Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN-Rwanda yatangaje akayabo ka Miliyari yinjije muri 2022

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN-Rwanda yatangaje akayabo ka Miliyari yinjije muri 2022
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete icuruza serivisi z’itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN Rwandacell PLC yatangaje ko mu mwaka wa 2022 yinjije miliyari 221,7 Frw; mu gihe umwaka ushize yari yinjije miliyari 184,9Frw.

Byatangajwe mu cyegeranyo cy’ubugenzuzi bw’ibyagezweho n’iyi kompanyi mu gihe cyasojwe tariki 31 Ukuboza 2022, aho aya mafaranga yinjijwe na MTN yiyongereyeho miliyari 36,8Frw.

Uyu musaruro wa MTN Rwandacell PLC waturutse mu bikorwa by’iyi kompanyi birimo kugurisha ama-unite yo guhamagara ndetse n’aya Internet.

MTN ivuga ko abafatabuguzi bayo biyongereyeho 381 000, kugeza ubu bakaba bageze ku bakiliya miliyoni 6,8.

Muri uwo mwaka wa 2022 kandi imibare y’abakoresha internet ya MTN biyongereyeho 9% ugereranyije n’umwaka ushize wa 2021 kuko habonetse abafatabuguzi bashya ibihumbi 191.

Ni abakiliya bashya bakoresha internet babonetse bitewe na smartphones ibihumbi 308 ziyongereye mu ikoreshwa rya telefone mu Rwanda, bivuze ko habayeho izamuka rya 3,4%.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imari muri MTN Rwanda Mark Nkurunziza, yagize ati “Twishimiye gutangaza uyu musaruro ushimishije wa 2022.”

MTN Rwanda kandi ivuga ko ifite intego ko mu mwaka wa 2025 izaba yarubatse undi muyoboro ukomeye wa Mobile Money Rwanda Limited (MMRL) uzaba ushingiye kuri Mobile Money ifite abayikoresha bangana na miliyoni 4,3 bavuye kuri miliyoni 3,7.

Nanone kandi umubare w’abacuruzi bakoresha MoMo Pay muri 2022 wageze ku bantu 141 222 bavuye kuri 47 678 bariho muri 2021.

Amafaranga yungutswe na MTN Rwanda muri serivisi za Mobile Money  yazamutseho 48,4% ugereranyije n’ayari yabonetse mu mwaka wa 2021.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda Limited, Chantal Kagame yagize ati “Twishimiye kubona serivisi zo gukoresha mobile money zaragutse ku gukoreshwa n’abafatanyabikorwa bacu hakazaho MoMoPay y’abacuruzi, yatanze umusaruro ushimishije.”

Yakomeje agira ati “Muri uyu mwaka turateganya kuzakora ibirushijeho dutangiza ibicuruzwa na serivisi nshya zizagira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu mu rwego rwo kutagira n’umwe usigara inyuma.”

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda Mapula Bodibe, yavuze ko uyu musaruro wagezweho n’iyi kompanyi ari gihamya yo gukora cyane biranga abakozi ndetse no gukomeza gufashwa n’inama y’ubutegetsi y’iyi kompanyi, no gukorana neza n’abafatanyabikorwa ndetse n’abakiliya bayo.

Ati “Turashimira byimazeyo abakiliya n’abafatanyabikorwa bacu kuko badahari ntabwo twari kuba twarageze ku byo twagezeho byo kuba twarabaye ikigo cya mbere mu bikorwa bya MTN Group mu Bihugu binyuranye muri gahunda ya MTN Group ya ‘Miliyoni Dollar Challenge’ yatangijwe mu byumweru bicye bishize.”

Iyi kompanyi ivuga ko muri uyu mwaka wa 2023 ifite ibindi bikorwa byinshi izageza ku bakiliya bayo bizabafasha mu bikorwa byabo bya buri munsi by’iterambere.

Bodibe yakomeje agira ati “Uyu mwaka twishimiye ko tuzizihiza isabukuru y’imyaka 25 tumaze dukorera mu Rwanda. Urugendo rwacu muri iki Gihugu cy’Imisozi Igihumbi rwabaye urwo kwaguka no guhanga udushya twishimiye kuzizihizanya n’abakiliya bacu uyu mwaka. Hari byinshi biteganyirijwe abakiliya bacu muri gahunda ya ‘Tubitayeho’ birimo ibitaramo binyuranye byo gushimira abafatanyabikorwa bacu.”

Ubu hariho gahunda ya Izihirwe iri gutangwamo ibihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 2 =

Previous Post

Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Next Post

IFOTO: Akazuye umutima…Miss Elsa yateye imitoma nshimangirarukundo umugabo we Prince Kid

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Akazuye umutima…Miss Elsa yateye imitoma nshimangirarukundo umugabo we Prince Kid

IFOTO: Akazuye umutima…Miss Elsa yateye imitoma nshimangirarukundo umugabo we Prince Kid

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.