Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN-Rwanda yatangaje akayabo ka Miliyari yinjije muri 2022

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN-Rwanda yatangaje akayabo ka Miliyari yinjije muri 2022
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete icuruza serivisi z’itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN Rwandacell PLC yatangaje ko mu mwaka wa 2022 yinjije miliyari 221,7 Frw; mu gihe umwaka ushize yari yinjije miliyari 184,9Frw.

Byatangajwe mu cyegeranyo cy’ubugenzuzi bw’ibyagezweho n’iyi kompanyi mu gihe cyasojwe tariki 31 Ukuboza 2022, aho aya mafaranga yinjijwe na MTN yiyongereyeho miliyari 36,8Frw.

Uyu musaruro wa MTN Rwandacell PLC waturutse mu bikorwa by’iyi kompanyi birimo kugurisha ama-unite yo guhamagara ndetse n’aya Internet.

MTN ivuga ko abafatabuguzi bayo biyongereyeho 381 000, kugeza ubu bakaba bageze ku bakiliya miliyoni 6,8.

Muri uwo mwaka wa 2022 kandi imibare y’abakoresha internet ya MTN biyongereyeho 9% ugereranyije n’umwaka ushize wa 2021 kuko habonetse abafatabuguzi bashya ibihumbi 191.

Ni abakiliya bashya bakoresha internet babonetse bitewe na smartphones ibihumbi 308 ziyongereye mu ikoreshwa rya telefone mu Rwanda, bivuze ko habayeho izamuka rya 3,4%.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imari muri MTN Rwanda Mark Nkurunziza, yagize ati “Twishimiye gutangaza uyu musaruro ushimishije wa 2022.”

MTN Rwanda kandi ivuga ko ifite intego ko mu mwaka wa 2025 izaba yarubatse undi muyoboro ukomeye wa Mobile Money Rwanda Limited (MMRL) uzaba ushingiye kuri Mobile Money ifite abayikoresha bangana na miliyoni 4,3 bavuye kuri miliyoni 3,7.

Nanone kandi umubare w’abacuruzi bakoresha MoMo Pay muri 2022 wageze ku bantu 141 222 bavuye kuri 47 678 bariho muri 2021.

Amafaranga yungutswe na MTN Rwanda muri serivisi za Mobile Money  yazamutseho 48,4% ugereranyije n’ayari yabonetse mu mwaka wa 2021.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda Limited, Chantal Kagame yagize ati “Twishimiye kubona serivisi zo gukoresha mobile money zaragutse ku gukoreshwa n’abafatanyabikorwa bacu hakazaho MoMoPay y’abacuruzi, yatanze umusaruro ushimishije.”

Yakomeje agira ati “Muri uyu mwaka turateganya kuzakora ibirushijeho dutangiza ibicuruzwa na serivisi nshya zizagira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu mu rwego rwo kutagira n’umwe usigara inyuma.”

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda Mapula Bodibe, yavuze ko uyu musaruro wagezweho n’iyi kompanyi ari gihamya yo gukora cyane biranga abakozi ndetse no gukomeza gufashwa n’inama y’ubutegetsi y’iyi kompanyi, no gukorana neza n’abafatanyabikorwa ndetse n’abakiliya bayo.

Ati “Turashimira byimazeyo abakiliya n’abafatanyabikorwa bacu kuko badahari ntabwo twari kuba twarageze ku byo twagezeho byo kuba twarabaye ikigo cya mbere mu bikorwa bya MTN Group mu Bihugu binyuranye muri gahunda ya MTN Group ya ‘Miliyoni Dollar Challenge’ yatangijwe mu byumweru bicye bishize.”

Iyi kompanyi ivuga ko muri uyu mwaka wa 2023 ifite ibindi bikorwa byinshi izageza ku bakiliya bayo bizabafasha mu bikorwa byabo bya buri munsi by’iterambere.

Bodibe yakomeje agira ati “Uyu mwaka twishimiye ko tuzizihiza isabukuru y’imyaka 25 tumaze dukorera mu Rwanda. Urugendo rwacu muri iki Gihugu cy’Imisozi Igihumbi rwabaye urwo kwaguka no guhanga udushya twishimiye kuzizihizanya n’abakiliya bacu uyu mwaka. Hari byinshi biteganyirijwe abakiliya bacu muri gahunda ya ‘Tubitayeho’ birimo ibitaramo binyuranye byo gushimira abafatanyabikorwa bacu.”

Ubu hariho gahunda ya Izihirwe iri gutangwamo ibihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + nineteen =

Previous Post

Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Next Post

IFOTO: Akazuye umutima…Miss Elsa yateye imitoma nshimangirarukundo umugabo we Prince Kid

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

by radiotv10
08/01/2026
0

In today’s digital world, screens are everywhere. From phones and laptops to TVs and tablets, many people spend hours staring...

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda
SIPORO

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

08/01/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

08/01/2026
Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

08/01/2026
Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Akazuye umutima…Miss Elsa yateye imitoma nshimangirarukundo umugabo we Prince Kid

IFOTO: Akazuye umutima…Miss Elsa yateye imitoma nshimangirarukundo umugabo we Prince Kid

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.