Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in Uncategorized
0
MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

Clare Akamanzi yashimiye MTN Group

Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho, MTN yabaye umuterankunga w’imena w’ihuriro ry’abashoramari bo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha icyongereza (Commonwealth) rizabera i Kigali mu Rwanda kuva tariki 21 kugeza 23 Kamena ikaba ari na kimwe mu bikorwa by’inama ya CHOGM iteganyijwe kuba mu Rwanda muri uku kwezi.

Ihuriro ry’abashoramari bo muri Commonwealth (Commonwealth Business Forum) ni kimwe mu bikorwa bigize Inama ya CHOGM, ndetse ikaza ari kimwe mu bikorwa bikomeye bizahuriza hamwe abantu benshi mu nzego za Guverinoma kuva icyorezo cya COVID-19 cyakwaduka.

Iri huriro ry’uyu mwaka rizaba rifite insanganyamatsiko igira iti “Delivering a Common Future: Connecting Innovating and Transforming”.

MTN Group yatangaje ko izatera inkunga iki gikorwa nk’umuterankunga w’imena aho izakoresha ibihumbi 230 USD (Miliyoni 230 Frw) nka kimwe mu bimenyetso bigaragaza ko iyi sosiyete ishyize imbere gutera inkunga imishinga yo gukomeza ubufatanye n’imikoranire hagati y’inzego za Leta n’abikorera.

Perezida wa MTN Group, Ralph Mupita yagize ati “Nk’umuryango wiyemeje gutera inkunga iterambere rirambye ry’ubukungu bwa Afurika, twishimiye gutera inkunga iri huriro. Ibyemezo bizafatirwa muri iri huriro rizahuza abayobozi b’inzego za Leta n’abikorera, zizagira uruhare mu gushyiraho amahirwe agamije kugeza Afurika ku ntego yayo ya 2063 ari yo ya Afurika Twifuza.”

Iri huriro rizakirwa rikaba riri no gutegurwa ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Inama y’abashoramari bo mu muryango wa Commonwealth (CWEIC/Commonwealth Enterprise and Investment Council), risanzwe riba nyuma y’imyaka ibiri, u Rwanda rukaba ari ubwa mbere ruryakiriye kuva rwajya muri Commonwealth muri 2009.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi yashimiye MTN ku bwo kuba umuterankunga w’imena w’iri huriro risanzwe ari umwanya w’umwihariko wo guhuriza hamwe inzego za Leta n’iz’abikorera bose bo mu Bihugu bigize Commonwealth.

Yagize ati “Tuzakomeza gukorana n’inama nshingwabikorwa ya MTN Group mu rwego rwo kugera ku bisubizo bifatika ndetse no kugera ku byemezo bizafasha u Rwanda kuyobora Commonwealth mu myaka ibiri.”

Harabura iminsi itagera kuri 20 ngo CHOGM itegerejwe na benshi mu Rwanda ngo itangire aho byitezwe ko izitabirwa n’abantu barenga ibihumbi bitanu bazaturuka mu Bihugu bigize Commonwealth bariko n’abafata ibyemezo, abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abahanga udushya mu nzego zitandukanye ndetse n’abo mu nzego z’urubyiruko.

Umuyobozi wa MTN Rwanda, Mitwa Ng’ambi yavuze ko bishimiye kuzaba umuterankunga w’iri huriro nk’igikorwa kimwe cya CHOGM kitezweho kuzatanga umusaruro ushimishije mu kwihutisha iterambere ry’abaturage dore ko biri no mu ntezo z’iyi sosiyete.

Yagize ati “Ibi bizazana urubuga rugari kandi rukwiye, intego yacu y’ibanze ni ukuba buri wese abaho mu buzima bufite ihuzanzira rigezweho nka kimwe mu bituma habaho ahazaza harambye.”

MTN yabaye umuterankunga w’imena muri iro huriro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 3 =

Previous Post

Ukuri mpamo ku makuru yasakaye ko muri Zimbabwe ino riri kugura Miliyoni 20Frw

Next Post

Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.