Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu Burundi nta bashomeri bahari ahubwo hari ibinebwe- Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
15/02/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Mu Burundi nta bashomeri bahari ahubwo hari ibinebwe- Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, avuga ko akurikije amahirwe ari muri iki Gihugu ayoboye nta Murundi wari ukwiye kuba umushomeri ahubwo ko biterwa n’ubunebwe bwa bamwe.

Ndayishimiye wakunze kugaragaza ko nta shoramari atakora ryamwinjiriza amafaranga dore ko asanzwe ari n’umuhinzi mworozi, yatangaje ko muri iki Gihugu nta muntu wari ukwiye kubura icyo akora.

Icyakora ngo nko ku Mugabane w’u Burayi ho birashoboka ndetse ko ahora abona abaturage benshi bo kuri uyu Mugabane batagira akazi.

Yagize ati “Nta muntu n’umwe ushobora gushomera, njyewe n’iyo wabintera mu rushinge, aha mu Burundi aha, i Burayi kabisa abashomeri bariyo, ndababona kandi ndabyemeza, ariko muri ubu Burundi nta mushomeri n’umwe uhari, hari ibinebwe, hari ibinebwe.”

Ibi yabivugaga ahereye ku kuba hari abarangije amashuri birirwa bataka ko babuze akazi, akavuga ko kwiga na byo byazanye ikibazo kuko hari n’abize batagira icyo bamarira Igihugu cyabo.

Ati “None ko mfite abadogiteri n’aba-ingénieur benshi cyane n’aba- Licensier batari kumfasha iterambere? Nzaririmba gute ko ishuri ari ryo muzi w’iterambere mu gihe ntabona abize hari icyo bari kumarira.”

Perezida Ndayishimiye yakomeje avuga ko ahubwo abona amashuri yarazanye ingorane. Ati “Kuko umuntu arangiza amashuri umutima wabyimbye. Umwana abona diplome uyu munsi saa kumi ejo mwahura, ngo ‘erega nabuze akazi’ ngo ‘mpa akazi’.”

Ndayishimiye avuga ko ubundi iyo umuntu yize akorehsa ubumenyi yakuye mu ishuri ubundi akabuhuza n’ubwo asanganywe agashaka icyo akora cyamuteza imbere.

Perezida Ndayishimiye mu mpera z’icyumweru gishize yasuye Umurundi Jackson Nahayo wari warahungiye muri Canada waje gutahuka, ubu akaba ari umuhinzi mworozi wa kijyambere.

Uyu Mukuru w’Igihugu cy’u Burundi yaboneyeho gusaba Abayobozi b’Intara zose guhamagarira Abarundi bakomoka mu Ntara bayoboye bagiye hanze, gutahuka bakaza gukora ibikorwa bibateza imbere ngo kuko mu Burundi hari amahirwe menshi.

Perezida Ndayishimiye yakunze kugaragara ari mu bikorwa by’ubuhinzi, ari guhinga we ubwe ndetse anasarura imyaka yera mu mirima ye.

Perezida Ndayishimiye ajya gusarura ibirayi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 9 =

Previous Post

Amafoto y’indobanure: Uburanga n’ikimero ntagireranywa by’umukobwa waterewe ivi na myugariro ubikoze kabiri

Next Post

Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye

Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.