• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzego n’ibigo byagaraweho gukoresha nabi umutungo wa Leta mu Rwanda biratangira kubitangaho ibisobanuro mu ruhame

radiotv10by radiotv10
25/06/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inzego n’ibigo byagaraweho gukoresha nabi umutungo wa Leta mu Rwanda biratangira kubitangaho ibisobanuro mu ruhame
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) iratangira kubariza mu ruhame inzego n’ibigo 76 ku makosa yagaragaye mu micungire y’imari n’umutungo bya Leta.

Ibi bisobanuro bitangwa kuri aya makosa yagaragagajwe muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka warangiye ku wa 30 Kamena 2025, biratangira gutangwa none ku wa Kane tariki 25 Kamena 2026 kugeza tariki 10 Nyakanga 2026.

Perezida wa PAC, Muhakwa Valens yagize ati “Intego yacu y’ibanze ni ugukurikirana ko buri faranga rya Leta ryakoreshejwe icyo ryateganyirijwe, ko ryakoreshejwe ku gihe kandi ko hatabayeho gusesagura. Kubariza mu ruhame ntibigamije gusa kubazwa amakosa, ni n’umwanya inzego za Leta zigaragaza uburyo bwo kuyakosora no kunoza imikorere, hagamijwe gukoresha neza umutungo wa Leta mu nyungu z’Abanyarwanda.”

Inteko Ishinga Amategeko igaragaza kandi ibyashingiweho hatoranywa izi nzego, imishinga n’ibigo byatumijwe, birimo kuba hari inzego zabonye biragayitse (advserse opinion) haba muri bugenzuzi bw’imari, iyubahirizwa ry’amategeko cyangwa igenzura ry’agaciro k’umutungo (value for money).

Nanone kandi harimo inzego zabonye byakwihanganirwa (qualified opinion) mu igenzura ry’agaciro k’umutungo (value for money), hakaba izashyize mu bikorwa inama z’Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta ku gipimo kiri munsi ya 80% ariko hakaba harasuzumwe n’uburemere bw’ibibazo bitarakemuka.

Muri izi nzego zatumijwe gutanga ibisobanuro mu ruhame, harimo n’izakorewe igenzura ricumbukuye, igenzura ryihariye cyangwa igenzura ku bijyanye n’ikoranabuhanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

AFC/M23 yavuze ibikorwa by’intambara by’ubugome ndengakamere byongeye gukorwa na Leta ya Congo

Next Post

Hatangajwe imibare y’agateganyo y’abahitanywe n’imitingito ibiri ikomeye yabaye muri Venezuela

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza u Rwanda na Congo

by radiotv10
25/06/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zahuriye i London mu Bwongereza mu nama yanitabiriwe n'Ibihugu by'ibihuza, aho...

Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye

Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye

by radiotv10
24/06/2026
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Cyanika mu murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke, yajyanywe kwa muganga nyuma...

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

by radiotv10
24/06/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ukekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi...

RDF yungutse abasirikare bafite ubumenyi bwisumbuye burimo ubw’amayeri njyarugamba

RDF yungutse abasirikare bafite ubumenyi bwisumbuye burimo ubw’amayeri njyarugamba

by radiotv10
24/06/2026
0

Mu Kigo cy’Amahugurwa ya gisirikare i Nasho mu Karere ka Kirehe, hasojwe amahugurwa yahabwaga Brigade y’abasirikare barwanira ku butaka Icyiciro...

Abari n’abategarugori bo mu Rwanda basabwe gutinyuka ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kuko burimo agatubutse

Abari n’abategarugori bo mu Rwanda basabwe gutinyuka ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kuko burimo agatubutse

by radiotv10
24/06/2026
0

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée arashishikariza abari n'abategarugori gutinyuka umwuga w'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, kuko ari umwe mu yinjiza amafaranga...

Next Post
Hatangajwe imibare y’agateganyo y’abahitanywe n’imitingito ibiri ikomeye yabaye muri Venezuela

Hatangajwe imibare y’agateganyo y’abahitanywe n’imitingito ibiri ikomeye yabaye muri Venezuela

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza u Rwanda na Congo

Uwahoze ari Umutoza wa Rayon Sports yagizwe uwa Gucumbi FC

Hatangajwe imibare y’agateganyo y’abahitanywe n’imitingito ibiri ikomeye yabaye muri Venezuela

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.