n’u Rwanda, ruzaba rushinzwe gusa icya mbere kurandura abajenosideri ba FDLR ndetse n’icya kabiri kikaba ari ugukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda.”

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje avuga ko Ihuriro AFC/M23 nta na hamwe rifite aho rigarukwaho mu nshingo z’uru rwego ruhuriweho na DRC n’u Rwanda.

Ati “Nanone kandi ahubwo ku kibazo JSCM izaba ishinzwe, ni uguhagarika impungenge z’igishobora kwambukiranya umupaka ndetse n’ingamba zashyizeho zo kwirinda, ikibazo cya AFC/M23 kizaba gifite uruhande rwacyo, kandi kizakemurwa n’ibiganiro bifite intego yo gukemura impamvu bihereye mu mizi y’amakimbirane no guskaha umuti urambye w’amakimbirane.”

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Mukuru wa AFC/M23, wari unahagarariye iri Huriro ubwo hasinywaga iriya nyandiko y’i Doha, na we yanyomoje ibyatangajwe na Patrick Muyaya, ashimangira ko iri Huriro ridashobora no kurekura metero n’imwe mu butaka bwose yafashe.

Yagize ati “AFC/M23 ntishobora no kurekura na metero imwe, tuzaguma mu bice turimo dukomeze kubiyobora igihe tuzaba turi mu biganiro ku muzi w’ibibazo.”

Amahame yashyiriweho umukono i Doha muri Qatar, nta na hamwe asaba AFC/M23 kuva mu bice igenzura, ahubwo impande zombi (Guverinoma ya DRC na AFC/M23) zisabwa kutagira ibindi bice zifata cyangwa zitakaza.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa mu kwezi gushize ubwo yagezaga ijambo ku Banyekono rijyanye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 65 y’ubwigenge bwa DRC, yavuze ko iri Huriro ubu rigenzura ibice bifite ubuso bw’Ibilometero ibihumbi 34, butuyeho Abanyekongo miliyoni 11.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + nine =

Previous Post

Amayobera ku rupfu rw’umukobwa basanze mu nzu yitabye Imana

Next Post

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Related Posts

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

by radiotv10
21/07/2025
0

After the Government of the Democratic Republic of Congo and the AFC/M23 signed a framework document outlining the principles of...

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

by radiotv10
21/07/2025
0

Nyuma yuko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 basinyanye inyandiko y’amahame azagena amasezerano, abasesenguzi bavuga ko umuhuza...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

by radiotv10
21/07/2025
1

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bashyikirije inzu bubakiye umuryango wo muri uyu Murenge...

Nyagatare: Uwavugwagaho kuryamana n’abagore b’abandi birakekwa ko yishwe n’abagabo babo

Amayobera ku rupfu rw’umukobwa basanze mu nzu yitabye Imana

by radiotv10
21/07/2025
0

Mu murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare, haravugwa urupfu rw’urujijo rw’umukobwa wasanzwe mu cyumba cye yapfuye nyamara yari yiriwe...

After honoring victims at Ntarama Memorial, DNR Partners donate cows to Genocide survivors

After honoring victims at Ntarama Memorial, DNR Partners donate cows to Genocide survivors

by radiotv10
21/07/2025
0

As part of their community engagement, employees of DNR Partners visited the Ntarama Genocide Memorial in Bugesera District, where they...

IZIHERUKA

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa
AMAHANGA

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

by radiotv10
21/07/2025
0

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

21/07/2025
BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

21/07/2025
Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

21/07/2025
From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

21/07/2025
Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

21/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.