• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y’intangarugero muri buri Ntara n’Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi ku bana bafite ubumuga bukabije.

Abanyeshuri bafite ubumuga baba bakeneye kwitabwaho mu buryo bwihariye, ndetse muri iki gihe gahunda ziriho z’uburezi zitegeka ko biga mu mashuri amwe n’abadafite ubumuga, nyamara abarimu bahuguriwe kubigisha ni bake cyane.

Politike y’uburezi budaheza mu Rwanda iteganya ko kugira ngo umunyeshuri ufite ubumuga abashe kwisanga mu bandi, agomba kwigana n’abandi badafite ubumuga.

Ibyavuye mu Ibarura Rusange rya 2022 bigaragaza ko mu bana bafite ubumuga bari mu kigero cy’imyaka 6 na 17, abagera kuri 65% ari bo babasha kugera mu ishuri, ugereranyije na 81% badafite ubumuga.

Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga mu Rwanda iherutse gutangaza ko amakuru y’agateganyo bafite yavuye mu bushakashatsi bakoze yerekanye ko ubu babarura abana 17,302 batiga. Ikavuga ko iki ari ikibazo gikenewe kugira icyo gikorwaho kugira ngo abana bose babashe kubona uburezi bungana. Ndayisaba Emmanuel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NCPD,

Yagize ati “Ku bana bakeneye uburezi bwihariye, hari abana bafite ubumuga buremereye usanga kugira ngo babashe kwigana n’abandi mu miterere y’amashuri yacu dufite kugeza uyu munsi bigoranye. Ibigo rero bishobora gufasha abo bana usanga byose ari ibigo byigenga, amafaranga baba bishyuza ababyeyi ntibayabone. Ni yo mpamvu tuvuga ko hakenewe amashuri afite uburezi bwihariye, areba abana bafite ubumuga buremereye.”

Minisiteri y’Uburezi yavuze ko mu gihugu hose hagiye kubakwa amashuri atanu yihariye azafasha abo bana nk’uko byatangajwe na Joseph Nsengimana, Minisitiri w’Uburezi,

Yagize “Ubu ngubu Leta y’u Rwanda irimo gushyiraho amashuri y’intangarugero atanu ku buryo buri Ntara izaba ifite iryo shuri. Ayo mashuri rero akazaba yaguwe, afite ibikoresho byose bishoboka kugira ngo atange urugero rw’uburyo andi mashuri yakora. Abana bafite ubumuga bukabije ni bo bazajya bayoherezwamo.”

Minisitiri kandi yavuze ko ayo mashuri azaba ari aya Leta ku buryo nta kiguzi abazayigamo bazajya batanga.

Ati “Azaba ari amashuri ya Leta, mu mashuri ya Leta rero nta kiguzi ababyeyi basabwa, ahubwo hari nka school feeding ari yo ababyeyi bazajya basabwa. Ubu ngubu ari muri gahunda yo kubakwa, turateganya ko mu myaka itatu cyangwa ine iri imbere ari bwo aya mashuri azaba yuzuye atangiye gukoreshwa.”

Imibare ya 2022 yerekana ko abanyeshuri bafite ubumuga butandukanye barenga 38,937, barimo abahungu 17 322 n’abakobwa 21 615.

Minisitiri w’Uburezi

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 9 =

Previous Post

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

Next Post

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w'Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n'ubushyamirane mu Rwanda n'icyo yahaniwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.