Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Uburezi yahishuye ko Ishuri rizagaragaramo ubwandu bwinshi bwa COVID rizafungwa

radiotv10by radiotv10
10/01/2022
in MU RWANDA
0
Minisitiri w’Uburezi yahishuye ko Ishuri rizagaragaramo ubwandu bwinshi bwa COVID rizafungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yatangaje ko amashuri azagaragaramo ubwandu bwinshi bw’icyorezo cya COVID-19 azaba afunzwe nk’uko bikorwa ahandi hantu hasanzwe hakorerwa ibikorwa binyuranye.

Minisitiri Uwamariya Valentine yabitangaje mu gihe igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri y’incukie, abanza n’ayisumbuye cyatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022 ndetse abanyeshuri biga bacumbitse ku mashuri bakaba bakomeje kujya ku bigo bigaho.

Dr Uwamariya yavuze ko ababyeyi bafite abana babo bagomba ku bigo by’amashuri bigaho, kubohereza hakiri kare kugira ngo igihe bagenewe kitabarangiriraho.

Yavuze ko abana bagomba kugera aho bafatira imodoka zibajyana ku mashuri hakiri kare kugira ngo imodoka zitabasiga .

Ati “Tujya tubibona hari igihe abana baza saa kumi cyangwa saa cyenda z’umugoroba cyane cyane iyo banyura mu Ntara imwe bajya mu yindi.”

Dr Uwamariya avuga ko ibi bishobora gutuma abana bandura COVID-19 kuko iyo batinze bituma bacumbikirwa.

Ati “Muri uko kubacumbikira rero ni ho bashobora guhurira n’uburwayi cyangwa bazabura uko bafata izi modoka ziba zabateganyirijwe akajya gutega imodoka isanzwe hamwe n’abandi bagenzi, icyo gihe ni ukongerera umwana ibyago.”

Dr Uwamariya avuga ko nubwo amashuri yafunguye ariko abagira uruhare mu burezi bose badakwiye kwirara kuko ingamba zifatirwa ahandi hantu hose mu gihe hagaragaye abantu benshi barwaye zirimo no kuhafunga ntakizabuza kuba zafatirwa n’ibigo by’amashuri bizagaragaramo ubwandu bwinshi.

Umwarimu utarafashe urukingo rwa gatatu agejeje igihe ntazagera ku ishuri

Amashuri afunguye mu gihe hari kuvugwa ubwoko bushya bwa COVID-19 buzwi nka Omicron bwandura mu buryo bwihuse.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya avuga ko ubu bwandu bushya buha umukoro ubwirinzi bwinshi mu bigo by’amashuri bakarenza ingamba zari zisanzweho. Ati “Birasaba kwitwararika bidasanzwe.”

Minisiteri y’Uburezi yari iherutse gusohora itangazo risaba abarimu ndetse n’abayobozi b’ibigo by’amashuri kuzajya gutangira iki gihembwe barafashe urukingo rushimangira.

Dr Uwamariya avuga ko yizeye ko abarimu bose bagejeje igihe cyo gufata uru rukingo baruhawe. Ati “Turizera ko ku wa Mbere nta mwarimu uzaza mu kazi atabyubahirije.”

Minisitiri Uwamariya avuga ko ibi byose bigamije kurinda abana by’umwihariko abakiri bato baba bagoranye kubarinda ko bandura iki cyorezo cya COVID-19.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fifteen =

Previous Post

APR ibaye ikipe ya mbere igiye gusubukura imyitozo

Next Post

Kicukiro: Yubatse Etaje baramwambuza aza kuyirirwa hejuru ngo bamwishyure

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Yubatse Etaje baramwambuza aza kuyirirwa hejuru ngo bamwishyure

Kicukiro: Yubatse Etaje baramwambuza aza kuyirirwa hejuru ngo bamwishyure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.