• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hagiye gutangira guteranyirizwa imodoka z’amakamyo

radiotv10by radiotv10
29/06/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Mu Rwanda hagiye gutangira guteranyirizwa imodoka z’amakamyo
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete Asia Machinery–Sinotruk Rwanda icuruza imodoka nini zikoreshwa mu bwikorezi, yatangaje ko iteganya gutangira kuziteranyiriza mu Rwanda, kandi ko yizeye ko bizagirira inyungu Abanyarwanda n’Igihugu muri rusange.

Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa Asia Machinery–Sinotruk Rwanda, Ruzagiriza Francis, ubwo iyi sosiyete yamurikaga ku mugaragaro ubwoko bushya bw’imodoka ya Howo yashyize hanze.

Iyi modoka yamurikiwe abasanzwe ari abakiliya b’iyi kompanyi ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, ikoranye ikoranabuhanga rigezweho ndetse n’imiterere y’inyuma ijyanye n’igihe.

Iki gikorwa kandi cyahuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 iyi sosiyete y’Abashinwa imaze ikorera mu Rwanda, aho muri iki gihe cyose yagize uruhare rukomeye mu guteza imbere ubwikorezo byumwihariko mu bikorwa by’ubwubatsi.

Ruzagiriza Francis yavuze ko iyi myaka 10 bamaze bakorera mu Rwanda yaranzwe na byinshi, ariko byumwihariko ari uruhare rukomeye iyi sosiyete yagize mu kuzamura ubwikorezi, ndetse bakaba banakomeje kwagura ibikorwa.

Yagize ati “Twazanye amakamyo mashya abantu batari bamenyereye, ariko twakoranye neza n’abakiriya bacu, bagenda batwizera ndetse banaduhuza n’abandi.”

Avuga kandi ko ibikorwa by’iyi sosiyete bikomeje gushimwa na benshi mu Rwanda, ndetse ko imodoka z’iyi sosiyete zigurwa ku kigero gishimishije, kuko ubwo yari ikigera ku isoko ry’u Rwanda, hari sosiyete yahise iyigurira amakamyo 60.

Yatangaje kandi ko uretse kuba amakamyo menshi akoreshwa mu bikorwa by’ubwikorezi bw’ibikoresho by’ubwubatsi mu Rwanda, aba yaguzwe muri iyi sosiyete, no mu Bihugu by’ibituranyi, ari ko bimeze.

Yagize ati “Ubu urajya muri Uganda ukabona amakamyo menshi afite pulake zo mu Rwanda, kandi amenshi aba yaguzwe muri Sinotruk Rwanda.”

Ruzagiriza Francis yavuze ko mu myaka 10 bamaze bakorera mu Rwanda bateye intambwe ishimishije

Guteranyiriza amakamyo mu Rwanda

Ruzagiriza vuga ko nyuma y’imyaka bamaze bakorera mu Rwanda, bakomeje n’urugendo rwo kwagura ibikorwa dore ko bateganya gutangira guteranyiriza mu Rwanda amakamyo.

Yagize ati “Dufite gahunda yo kujya duteranyiriza amakamyo mu Rwanda. Ni umushinga uzagirira inyungu kompanyi yacu, ubyarire inyungu igihugu ndetse n’Abanyarwanda.”

Yatangaje ko iki gitekerezo cyashibutse mu kubona uburyo amakamyo y’iyi sosiyete akomeje kugurwa mu Rwanda ndetse no mu karere iki Gihugu giherereyemo.

Ati “Ubu tumaze kumenya neza uko isoko rihagaze hano no mu bihugu duturanye, kandi tubona amahirwe ari menshi.”

Uretse kandi ubucuruzi bw’amakamyo, iyi sosiyete inacuruza ibikoresho byo gusimbuza ibindi by’izi modoka, birimo za moteri, na ‘gearbox’ (boite de vitesse) ndetse n’ibindi byose, kandi ku giciro kiri hasi.

Sinotruk kandi irateganya gutangira gucuruza amakamyo akoresha amashanyarazi, byumwihariko zizajya zikorera mu Rwanda, aho izajya ishobora kugenda ibilometero biri hagati ya 300 na 400 itarashiramo umuriro.

Ubwoko bushya bw’ikamyo bwazanywe na Asia Machinery–Sinotruk Rwanda

Bwari ubusabane bwitabiriwe n’ingeri zose
Abayobozi muri Asia Machinery–Sinotruk Rwanda bagaragaje ko icyizere bagiriwe mu Rwanda cyatumye barushaho kwagura ibikorwa byabo

Habayeho no gutanga ibihembo kuri bamwe mu bakiliya
Umunyamakuru MC Naria yari ayoboye ibiganiro n’ibirori byabereye muri iki gikorwa

Photos © Inyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 2 =

Previous Post

Why spending on your health is never wasted

Related Posts

Icyo amategeko avuga ku gukuramo inda mu Rwanda n’abashobora kubyemererwa

Icyo amategeko avuga ku gukuramo inda mu Rwanda n’abashobora kubyemererwa

by radiotv10
29/06/2026
0

Mu Rwanda hari Iteka rya Minisitiri N°002/MoH/2019 ryo ku wa 08/04/2019 riteganya ibigomba kubahirizwa kugira ngo muganga akuriremo umuntu inda,...

Itsinda ryiyise ‘Abajongo’ riratungwaho agatoki guteza ubukene abaturage

Itsinda ryiyise ‘Abajongo’ riratungwaho agatoki guteza ubukene abaturage

by radiotv10
29/06/2026
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bamaze gukeneshwa bikabije n’ubujura bw’ikawa, amatungo yo...

Ubukerarugendo: Inkura zimaze imyaka 7 zivuye i Burayi zizanywe mu Rwanda zarorotse

Ubukerarugendo: Inkura zimaze imyaka 7 zivuye i Burayi zizanywe mu Rwanda zarorotse

by radiotv10
28/06/2026
0

Ubuyobozi bwa Pariki y'Igihugu ya Akagera, bwatangaje ko inkura z’umuka zahajyanywe ziturutse mu Bihugu binyuranye ku Mubugabane w’u Burayi, ebyiri...

Umuhungu w’Intwari y’u Rwanda Maj.Gen. Rwigema yagaragaye i Kigali yaje kureba umukino wa Basketball

Umuhungu w’Intwari y’u Rwanda Maj.Gen. Rwigema yagaragaye i Kigali yaje kureba umukino wa Basketball

by radiotv10
27/06/2026
0

Umuhungu wa nyakwigendera Maj Gen Fred Gisa Rwigema, imwe mu Ntwari z’u Rwanda, yagaragaye muri Zaria Court yaje kureba umukino...

Huye: Baribaza iherezo ry’ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’ibikorwa remezo

Huye: Baribaza iherezo ry’ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’ibikorwa remezo

by radiotv10
27/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rwaniro, mu Karere ka Huye, by’umwihariko abo mu Tugari twa Nyaruhombo na Kamwambi,...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Mu Rwanda hagiye gutangira guteranyirizwa imodoka z’amakamyo

Why spending on your health is never wasted

Icyo amategeko avuga ku gukuramo inda mu Rwanda n’abashobora kubyemererwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.