Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Constant Mutamba weguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera muri Repubuklika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera ibyaha byo kunyereza amafaranga ya Leta akurikiranyweho, yavuze ko kujyanwa mu bucamanza kwe ari umugambi wacuriwe i Kigali mu Rwanda.

Constant Mutamba watanze ubwegure bwe hirya y’ejo hashize tariki 17 Kamena 2025, nyuma yuko atangiye gukurikiranwa n’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rusesa Imanza kuri miliyoni 19 USD aregwa kunyereza.

Ikinyamakuru Info 27 kivuga ko mu ibarurwa y’ubwegure Mutamba yashyikirije Perezida wa DRC, Félix Tshisekedi; ivuga ko ibiri kumubaho byose ari umugambi wa politiki “wacuriwe i Kigali” ugashyigikirwa na bamwe mu bo mu Gihugu cye cya Congo, ngo kubera kuba yari afite umuhate wo kurwanya AFC/M23 ngo no kuburizamo amavugurura yari ari gukora mu nzego z’ubutabera.

Yagize ati “Nari nihaye intego yo kuzakurikirana abayobozi ba AFC/M23, ariko naragambaniwe binyuze mu mugambi wa Politiki wacuriwe i Kigali, unashyigikirwa na bamwe mu bo dusangiye Igihugu bagamije kuburizamo aya mavugurura.”

Mutamba yavuze ko ngo uretse kuba uwo mugambi ugamije kudindiza amavugurura yo mu nzego z’ubucamanza, ngo unagamije kuzana amayobera muri gahunda ya Guverinoma y’Igihugu cyabo yo guhangana n’ubushotoranyi bw’u Rwanda.

Uyu munyapolitiki utangaza ibintu bidafitiwe ibimenyetso, yanavuze kandi ko ibyo byose binaherekejwe no guterwa ubwoba, ndetse ngo no kugerageza kumuhumanya ngo no kumwivugana.

Constant Mutamba wigira intungane ko yakomeje gushyira imbaraga mu kuzanira ineza Igihugu cyabo, yahakanye ko nta dolari na rimwe yigeze anyereza.

Ni mu gihe Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko rusesa Imanza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko mu ibazwa ry’uyu munyapolitiki nta mpamvu n’imwe yimvikanyemo igaragaza ko atakomeza kumurikirana, ahubwo ko byagaragaye ko ibyaha ashinjwa yabikoze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + five =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru ku wari wibye imodoka y’Umunyamakurukazi Bianca

Next Post

Icyo Polisi ivuga ku mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo bikarangaza benshi

Related Posts

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

Umunyemari uzwi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan wiyita Boss Lady wanabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz avuga ko muri...

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe...

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

by radiotv10
14/07/2025
0

Nyuma yuko ubuyobozi bwa Uganda bufunguye Imipaka ya Bunagana na Ishasha ihuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambassador of The United States of America in the Democratic Republic of Congo has warned that there will be consequences...

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Muhammadu Buhari wabaye Perezida wa Nigeria, yitabye Imana ku myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, nyuma y’ukwezi kumwe Edgar...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Polisi ivuga ku mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo bikarangaza benshi

Icyo Polisi ivuga ku mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo bikarangaza benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.