Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma

radiotv10by radiotv10
21/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungihe yanyomoje Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC wavuze ko mu bizakorwa n’Urwego rw’Umutekano ruhuriweho n’iki Gihugu n’u Rwanda harimo no kuba AFC/M23 izava mu bice igenzura, avuga ko ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, nyuma y’ikiganiro cyatambutse kuri Top Congo, aho Patrick Muyaya, Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavuze ko Ihuriro AFC/M23 rigomba kurekura ibice ryafashe.

Iki kiganiro cyaje nyuma yuko Guverinoma ya DRC isinyanye inyandiko y’amahame azagenga amasezerano hagati yayo na AFC/M23 yashyiriweho umukono i Doha muri Qatar.

Muyaya yavuze ko Ihuriro AFC/M23 rigomba kuzava mu bice ryafashe, ndetse ko biri no mu murongo w’Urwego JSCM (Mécanisme Conjoint de Coordination de la Sécurité) ruzaba ruhuriweho na Guverinoma ya DRC n’iy’u Rwanda rugenwa n’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC hagati y’ibi Bihugu byombi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gusubiza ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, yavuze ko ari ikinyoma.

Yagize ati “Iki ni ikinyoma gihanitse mu maso y’Abanyekongo, cyahimbwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC kandi kibabaje. Ndagira ngo mbibutse ko JSCM ari Urwego ruhuriweho n’impande zombi DRC n’u Rwanda, ruzaba rushinzwe gusa icya mbere kurandura abajenosideri ba FDLR ndetse n’icya kabiri kikaba ari ugukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda.”

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje avuga ko Ihuriro AFC/M23 nta na hamwe rifite aho rigarukwaho mu nshingo z’uru rwego ruhuriweho na DRC n’u Rwanda.

Ati “Nanone kandi ahubwo ku kibazo JSCM izaba ishinzwe, ni uguhagarika impungenge z’igishobora kwambukiranya umupaka ndetse n’ingamba zashyizeho zo kwirinda, ikibazo cya AFC/M23 kizaba gifite uruhande rwacyo, kandi kizakemurwa n’ibiganiro bifite intego yo gukemura impamvu bihereye mu mizi y’amakimbirane no guskaha umuti urambye w’amakimbirane.”

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Mukuru wa AFC/M23, wari unahagarariye iri Huriro ubwo hasinywaga iriya nyandiko y’i Doha, na we yanyomoje ibyatangajwe na Patrick Muyaya, ashimangira ko iri Huriro ridashobora no kurekura metero n’imwe mu butaka bwose yafashe.

Yagize ati “AFC/M23 ntishobora no kurekura na metero imwe, tuzaguma mu bice turimo dukomeze kubiyobora igihe tuzaba turi mu biganiro ku muzi w’ibibazo.”

Amahame yashyiriweho umukono i Doha muri Qatar, nta na hamwe asaba AFC/M23 kuva mu bice igenzura, ahubwo impande zombi (Guverinoma ya DRC na AFC/M23) zisabwa kutagira ibindi bice zifata cyangwa zitakaza.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa mu kwezi gushize ubwo yagezaga ijambo ku Banyekono rijyanye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 65 y’ubwigenge bwa DRC, yavuze ko iri Huriro ubu rigenzura ibice bifite ubuso bw’Ibilometero ibihumbi 34, butuyeho Abanyekongo miliyoni 11.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − one =

Previous Post

Amayobera ku rupfu rw’umukobwa basanze mu nzu yitabye Imana

Next Post

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Related Posts

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.