Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Uburezi yahishuye ko Ishuri rizagaragaramo ubwandu bwinshi bwa COVID rizafungwa

radiotv10by radiotv10
10/01/2022
in MU RWANDA
0
Minisitiri w’Uburezi yahishuye ko Ishuri rizagaragaramo ubwandu bwinshi bwa COVID rizafungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yatangaje ko amashuri azagaragaramo ubwandu bwinshi bw’icyorezo cya COVID-19 azaba afunzwe nk’uko bikorwa ahandi hantu hasanzwe hakorerwa ibikorwa binyuranye.

Minisitiri Uwamariya Valentine yabitangaje mu gihe igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri y’incukie, abanza n’ayisumbuye cyatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022 ndetse abanyeshuri biga bacumbitse ku mashuri bakaba bakomeje kujya ku bigo bigaho.

Dr Uwamariya yavuze ko ababyeyi bafite abana babo bagomba ku bigo by’amashuri bigaho, kubohereza hakiri kare kugira ngo igihe bagenewe kitabarangiriraho.

Yavuze ko abana bagomba kugera aho bafatira imodoka zibajyana ku mashuri hakiri kare kugira ngo imodoka zitabasiga .

Ati “Tujya tubibona hari igihe abana baza saa kumi cyangwa saa cyenda z’umugoroba cyane cyane iyo banyura mu Ntara imwe bajya mu yindi.”

Dr Uwamariya avuga ko ibi bishobora gutuma abana bandura COVID-19 kuko iyo batinze bituma bacumbikirwa.

Ati “Muri uko kubacumbikira rero ni ho bashobora guhurira n’uburwayi cyangwa bazabura uko bafata izi modoka ziba zabateganyirijwe akajya gutega imodoka isanzwe hamwe n’abandi bagenzi, icyo gihe ni ukongerera umwana ibyago.”

Dr Uwamariya avuga ko nubwo amashuri yafunguye ariko abagira uruhare mu burezi bose badakwiye kwirara kuko ingamba zifatirwa ahandi hantu hose mu gihe hagaragaye abantu benshi barwaye zirimo no kuhafunga ntakizabuza kuba zafatirwa n’ibigo by’amashuri bizagaragaramo ubwandu bwinshi.

Umwarimu utarafashe urukingo rwa gatatu agejeje igihe ntazagera ku ishuri

Amashuri afunguye mu gihe hari kuvugwa ubwoko bushya bwa COVID-19 buzwi nka Omicron bwandura mu buryo bwihuse.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya avuga ko ubu bwandu bushya buha umukoro ubwirinzi bwinshi mu bigo by’amashuri bakarenza ingamba zari zisanzweho. Ati “Birasaba kwitwararika bidasanzwe.”

Minisiteri y’Uburezi yari iherutse gusohora itangazo risaba abarimu ndetse n’abayobozi b’ibigo by’amashuri kuzajya gutangira iki gihembwe barafashe urukingo rushimangira.

Dr Uwamariya avuga ko yizeye ko abarimu bose bagejeje igihe cyo gufata uru rukingo baruhawe. Ati “Turizera ko ku wa Mbere nta mwarimu uzaza mu kazi atabyubahirije.”

Minisitiri Uwamariya avuga ko ibi byose bigamije kurinda abana by’umwihariko abakiri bato baba bagoranye kubarinda ko bandura iki cyorezo cya COVID-19.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eleven =

Previous Post

APR ibaye ikipe ya mbere igiye gusubukura imyitozo

Next Post

Kicukiro: Yubatse Etaje baramwambuza aza kuyirirwa hejuru ngo bamwishyure

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Yubatse Etaje baramwambuza aza kuyirirwa hejuru ngo bamwishyure

Kicukiro: Yubatse Etaje baramwambuza aza kuyirirwa hejuru ngo bamwishyure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.