• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II igeze ahashimishije

radiotv10by radiotv10
26/06/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II igeze ahashimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu REG, buratangaza ko imirimo yo kubaka urugomero rw’umuriro w’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II ritezweho gutanga Megawatt zirenga 40, igeze kuri 73%.

Ni nyuma yuko Umuyobozi mukuru wa REG, Eng. Byilingiro Maximilien, asuye ahari kubakwa ururu gomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II, (NYABARONGO II HYDROPOWER PLANT) kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Kamena 2026.

Ubwo yasuraga uru rugomero ruri kubakwa mu karere ka Rulindo, uyu Muyobozi wa REG yasobanuriwe aho imirimo yo kubaka urwo rugomero igeze, na we aboneraho gushimira aho igeze.

Maximilien nubwo yashimye aho imirimo igeze, ariko gusaba Kompanyi y’Abashinwa yubaka uru rugomero yitwa Power China-SINOHYDRO ndetse n’abandi batekinisiye bakurikirana imurimo yo kurwubaka b’ishami rya REG-EDCL, kongera imbaraga no kwihutisha imirimo yo kubaka urwo rugomero kugira ngo rutazarenza igihe ntarengwa bihaye cyo kuba rwuzuye.

REG ivuga ko “Kuri ubu imirimo yo kubaka urwo rugomero igeze ku gipimo cya 73% bikaba biteganyijwe ko ruzarangira kubakwa biterenze mu kwezi kwa 12, 2027.”

Byitezwe ko ururugomero ruzatanga amashanyarazi angana na Megawatt 43,5, nanone kandi rukazatanga n’amazi angana na Metero cube zirenga Miliyoni 445 ku munsi.

Ruzaba kandi rufite n’idamu cyangwa ikiyaga kinini kibikwamo amazi (Reservoire) kizaba gifite akamaro gatandukanye harimo nko kuhira imyaka, kwirinda imyuzure mu bice byo hepfo y’urugomero n’ibindi.

REG ivuga kandi ko uru rugomero ruzagira uruhare mu kongera umuriro mwiza, udacikagurika, kandi udahenze ku bafatabuguzi bayo, inganda n’abashoramari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Ubushyuhe bukabije mu Bufaransa bwatumye hashyirwaho amabwiriza yo kugabanya kunywa inzoga

Related Posts

Urwego rw’umutekano muri Qatar ruri gutanga imyitozo yihariye mu Rwanda

Urwego rw’umutekano muri Qatar ruri gutanga imyitozo yihariye mu Rwanda

by radiotv10
26/06/2026
0

Urwego rushinzwe umutekano w’Imbere muri Qatar, ruri gutanga amahugurwa yihariye ku bapolisi b’u Rwanda, mu rwego rw’ubufatanye busanzwe hagati y’Ibihugu...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

America yafatiye ibihano amasosiyete ane yo mu Rwanda iyashinja gutera inkunga M23

by radiotv10
26/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye ibihano amasosiyete ane y’ubucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro yo mu Rwanda ndetse n’abantu babiri, ishinja...

Umusore yabenze umukobwa bari gusezerana nyuma yuko atahuye ko atarangije kaminuza ahubwo yiga mu yisumbuye

Umusore yabenze umukobwa bari gusezerana nyuma yuko atahuye ko atarangije kaminuza ahubwo yiga mu yisumbuye

by radiotv10
26/06/2026
0

Mu Karere ka Ngoma, haravugwa ubukwe bwapfuye ku munsi bwari kuberaho nyuma yuko umusore atahuye ko umukobwa bari gusezerana wari...

Abanyeshuri bakurikiranyweho gukubita abarimu batawe muri yombi

Abanyeshuri bakurikiranyweho gukubita abarimu batawe muri yombi

by radiotv10
26/06/2026
0

Sitasiyo ya Polisi ya Butaro mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera, icumbikiye abanyeshuri barindwi biga muri G.S. Runaba,...

Polisi y’u Rwanda yaciye undi muvuno mu guhangana n’ubujura bw’amatungo

Polisi y’u Rwanda yaciye undi muvuno mu guhangana n’ubujura bw’amatungo

by radiotv10
26/06/2026
0

Mu bukangurambaga bugamije gukumira no kurwanya ubujura bw’amatungo, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abakora mu mabagiro kurushaho...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II igeze ahashimishije

Ubushyuhe bukabije mu Bufaransa bwatumye hashyirwaho amabwiriza yo kugabanya kunywa inzoga

Urwego rw’umutekano muri Qatar ruri gutanga imyitozo yihariye mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.