Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

radiotv10by radiotv10
29/05/2022
in IMYIDAGADURO, SIPORO
0
Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2020, muri Arena hasojwe imikino ya BAL (Basketball Africa League) yegukanywe na US Monastir yo muri Tuniziya itsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 83 kuri 72.

Wari umukino wa nyuma w’irushanwa rya BAL 2021 aho US Monastir yo muri Tunisia yari yasezereye Zamalek muri 1/2 yahuraga na Petro de Luanda yo muri Angola yo yari yasezereye FAP muri 1/2.

US Monastir yari yageze ku mukino wa nyuma muri 2021 ikaza gutsindwa na Zamalek, yatangiye nabi umukino w’uyu munsi nubwo yatsinze Petro agace ka mbere ku manota 18-17.

Ibifashijwemo n’abasore barimo Lukeny na Yannick Moreira, Petro yegukanye agace ka kabiri ku manota 23-15. Amakipe yagiye kuruhuka ari 40 ya Petro kuri 33 ya US Monastir.

US Monastir yaje mu gace ka gatatu yakangutse maze mu manota 7 yarushwaga ikuramo ikinyuranyo cy’amanota 5, aka gace yagatsinze ku manota 24-19 bihita biba 59 kuri 57.

US Monastir yari yamaze kwinjira mu mukino, ntabwo byayisabye iminota myinshi y’agace ka kane aho yahise ikuramo aya manota yari arimo batangira kugendana.

Petro yaje gutakaza umukino mu minota 3 ya nyuma maze abarimo, Firas Lahyani, Ater James Majok na Michael Andre Dixon bafasha US Monastir kuyobora umukino baje no gutsinda aka gace ku manota 26-13. US Monastir yahise yegukana iki gikombe ku manota 83-72.

Lukeny Gonçalves wa Petro Atletico ni we watsinze amanota menshi muri uyu mukino aho yatsinze amanota 28, ni mu gihe Firas Lahyani na Michael Andre Dixon ba US Monastir buri umwe yatsinze amanota 21.

Michael Andre Dixon wa US Monastir kandi ni na we waje kwegukana igihembo cy’umukinnyi w’irushanwa.

Umukino w’umwanya wa 3 wabaye ejo, Zamalek ni yo yawegukanye itsinze FAP amanota 97-74.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

RDF yatangaje ko hari abasirikare b’u Rwanda bashimuswe na FADRC ifatanyije na FDLR

Next Post

Real Madrid yatsinze Liverpool yegukana UEFA Champions League yayo ya 14

Related Posts

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Haruna Niyonzima wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko gutsindwa kw’amakipe akomeye mu Rwanda...

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Real Madrid yatsinze Liverpool yegukana UEFA Champions League yayo ya 14

Real Madrid yatsinze Liverpool yegukana UEFA Champions League yayo ya 14

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.