• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Abikorera bagaragarijwe ko aho ubukungu bw’Akarere bushingiye hatarashorwa imari bihagije

radiotv10by radiotv10
26/06/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ruhango: Abikorera bagaragarijwe ko aho ubukungu bw’Akarere bushingiye hatarashorwa imari bihagije
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwasabye abikorera kurushaho kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere, by’umwihariko bashora imari mu nzego zifatiye runini ubukungu bw’aka karere, cyane cyane ubuhinzi, mu rwego rwo gufasha kugabanya ubukene no guhanga imirimo.

Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Valens Habarurema, mu muhango wo gutangiza imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’akarere, avuga ko iterambere ry’akarere ridashoboka hatabayeho uruhare rufatika rw’abikorera, cyane cyane mu kongera agaciro ku musaruro ukomoka ku buhinzi, kuko ari wo nkingi y’ubukungu bw’aka karere. Yavuze ko hakiri ikibazo cy’abahinzi bagihinga imyaka itabazanira umusaruro uhagije, ariko ko bakwiye guhinga kijyambere kugira ngo barusheho kubona umusaruro.

Ati: “Turashishikariza abikorera gukomeza gushora imari mu Karere ka Ruhango, by’umwihariko mu buhinzi n’ibibukomokaho. Aka karere gashingiye cyane ku buhinzi, aho usanga butaratera imbere ku buryo umuturage yihaza ku biribwa uko bikwiriye ndetse akabasha no kwikura mu bukene. Bityo kongera agaciro ku musaruro wabwo bishobora gufasha abaturage benshi kuva mu bukene.”

Yakomeje ashimangira ko imurikabikorwa ari urubuga rwiza rwo guhuza abafatanyabikorwa no gusangizanya ubunararibonye bushobora kubyara amahirwe mashya y’ishoramari.

Ati: “Imurikabikorwa si ugushyira ibicuruzwa hanze gusa, ni n’umwanya wo kwigiranaho no kurebera hamwe uburyo bwo guteza imbere akarere kacu. Aha abikorera baba bagomba kuzana ibyo bakoze neza kugira ngo bagire uruhare mu gusobanurira abandi uko babikoze, na bo bakagenda babyigiraho.”

Bamwe mu bikorera bitabiriye iri murikabikorwa bavuga ko ari amahirwe akomeye yo kwereka abaturage ibikorwa byabo no kubafasha kubona ibitekerezo bishya byabafasha kwiteza imbere.

Mukansanga Anne, umwe mu bikorera ukora ubuhinzi buteye imbere, yavuze ko abaturage basura imurikabikorwa bashobora kunguka ubumenyi bubafasha kongera umusaruro.

Ati: “Iyo abaturage baje kureba ibyo dukora, babonamo urugero rwiza. Hari abatahaga bafite ibitekerezo bishya byo kunoza imishinga yabo y’ubuhinzi cyangwa ubworozi.”

Undi ukorera mu ruganda rutunganya ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi witwa Ngendahimana Filmin, yavuze ko kongerera agaciro umusaruro ari imwe mu nzira zifasha guteza imbere ubukungu no guhanga imirimo.

Ati: “Ntabwo bikwiye kugarukira ku guhinga gusa; hakenewe no gutunganya umusaruro kugira ngo wongere agaciro. Ibyo bifasha kongera amafaranga yinjira no guha urubyiruko akazi. Urubyiruko rukeneye kubona ingero zifatika z’ababashije gutera imbere. Imurikabikorwa ribafasha kubona ko kwihangira imirimo bishoboka kandi ko na bo babigeraho.”

Iri murikabikorwa riri kubera mu Karere ka Ruhango, rikaba riteganyijwe kuzasozwa ku wa 26 Kamena 2026. Ryatangiye ku wa 24 Kamena 2026.

 

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Ikibazo cy’umuyobozi w’ishuri utekesha abanyeshuri cyatangiye gukurikiranwa

Related Posts

Ikibazo cy’umuyobozi w’ishuri utekesha abanyeshuri cyatangiye gukurikiranwa

Ikibazo cy’umuyobozi w’ishuri utekesha abanyeshuri cyatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
25/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwatangiye gukurikirana ikibazo cy’Umuyobozi w’Ishuri Ribanza rya Kigali mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza,...

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza u Rwanda na Congo

by radiotv10
25/06/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zahuriye i London mu Bwongereza mu nama yanitabiriwe n'Ibihugu by'ibihuza, aho...

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yishimiye amateka yakozwe n’ikipe ya Afurika y’Epfo mu Gikombe cy’Isi

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yishimiye amateka yakozwe n’ikipe ya Afurika y’Epfo mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
25/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olvier Nduhungirehe yishimiye kuba Ikipe y’Igihugu ya Afurika y’Epfo ‘Bafana Bafana’ yageze mu kindi cyiciro...

Key elements of what Rwanda and DRC agreed in talks that bring them together again

Key elements of what Rwanda and DRC agreed in talks that bring them together again

by radiotv10
25/06/2026
0

The Governments of Rwanda and the DRC met in London in talks attended by mediating countries, where both sides agreed...

Inzego n’ibigo byagaraweho gukoresha nabi umutungo wa Leta mu Rwanda biratangira kubitangaho ibisobanuro mu ruhame

Inzego n’ibigo byagaraweho gukoresha nabi umutungo wa Leta mu Rwanda biratangira kubitangaho ibisobanuro mu ruhame

by radiotv10
25/06/2026
0

Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) iratangira kubariza mu ruhame inzego n’ibigo 76 ku...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ruhango: Abikorera bagaragarijwe ko aho ubukungu bw’Akarere bushingiye hatarashorwa imari bihagije

Ikibazo cy’umuyobozi w’ishuri utekesha abanyeshuri cyatangiye gukurikiranwa

Abarwanyi ba Twirwaneho ikorana na AFC/M23 bemeje ko bahaye isomo abasirikare b’u Burundi na FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.