• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Sunday, June 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubukerarugendo: Inkura zimaze imyaka 7 zivuye i Burayi zizanywe mu Rwanda zarorotse

radiotv10by radiotv10
28/06/2026
in MU RWANDA
0
Ubukerarugendo: Inkura zimaze imyaka 7 zivuye i Burayi zizanywe mu Rwanda zarorotse
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu ya Akagera, bwatangaje ko inkura z’umuka zahajyanywe ziturutse mu Bihugu binyuranye ku Mubugabane w’u Burayi, ebyiri muri zo zibarutse ubu zikaba ari imbyeyi.

Ubuyobozi bw’iyi Pariki buvuga ko hashize imyaka irindwi urwego rwo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu Rwanda n’ubukerarugendo byungutse inkura z’umukara zaje ziturutse i Burayi.

Buvuga ko muri 2019 iyi Pariki yakiriye inkura zifite amazina, ari zo: Jasiri, Jasmina, Manny, Olmoti, na Mandela zaturutse ahantu hanyuranye, harimo muri Pariki Safari Park Dvůr Králové muri Repubulika ya Czech, muri Flamingo Land mu Bwongereza, ndetse no muri Pariki ya Ree Park Safari muri Denmark.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buvuga ko iki ari cyo gikorwa kinini cyabayeho cyo kwimura inkura z’umukara ziva i Burayi zizanwa muri Afurka.

Buti “Izi Nkura ntizamenyereye gusa ubuzima bw’inaha ahubwo zinatanga umusanzu ukomeye mu kugarura inkura z’umukara mu burasirazuba bw’u Rwanda zari zimaze igihe kirekire zaracitse.”

Bukomeza bugira buti “Jasiri na Olmoti buri zombi zarabyaye ubu zifite abana beza, mu gihe Mandela ari se w’abo bana bombi.”

Ibi byagezweho ku bufatanye bw’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe Pariki zo muri Afurika ‘African Parks’ ndetse n’umushinga EAZA Conservation ushinzwe gutera inkunga ibikorwa byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 16 =

Previous Post

Umuhungu w’Intwari y’u Rwanda Maj.Gen. Rwigema yagaragaye i Kigali yaje kureba umukino wa Basketball

Related Posts

Umuhungu w’Intwari y’u Rwanda Maj.Gen. Rwigema yagaragaye i Kigali yaje kureba umukino wa Basketball

Umuhungu w’Intwari y’u Rwanda Maj.Gen. Rwigema yagaragaye i Kigali yaje kureba umukino wa Basketball

by radiotv10
27/06/2026
0

Umuhungu wa nyakwigendera Maj Gen Fred Gisa Rwigema, imwe mu Ntwari z’u Rwanda, yagaragaye muri Zaria Court yaje kureba umukino...

Huye: Baribaza iherezo ry’ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’ibikorwa remezo

Huye: Baribaza iherezo ry’ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’ibikorwa remezo

by radiotv10
27/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rwaniro, mu Karere ka Huye, by’umwihariko abo mu Tugari twa Nyaruhombo na Kamwambi,...

The Gasabo Gold sanction: Justice, geopolitics, or selective pressure?

The Gasabo Gold sanction: Justice, geopolitics, or selective pressure?

by radiotv10
26/06/2026
0

Why Washington targeted a Kigali gold refinery and left the rest of the supply chain untouched? On Thursday, the U.S....

Imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II igeze ahashimishije

Imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II igeze ahashimishije

by radiotv10
26/06/2026
0

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu REG, buratangaza ko imirimo yo kubaka urugomero rw’umuriro w'amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II ritezweho...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

America yafatiye ibihano amasosiyete ane yo mu Rwanda iyashinja gutera inkunga M23

by radiotv10
26/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye ibihano amasosiyete ane y’ubucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro yo mu Rwanda ndetse n’abantu babiri, ishinja...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ubukerarugendo: Inkura zimaze imyaka 7 zivuye i Burayi zizanywe mu Rwanda zarorotse

Umuhungu w’Intwari y’u Rwanda Maj.Gen. Rwigema yagaragaye i Kigali yaje kureba umukino wa Basketball

Imibare mishya y’abahitanywe n’imitingito yibasiye Venezuela yatumbagiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.