Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN-Rwanda yatangaje akayabo ka Miliyari yinjije muri 2022

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN-Rwanda yatangaje akayabo ka Miliyari yinjije muri 2022
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete icuruza serivisi z’itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN Rwandacell PLC yatangaje ko mu mwaka wa 2022 yinjije miliyari 221,7 Frw; mu gihe umwaka ushize yari yinjije miliyari 184,9Frw.

Byatangajwe mu cyegeranyo cy’ubugenzuzi bw’ibyagezweho n’iyi kompanyi mu gihe cyasojwe tariki 31 Ukuboza 2022, aho aya mafaranga yinjijwe na MTN yiyongereyeho miliyari 36,8Frw.

Uyu musaruro wa MTN Rwandacell PLC waturutse mu bikorwa by’iyi kompanyi birimo kugurisha ama-unite yo guhamagara ndetse n’aya Internet.

MTN ivuga ko abafatabuguzi bayo biyongereyeho 381 000, kugeza ubu bakaba bageze ku bakiliya miliyoni 6,8.

Muri uwo mwaka wa 2022 kandi imibare y’abakoresha internet ya MTN biyongereyeho 9% ugereranyije n’umwaka ushize wa 2021 kuko habonetse abafatabuguzi bashya ibihumbi 191.

Ni abakiliya bashya bakoresha internet babonetse bitewe na smartphones ibihumbi 308 ziyongereye mu ikoreshwa rya telefone mu Rwanda, bivuze ko habayeho izamuka rya 3,4%.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imari muri MTN Rwanda Mark Nkurunziza, yagize ati “Twishimiye gutangaza uyu musaruro ushimishije wa 2022.”

MTN Rwanda kandi ivuga ko ifite intego ko mu mwaka wa 2025 izaba yarubatse undi muyoboro ukomeye wa Mobile Money Rwanda Limited (MMRL) uzaba ushingiye kuri Mobile Money ifite abayikoresha bangana na miliyoni 4,3 bavuye kuri miliyoni 3,7.

Nanone kandi umubare w’abacuruzi bakoresha MoMo Pay muri 2022 wageze ku bantu 141 222 bavuye kuri 47 678 bariho muri 2021.

Amafaranga yungutswe na MTN Rwanda muri serivisi za Mobile Money  yazamutseho 48,4% ugereranyije n’ayari yabonetse mu mwaka wa 2021.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda Limited, Chantal Kagame yagize ati “Twishimiye kubona serivisi zo gukoresha mobile money zaragutse ku gukoreshwa n’abafatanyabikorwa bacu hakazaho MoMoPay y’abacuruzi, yatanze umusaruro ushimishije.”

Yakomeje agira ati “Muri uyu mwaka turateganya kuzakora ibirushijeho dutangiza ibicuruzwa na serivisi nshya zizagira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu mu rwego rwo kutagira n’umwe usigara inyuma.”

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda Mapula Bodibe, yavuze ko uyu musaruro wagezweho n’iyi kompanyi ari gihamya yo gukora cyane biranga abakozi ndetse no gukomeza gufashwa n’inama y’ubutegetsi y’iyi kompanyi, no gukorana neza n’abafatanyabikorwa ndetse n’abakiliya bayo.

Ati “Turashimira byimazeyo abakiliya n’abafatanyabikorwa bacu kuko badahari ntabwo twari kuba twarageze ku byo twagezeho byo kuba twarabaye ikigo cya mbere mu bikorwa bya MTN Group mu Bihugu binyuranye muri gahunda ya MTN Group ya ‘Miliyoni Dollar Challenge’ yatangijwe mu byumweru bicye bishize.”

Iyi kompanyi ivuga ko muri uyu mwaka wa 2023 ifite ibindi bikorwa byinshi izageza ku bakiliya bayo bizabafasha mu bikorwa byabo bya buri munsi by’iterambere.

Bodibe yakomeje agira ati “Uyu mwaka twishimiye ko tuzizihiza isabukuru y’imyaka 25 tumaze dukorera mu Rwanda. Urugendo rwacu muri iki Gihugu cy’Imisozi Igihumbi rwabaye urwo kwaguka no guhanga udushya twishimiye kuzizihizanya n’abakiliya bacu uyu mwaka. Hari byinshi biteganyirijwe abakiliya bacu muri gahunda ya ‘Tubitayeho’ birimo ibitaramo binyuranye byo gushimira abafatanyabikorwa bacu.”

Ubu hariho gahunda ya Izihirwe iri gutangwamo ibihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − five =

Previous Post

Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Next Post

IFOTO: Akazuye umutima…Miss Elsa yateye imitoma nshimangirarukundo umugabo we Prince Kid

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video
IBYAMAMARE

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Akazuye umutima…Miss Elsa yateye imitoma nshimangirarukundo umugabo we Prince Kid

IFOTO: Akazuye umutima…Miss Elsa yateye imitoma nshimangirarukundo umugabo we Prince Kid

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.