Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Miss Kalimpinya yongeye kwitabira irushanwa rikomeye ry’isiganwa ry’imodoka

radiotv10by radiotv10
12/06/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Miss Kalimpinya yongeye kwitabira irushanwa rikomeye ry’isiganwa ry’imodoka
Share on FacebookShare on Twitter

Queen Kalimpinya wabaye igisonga cya Gatatu muri Miss Rwanda ya 2017, yongeye kwitabira irushanwa rikomeye ry’isiganwa ry’imodoka rizwi nka ‘Nyirangarama Sprint’.

Iri rushanwa riri kubera mu mihanda yo mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Kamena 2022, riri mu marushanwa akomeye yo gusiganwa ku modoka abera mu Rwanda.

Iri rushanwa ryitabiriwe na Queen Kalimpinya wabaye Igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda 2017, ririmo abakinnyi b’ibihangange muri uyu mukino barimo Giancarlo Davite waryegukanye ubwo riheruka muri 2019, Jean Claude Gakwaya na Mitralos Mitralos Elfter.

Nyirangarama Sprint yitabiriwe n’imodoka eshanu, ryajemo kandi n’abandi bakinnyi bazwi cyane muri uyu mukino; Yoto Fabrice usanzwe akorana na Miss Kalimpinya.

Iri siganwa ribaye ku nshuro ya kabiri, ryaherukaga kuba tariki 09 Werurwe 2019 aho imodoka zaryitabiriye zazengurutse mu yo mu Mirenge inyuranye yo mu Karere ka Rulindo irimo Shyorongi na Tare n’Akagari ka Nyirangarama.

Kalimpinya ukiri mushya muri uyu mukino ariko akaba akomeje guhirwa, mu mpera za Werurwe 2022, yari yitabiriye irindi rushanwa rizwi nka “Sprint Rally All Star 2022” ryakiniwe mu Karere ka Rwamagana, aho yari umushoferi wungirije wa Yoto Fabrice.

Muri iri rushanwa ryari irya kabiri Miss Kalimpinya yari yitabiriye, yanabonyemo igihembo kuko barangije ari aba kane.

Miss Kalimpinya witabiriye isiganwa bwa mbere muri 2019, bwo ntiyabashije kurangiza kuko imodoka bakoreshaga yaje gukora impanuka.

Miss Kalimpinya yongeye gufatanya na Yoto Fabrice

Iri rushanwa risanzwe riterwa inkunga n’umunyemari Sina Gérard

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 20 =

Previous Post

Nibura nabashije kumubone turanavugana- Muhoozi yavuze ko Rwigema ari Che Guevara wa Afurika

Next Post

FARDC yongeye kurasa mu Kinigi nayo yashinje RDF kurasa muri Congo ibibombe 10

Related Posts

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yongeye kurasa mu Kinigi nayo yashinje RDF kurasa muri Congo ibibombe 10

FARDC yongeye kurasa mu Kinigi nayo yashinje RDF kurasa muri Congo ibibombe 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.