Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma

radiotv10by radiotv10
21/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungihe yanyomoje Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC wavuze ko mu bizakorwa n’Urwego rw’Umutekano ruhuriweho n’iki Gihugu n’u Rwanda harimo no kuba AFC/M23 izava mu bice igenzura, avuga ko ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, nyuma y’ikiganiro cyatambutse kuri Top Congo, aho Patrick Muyaya, Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavuze ko Ihuriro AFC/M23 rigomba kurekura ibice ryafashe.

Iki kiganiro cyaje nyuma yuko Guverinoma ya DRC isinyanye inyandiko y’amahame azagenga amasezerano hagati yayo na AFC/M23 yashyiriweho umukono i Doha muri Qatar.

Muyaya yavuze ko Ihuriro AFC/M23 rigomba kuzava mu bice ryafashe, ndetse ko biri no mu murongo w’Urwego JSCM (Mécanisme Conjoint de Coordination de la Sécurité) ruzaba ruhuriweho na Guverinoma ya DRC n’iy’u Rwanda rugenwa n’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC hagati y’ibi Bihugu byombi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gusubiza ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, yavuze ko ari ikinyoma.

Yagize ati “Iki ni ikinyoma gihanitse mu maso y’Abanyekongo, cyahimbwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC kandi kibabaje. Ndagira ngo mbibutse ko JSCM ari Urwego ruhuriweho n’impande zombi DRC n’u Rwanda, ruzaba rushinzwe gusa icya mbere kurandura abajenosideri ba FDLR ndetse n’icya kabiri kikaba ari ugukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda.”

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje avuga ko Ihuriro AFC/M23 nta na hamwe rifite aho rigarukwaho mu nshingo z’uru rwego ruhuriweho na DRC n’u Rwanda.

Ati “Nanone kandi ahubwo ku kibazo JSCM izaba ishinzwe, ni uguhagarika impungenge z’igishobora kwambukiranya umupaka ndetse n’ingamba zashyizeho zo kwirinda, ikibazo cya AFC/M23 kizaba gifite uruhande rwacyo, kandi kizakemurwa n’ibiganiro bifite intego yo gukemura impamvu bihereye mu mizi y’amakimbirane no guskaha umuti urambye w’amakimbirane.”

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Mukuru wa AFC/M23, wari unahagarariye iri Huriro ubwo hasinywaga iriya nyandiko y’i Doha, na we yanyomoje ibyatangajwe na Patrick Muyaya, ashimangira ko iri Huriro ridashobora no kurekura metero n’imwe mu butaka bwose yafashe.

Yagize ati “AFC/M23 ntishobora no kurekura na metero imwe, tuzaguma mu bice turimo dukomeze kubiyobora igihe tuzaba turi mu biganiro ku muzi w’ibibazo.”

Amahame yashyiriweho umukono i Doha muri Qatar, nta na hamwe asaba AFC/M23 kuva mu bice igenzura, ahubwo impande zombi (Guverinoma ya DRC na AFC/M23) zisabwa kutagira ibindi bice zifata cyangwa zitakaza.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa mu kwezi gushize ubwo yagezaga ijambo ku Banyekono rijyanye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 65 y’ubwigenge bwa DRC, yavuze ko iri Huriro ubu rigenzura ibice bifite ubuso bw’Ibilometero ibihumbi 34, butuyeho Abanyekongo miliyoni 11.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 9 =

Previous Post

Amayobera ku rupfu rw’umukobwa basanze mu nzu yitabye Imana

Next Post

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Related Posts

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

by radiotv10
17/12/2025
0

Bamwe mu basore n'inkumi bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, batageze mu ishuri, bavuga ko iyo imirimo...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

IZIHERUKA

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal
AMAHANGA

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

17/12/2025
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.