• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

America yafatiye ibihano amasosiyete ane yo mu Rwanda iyashinja gutera inkunga M23

radiotv10by radiotv10
26/06/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye ibihano amasosiyete ane y’ubucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro yo mu Rwanda ndetse n’abantu babiri, ishinja gutera inkunga M23 mu bikorwa birimo ibiyifasha kubona intwaro.

Ni ibihano byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na Tommy Pigott, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Iri tangazo rivuga ko “Uyu munsi, Leta Zunze Ubumwe za America zirafata ingamba zo kurwanya amatsinda akura amabuye y’agaciro mu ntambara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu rwego rwo gushyigikira umutwe witwaje intwaro wa M23.”

Muri iri tangazo, America ivuga ko mu bafatiwe ibihano harimo abantu babiri ku giti cyabo ndetse na sosiyete enye z’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro zirimo Gasabo Gold Refinery LTD n’umuyobozi wayo Jean Malic Kalima, hamwe n’andi masosiyete atatu y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo mu Rwanda.

America ivuga ko “M23 n’abayishyigikiye bakoresha umutungo munini w’amabuye y’agaciro ya DRC, umutungo ukwiye gufasha abaturage ba Congo, mu bikorwa byo gutera birimo kuyifasha kugura intwaro, no kwishyura abarwanyi.”

Iki Gihugu kivuga ko ibi bihano bigamije gushyigikira mu buryo butaziguye ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro ya Washington.

Leta Zunze Ubumwe za America ikomeza ivuga ko “iasaba abantu bose guhagarika ubucuruzi butemewe bw’amabuye y’agaciro aboneka hashingiwe ku ntambara, mu gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro, agatuma habaho imirimo y’agahato n’iy’abana, kandi agateza imbere ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu matsinda y’abacukuzi b’amabuye y’agaciro.”

Mu bihe binyuranye kandi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’Ibihugu biyiri inyuma, bakunze gushinja u Rwanda kwiba amabuye y’agaciro muri kiriya Gihugu, ariko u Rwanda rwakunze kubyamaganira kure, ndetse runagaragaza ko na rwo rukungahaye ku mabuye y’agaciro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Hatanagajwe igihe hazabera ibirori bw’abakunzi ba Rayon Sports

Related Posts

Umusore yabenze umukobwa bari gusezerana nyuma yuko atahuye ko atarangije kaminuza ahubwo yiga mu yisumbuye

Umusore yabenze umukobwa bari gusezerana nyuma yuko atahuye ko atarangije kaminuza ahubwo yiga mu yisumbuye

by radiotv10
26/06/2026
0

Mu Karere ka Ngoma, haravugwa ubukwe bwapfuye ku munsi bwari kuberaho nyuma yuko umusore atahuye ko umukobwa bari gusezerana wari...

Ruhango: Abikorera bagaragarijwe ko aho ubukungu bw’Akarere bushingiye hatarashorwa imari bihagije

Ruhango: Abikorera bagaragarijwe ko aho ubukungu bw’Akarere bushingiye hatarashorwa imari bihagije

by radiotv10
26/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwasabye abikorera kurushaho kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere, by’umwihariko bashora imari mu nzego zifatiye runini ubukungu...

Money Conversations Every Couple Should Have Before Marriage

Money Conversations Every Couple Should Have Before Marriage

by radiotv10
26/06/2026
0

Love may bring two people together, but money often determines how smoothly they build a life together. While many couples...

Ikibazo cy’umuyobozi w’ishuri utekesha abanyeshuri cyatangiye gukurikiranwa

Ikibazo cy’umuyobozi w’ishuri utekesha abanyeshuri cyatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
25/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwatangiye gukurikirana ikibazo cy’Umuyobozi w’Ishuri Ribanza rya Kigali mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza,...

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza u Rwanda na Congo

by radiotv10
25/06/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zahuriye i London mu Bwongereza mu nama yanitabiriwe n'Ibihugu by'ibihuza, aho...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

America yafatiye ibihano amasosiyete ane yo mu Rwanda iyashinja gutera inkunga M23

Hatanagajwe igihe hazabera ibirori bw’abakunzi ba Rayon Sports

Umusore yabenze umukobwa bari gusezerana nyuma yuko atahuye ko atarangije kaminuza ahubwo yiga mu yisumbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.