Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu nama ya mbere yahuje ubuyobozi bwa University of Global Health Equity (UGHE), Madamu Jeannette Kagame yagarutse mu masomo bigishijwe na 2020

radiotv10by radiotv10
21/08/2021
in MU RWANDA
0
Mu nama ya mbere yahuje ubuyobozi bwa University of Global Health Equity (UGHE), Madamu Jeannette Kagame yagarutse mu masomo bigishijwe na 2020
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kanama 2021 nibwo hateranye inama ya mbere yahuje Inama ngishwanama ya Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi, University of Global Health Equity (UGHE), iherereye i Butaro mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, Madame Jeannette Kagame uri mu nama y’ubuyobozi bukuru yagarutse ku masomo abagize iyi kaminuza bigishijwe n’umwaka wa 2020 watangira n’icyorezo cya COVID-19 ariko kugeza ubu bakaba bagihagaze kigabo.

Mu ijambo yagejeje ku bari mu nama, Madamu Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda (Paul Kagame) yagize ati “Ndakomeza kubakangurira kugira umurava wo gushaka inzira nshya yanyuzwamo umuyoboro wo gukomeza inzira igororotse iganisha mu kubungabunga ubuzima kuko 2020 yatwigishije amasomo menshi y’uburyo turi umuryango mwiza mpuzamahanga, bitari ibyo ntabwo twabasha kurenga umutaru”

UGHE ni kaminuza ifasha mu gutoza urubyiruko rw’ejo hazaza kuzavamo abanyamwuga bazatanga imbaraga mu kwita ku buzima bw’abatuye umugabane wa Afurika n’ahandi hose ku isi ahanini bita cyane ku badafite kivurira. Nyuma y’uko hahanzwe ikiswe AAB, byagaragaye UGHE akazi ikora gashyingiye mu kwita ku mugabane imbona nkubone hitawe ku bumenyi n’ubunararibonye bw’abayobozi ba Afurika nk’uko Prof.Senait Fisseha yabigarutseho mu ijambo rye.

Prof.Senait Fisseha ni umuyobozi wungirije mu nama ngishwanama ya University of Global Health Equity (UGHE) muri Afurika.

Agaruka ku mpamvu iyi kaminuza mpuzamahanga iri mu Rwanda, Prof.Senait Fisseha kandi yavuze ko bitabaye ku nw’impanuka ahubwo ko ari urugero rwiza rwo kugira ngo n’abandi bizababera urugero rutari ku Rwanda gusa ahubwo na Afurika yose.

Kagame Recycled Nyiramongi Who Is Now Effectively Deputy President – La Liberté

Madamu Jeannette Kagame uri mu nama ngishwanama ya UGHE yagarutse ku masomo akomeye basigiwe n’umwaka wa 2020

Muri iyi nama, abagize inama y’ubutegetsi bwa UGHE bemeye ko kandi izafasha mu guhuriza hamwe imbaraga n’ibitecyerezo by’abayobozi b’ibihugu bya Afurika ndetse n’abayobozi mu by’ubuzima ndetse n’abandi babarizwa mu bindi bice birimo abayobora gahunda zo kwimakaza umuco w’uburinganire, ubumenyi bw’isi ndetse n’abandi bafite aho bahurira na gahunda zo gufasha mu bijyanye no kwita ku itera mbere ry’ikiremwa muntu.

Prof. Agnes Binagwaho, Vice- Chancellor wa University of Global Health Equity yavuze ko inama nk’izi zizakomeza kuba kugira ngo zirusheho kurebera hamwe iby’ihutirwa bigomba gushyirwa mu bikorwa kugira ngo iyi kaminuza ikomeze gutanga uburezi buzafasha mu kubungabunga ubuzima bw’Abanyafurika.

Image

Abagize ubuyobozi bukuru bwa University of Global Health Equity (UGHE)

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 4 =

Previous Post

BIRAVUGWA: Kwizera Olivier yirukanwe mu mwiherero w’Amavubi Stars

Next Post

Kuri iki cyumweru abanyeshuri 23 ba UGHE bazahabwa impamyabumenyi mu bya Science for Global Health Delivery (MGHD)

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuri iki cyumweru abanyeshuri 23 ba UGHE bazahabwa impamyabumenyi mu bya Science for Global Health Delivery (MGHD)

Kuri iki cyumweru abanyeshuri 23 ba UGHE bazahabwa impamyabumenyi mu bya Science for Global Health Delivery (MGHD)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.