Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu buryo bw’igitaraganya Umukandida uhanganye na Tshisekedi yahagaritse kwiyamamaza

radiotv10by radiotv10
10/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Mu buryo bw’igitaraganya Umukandida uhanganye na Tshisekedi yahagaritse kwiyamamaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Moise Katumbi uri mu bakandida bari kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari na we uvugwaho ko azahangana na Tshisekedi, yahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza mu buryo butunguranye kuri uyu wa Gatatu.

Iki cyemezo cya Moise Katumbi yagifashe kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukuboza 2023, nyuma y’uko ubwo yari muri ibi bikorwa byo kwiyamamaza, habaye imvururu.

Abantu uruhuri bari baje mu bikorwa byo kwiyamamaza bya Moise Katumbi, barashwemo urufaya rw’imyuka iryana mu maso, bakwira imishwaro, ndetse bamwe muri bo barakomereka.

Ubutegetsi bw’Intara yaberagamo ibi bikorwa byo kwiyamamaza bya Katumbi, bwatangaje ko abarinzi b’uyu munyapolitiki barashe amasasu yo gucubya ubwiyongere bukabije bw’abantu bari benshi.

Ubutegetsi bwatangaje kandi ko Polisi na yo yarashe ibyuka biryana mu maso mu rwego rwo kuburizamo ubwo bwiyongere bw’abantu bagaragazaga ibikorwa by’urugomo.

Abantu bamwe bakomeretse barimo umupolisi umwe wakomeretse bikabije, ndetse ubu hakaba hahise hatangira iperereza, nk’uko byatangajwe mu itangazo ry’ubutegetsi bw’iyi Ntara.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Moise Katumbi yavuze ko Polisi yarashe amasasu mu baturage bamushyigikiye ku manywa y’ihangu, ndetse akaba ayishinja urugomo rukomeye.

Yagize ati “Mu rwego rwo kwirinda ko ibi byongera kuba, nafashe icyemezo cyo kuba mpagaritse ibikorwa byo guhura n’abaturage mu mijyi ya Kananda na Tshikapa.”

Iyi mijyi ya Kananga na Tshikapa yagombaga kwiyamamarizamo kuri uyu wa Gatatu, ni na yo ifite abayoboke bakomeye bashyigikiye Perezida Felix Tshisekedi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 16 =

Previous Post

Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe ziri gupfa umusubirizo cyazamuwe mu nama y’imihindagurikire y’ibihe

Next Post

Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye

Related Posts

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye

Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda...Menya icyabiteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.