Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu nama ya mbere yahuje ubuyobozi bwa University of Global Health Equity (UGHE), Madamu Jeannette Kagame yagarutse mu masomo bigishijwe na 2020

radiotv10by radiotv10
21/08/2021
in MU RWANDA
0
Mu nama ya mbere yahuje ubuyobozi bwa University of Global Health Equity (UGHE), Madamu Jeannette Kagame yagarutse mu masomo bigishijwe na 2020
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kanama 2021 nibwo hateranye inama ya mbere yahuje Inama ngishwanama ya Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi, University of Global Health Equity (UGHE), iherereye i Butaro mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, Madame Jeannette Kagame uri mu nama y’ubuyobozi bukuru yagarutse ku masomo abagize iyi kaminuza bigishijwe n’umwaka wa 2020 watangira n’icyorezo cya COVID-19 ariko kugeza ubu bakaba bagihagaze kigabo.

Mu ijambo yagejeje ku bari mu nama, Madamu Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda (Paul Kagame) yagize ati “Ndakomeza kubakangurira kugira umurava wo gushaka inzira nshya yanyuzwamo umuyoboro wo gukomeza inzira igororotse iganisha mu kubungabunga ubuzima kuko 2020 yatwigishije amasomo menshi y’uburyo turi umuryango mwiza mpuzamahanga, bitari ibyo ntabwo twabasha kurenga umutaru”

UGHE ni kaminuza ifasha mu gutoza urubyiruko rw’ejo hazaza kuzavamo abanyamwuga bazatanga imbaraga mu kwita ku buzima bw’abatuye umugabane wa Afurika n’ahandi hose ku isi ahanini bita cyane ku badafite kivurira. Nyuma y’uko hahanzwe ikiswe AAB, byagaragaye UGHE akazi ikora gashyingiye mu kwita ku mugabane imbona nkubone hitawe ku bumenyi n’ubunararibonye bw’abayobozi ba Afurika nk’uko Prof.Senait Fisseha yabigarutseho mu ijambo rye.

Prof.Senait Fisseha ni umuyobozi wungirije mu nama ngishwanama ya University of Global Health Equity (UGHE) muri Afurika.

Agaruka ku mpamvu iyi kaminuza mpuzamahanga iri mu Rwanda, Prof.Senait Fisseha kandi yavuze ko bitabaye ku nw’impanuka ahubwo ko ari urugero rwiza rwo kugira ngo n’abandi bizababera urugero rutari ku Rwanda gusa ahubwo na Afurika yose.

Kagame Recycled Nyiramongi Who Is Now Effectively Deputy President – La Liberté

Madamu Jeannette Kagame uri mu nama ngishwanama ya UGHE yagarutse ku masomo akomeye basigiwe n’umwaka wa 2020

Muri iyi nama, abagize inama y’ubutegetsi bwa UGHE bemeye ko kandi izafasha mu guhuriza hamwe imbaraga n’ibitecyerezo by’abayobozi b’ibihugu bya Afurika ndetse n’abayobozi mu by’ubuzima ndetse n’abandi babarizwa mu bindi bice birimo abayobora gahunda zo kwimakaza umuco w’uburinganire, ubumenyi bw’isi ndetse n’abandi bafite aho bahurira na gahunda zo gufasha mu bijyanye no kwita ku itera mbere ry’ikiremwa muntu.

Prof. Agnes Binagwaho, Vice- Chancellor wa University of Global Health Equity yavuze ko inama nk’izi zizakomeza kuba kugira ngo zirusheho kurebera hamwe iby’ihutirwa bigomba gushyirwa mu bikorwa kugira ngo iyi kaminuza ikomeze gutanga uburezi buzafasha mu kubungabunga ubuzima bw’Abanyafurika.

Image

Abagize ubuyobozi bukuru bwa University of Global Health Equity (UGHE)

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 7 =

Previous Post

BIRAVUGWA: Kwizera Olivier yirukanwe mu mwiherero w’Amavubi Stars

Next Post

Kuri iki cyumweru abanyeshuri 23 ba UGHE bazahabwa impamyabumenyi mu bya Science for Global Health Delivery (MGHD)

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuri iki cyumweru abanyeshuri 23 ba UGHE bazahabwa impamyabumenyi mu bya Science for Global Health Delivery (MGHD)

Kuri iki cyumweru abanyeshuri 23 ba UGHE bazahabwa impamyabumenyi mu bya Science for Global Health Delivery (MGHD)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.