• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO), bwatangaje ko bwiteguye gushyigikira imyanzuro mishya yo guhagarika imirwano muri kariya gace.

Ibi bikubuye mu itangazo ryashyizwe hanze na MONUSCO kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gashyantare 2026 nyuma y’umunsi umwe i Doha muri Qatar hongeye kubera ibiganiro hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Imyanzuro yavuye muri ibi biganiro, harimo isaba MONUSCO kugira uruhare mu kubahiriza agahenge, ndetse no kohereza ingabo mu mujyi wa Uvira uherutse kurekurwa na AFC/M23.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na MONUSCO, rivuga ko Ingabo zayoo ziteguye gufata ingamba zifatika zo gushyigikira irangira ry’imirwano mu burasirazuba bwa DRC.

Ubuyobozi bw’ubu butumwa buvuga ko “amasezerano yashyizweho umukono” ari ingenzi cyane mu gaharika imirwano, ndetse no kuzana amahoro.

Ibi kandi bibaye nyuma yuko hafashwe umwanzuro ko MONUSCO ikomeza gutanga ubufasha bwayo mu bya tekiniki n’ibikoresho, wafashwe hashingiwe ku mwanzuro wa 2808 w’Inama y’Umutekano.

Iyi nkunga izashyirwa ahanini ku buryo bwa Expanded Joint Verification Mechanism Plus (EJVM+), bigenzurwa n’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR).

Vivian van de Perre, Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO, yashimangiye ko Minisiteri y’Ingabo muri DRC imaze kongera imbaraga mu myiteguro yayo y’imbere muri iki cyiciro gishya.

Yagize ati “Ingabo ziri mu butumwa ziteguye kugira uruhare mu buryo burambye kandi bujyanye n’igihe, kanzi zikabikora zubaha ubusugire bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.”

Uretse uruhare rwa Qatar nk’umuhuza, MONUSCO yemeye uruhare ruhuriweho rw’Imiryango mpuzamahanga ndetse n’Ibihugu binyuranye, nk’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na Doha, kimwe n’indi miryango nka SADC, Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), na ICGLR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + one =

Previous Post

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Next Post

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo 'Gutwika', 'hahiye' zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.