Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in Uncategorized
0
MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

Clare Akamanzi yashimiye MTN Group

Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho, MTN yabaye umuterankunga w’imena w’ihuriro ry’abashoramari bo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha icyongereza (Commonwealth) rizabera i Kigali mu Rwanda kuva tariki 21 kugeza 23 Kamena ikaba ari na kimwe mu bikorwa by’inama ya CHOGM iteganyijwe kuba mu Rwanda muri uku kwezi.

Ihuriro ry’abashoramari bo muri Commonwealth (Commonwealth Business Forum) ni kimwe mu bikorwa bigize Inama ya CHOGM, ndetse ikaza ari kimwe mu bikorwa bikomeye bizahuriza hamwe abantu benshi mu nzego za Guverinoma kuva icyorezo cya COVID-19 cyakwaduka.

Iri huriro ry’uyu mwaka rizaba rifite insanganyamatsiko igira iti “Delivering a Common Future: Connecting Innovating and Transforming”.

MTN Group yatangaje ko izatera inkunga iki gikorwa nk’umuterankunga w’imena aho izakoresha ibihumbi 230 USD (Miliyoni 230 Frw) nka kimwe mu bimenyetso bigaragaza ko iyi sosiyete ishyize imbere gutera inkunga imishinga yo gukomeza ubufatanye n’imikoranire hagati y’inzego za Leta n’abikorera.

Perezida wa MTN Group, Ralph Mupita yagize ati “Nk’umuryango wiyemeje gutera inkunga iterambere rirambye ry’ubukungu bwa Afurika, twishimiye gutera inkunga iri huriro. Ibyemezo bizafatirwa muri iri huriro rizahuza abayobozi b’inzego za Leta n’abikorera, zizagira uruhare mu gushyiraho amahirwe agamije kugeza Afurika ku ntego yayo ya 2063 ari yo ya Afurika Twifuza.”

Iri huriro rizakirwa rikaba riri no gutegurwa ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Inama y’abashoramari bo mu muryango wa Commonwealth (CWEIC/Commonwealth Enterprise and Investment Council), risanzwe riba nyuma y’imyaka ibiri, u Rwanda rukaba ari ubwa mbere ruryakiriye kuva rwajya muri Commonwealth muri 2009.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi yashimiye MTN ku bwo kuba umuterankunga w’imena w’iri huriro risanzwe ari umwanya w’umwihariko wo guhuriza hamwe inzego za Leta n’iz’abikorera bose bo mu Bihugu bigize Commonwealth.

Yagize ati “Tuzakomeza gukorana n’inama nshingwabikorwa ya MTN Group mu rwego rwo kugera ku bisubizo bifatika ndetse no kugera ku byemezo bizafasha u Rwanda kuyobora Commonwealth mu myaka ibiri.”

Harabura iminsi itagera kuri 20 ngo CHOGM itegerejwe na benshi mu Rwanda ngo itangire aho byitezwe ko izitabirwa n’abantu barenga ibihumbi bitanu bazaturuka mu Bihugu bigize Commonwealth bariko n’abafata ibyemezo, abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abahanga udushya mu nzego zitandukanye ndetse n’abo mu nzego z’urubyiruko.

Umuyobozi wa MTN Rwanda, Mitwa Ng’ambi yavuze ko bishimiye kuzaba umuterankunga w’iri huriro nk’igikorwa kimwe cya CHOGM kitezweho kuzatanga umusaruro ushimishije mu kwihutisha iterambere ry’abaturage dore ko biri no mu ntezo z’iyi sosiyete.

Yagize ati “Ibi bizazana urubuga rugari kandi rukwiye, intego yacu y’ibanze ni ukuba buri wese abaho mu buzima bufite ihuzanzira rigezweho nka kimwe mu bituma habaho ahazaza harambye.”

MTN yabaye umuterankunga w’imena muri iro huriro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 3 =

Previous Post

Ukuri mpamo ku makuru yasakaye ko muri Zimbabwe ino riri kugura Miliyoni 20Frw

Next Post

Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.