Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

radiotv10by radiotv10
29/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika, birimo guhagarika umutoza wa Senegal imikino itanu kubera kurogoya uriya mukino.

Ibihano byashyizwe hanze n’Akanama gashinzwe Imyitwarire muri CAF, birimo ibyafatiwe ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal (FSF/ Fédération Sénégalaise de Football), n’iryo muri Maroc (FRMF/ Fédération Royale Marocaine de Football), ndetse na bamwe mu bakinnyi ndetse n’umutoza wa Senegal.

Ku ruhande rwa Senegal, Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu Pape Bouna Thiaw, yahagaritse imikino itanu yemewe ya CAF kubera imyitwarire ye idahwitse inyuranyije n’amahame agenga imyitwarire ya CAF, kuko yatumye uriya mukino wa nyuma uhagarara bitari ngombwa. Uyu mutoza kandi yanaciwe amande y’ibihumbi 100 USD.

Abakinnyi babiri b’ikipe y’igihugu ya Senegal, Iliman Cheikh Baroy Ndiaye na Ismaila Sarr, bahagaritswe imikino ibiri kubera imyitwarire yabo idahwitse bagaragaje ku musifuzi.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal kandi na ryo ryaciwe amande y’ibihumbi 300 USD kubera imyitwarire idahwitse y’abafana ba kuriya Gihugu inyuranyije n’amahame ya CAF agenga imikinire myiza n’ubunyangamugayo.

Iri shyirahamwe kandi ryaciwe andi mande y’ibihumbi 300 USD kubera imyitwarire mibi y’abakinnyi n’abakozi ba tekiniki binyuranyije n’amahame ya CAF agenga imikinire myiza, ubudahemuka n’ubunyangamugayo, ndetse icibwa n’andi mande y’ibihumbi 15 USD kubera imyitwarire mibi y’ikipe yayo y’Igihugu, bitewe n’uko abakinnyi bayo batanu batahawe amabwiriza.

Naho ku ruhande rwa Maroc, Akanama gashinzwe Imyitwarire muri CAF kahagaritse imikino ibiri umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Maroc, Achraf Hakimi usanzwe ari na Kapiteni wayo.

Iyi mikino ibiri, umwe uzajya ubarwa mu mwaka umweuhereye igihe iki cyemezo cyafatiwe, kubera imyitwarire ye idahwitse.

Aka kanama kandi kanahagaritse umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Maroc, Ismaël Saibari imikino itatu yemewe ya CAF kubera imyitwarire ye idahwitse. Ismaël Saibari kandi yanahanishijwe amande y’ibihumbi 100 USD.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Maroc na ryo ryaciwe amande ari mu byiciro binyuranye, arimo ibihumbi 200 USD, kubera imyitwarire idahwitse y’abafana b’umupira w’amaguru bari muri sitade, ndetse n’andi mande y’Ibihumbi 100 USD kubera imyitwarire idahwitse y’abakinnyi b’ikipe y’igihugu n’abakozi ba tekiniki, binjiye mu gace k’isuzuma rya VAR bakabangamira akazi k’umusifuzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Next Post

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.