Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu nama ya mbere yahuje ubuyobozi bwa University of Global Health Equity (UGHE), Madamu Jeannette Kagame yagarutse mu masomo bigishijwe na 2020

radiotv10by radiotv10
21/08/2021
in MU RWANDA
0
Mu nama ya mbere yahuje ubuyobozi bwa University of Global Health Equity (UGHE), Madamu Jeannette Kagame yagarutse mu masomo bigishijwe na 2020
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kanama 2021 nibwo hateranye inama ya mbere yahuje Inama ngishwanama ya Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi, University of Global Health Equity (UGHE), iherereye i Butaro mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, Madame Jeannette Kagame uri mu nama y’ubuyobozi bukuru yagarutse ku masomo abagize iyi kaminuza bigishijwe n’umwaka wa 2020 watangira n’icyorezo cya COVID-19 ariko kugeza ubu bakaba bagihagaze kigabo.

Mu ijambo yagejeje ku bari mu nama, Madamu Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda (Paul Kagame) yagize ati “Ndakomeza kubakangurira kugira umurava wo gushaka inzira nshya yanyuzwamo umuyoboro wo gukomeza inzira igororotse iganisha mu kubungabunga ubuzima kuko 2020 yatwigishije amasomo menshi y’uburyo turi umuryango mwiza mpuzamahanga, bitari ibyo ntabwo twabasha kurenga umutaru”

UGHE ni kaminuza ifasha mu gutoza urubyiruko rw’ejo hazaza kuzavamo abanyamwuga bazatanga imbaraga mu kwita ku buzima bw’abatuye umugabane wa Afurika n’ahandi hose ku isi ahanini bita cyane ku badafite kivurira. Nyuma y’uko hahanzwe ikiswe AAB, byagaragaye UGHE akazi ikora gashyingiye mu kwita ku mugabane imbona nkubone hitawe ku bumenyi n’ubunararibonye bw’abayobozi ba Afurika nk’uko Prof.Senait Fisseha yabigarutseho mu ijambo rye.

Prof.Senait Fisseha ni umuyobozi wungirije mu nama ngishwanama ya University of Global Health Equity (UGHE) muri Afurika.

Agaruka ku mpamvu iyi kaminuza mpuzamahanga iri mu Rwanda, Prof.Senait Fisseha kandi yavuze ko bitabaye ku nw’impanuka ahubwo ko ari urugero rwiza rwo kugira ngo n’abandi bizababera urugero rutari ku Rwanda gusa ahubwo na Afurika yose.

Kagame Recycled Nyiramongi Who Is Now Effectively Deputy President – La Liberté

Madamu Jeannette Kagame uri mu nama ngishwanama ya UGHE yagarutse ku masomo akomeye basigiwe n’umwaka wa 2020

Muri iyi nama, abagize inama y’ubutegetsi bwa UGHE bemeye ko kandi izafasha mu guhuriza hamwe imbaraga n’ibitecyerezo by’abayobozi b’ibihugu bya Afurika ndetse n’abayobozi mu by’ubuzima ndetse n’abandi babarizwa mu bindi bice birimo abayobora gahunda zo kwimakaza umuco w’uburinganire, ubumenyi bw’isi ndetse n’abandi bafite aho bahurira na gahunda zo gufasha mu bijyanye no kwita ku itera mbere ry’ikiremwa muntu.

Prof. Agnes Binagwaho, Vice- Chancellor wa University of Global Health Equity yavuze ko inama nk’izi zizakomeza kuba kugira ngo zirusheho kurebera hamwe iby’ihutirwa bigomba gushyirwa mu bikorwa kugira ngo iyi kaminuza ikomeze gutanga uburezi buzafasha mu kubungabunga ubuzima bw’Abanyafurika.

Image

Abagize ubuyobozi bukuru bwa University of Global Health Equity (UGHE)

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

BIRAVUGWA: Kwizera Olivier yirukanwe mu mwiherero w’Amavubi Stars

Next Post

Kuri iki cyumweru abanyeshuri 23 ba UGHE bazahabwa impamyabumenyi mu bya Science for Global Health Delivery (MGHD)

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuri iki cyumweru abanyeshuri 23 ba UGHE bazahabwa impamyabumenyi mu bya Science for Global Health Delivery (MGHD)

Kuri iki cyumweru abanyeshuri 23 ba UGHE bazahabwa impamyabumenyi mu bya Science for Global Health Delivery (MGHD)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.