Mu Rwanda hagiye kwifashishwa indege mu gutahura abakora bimwe mu byaha

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Indege nto itagira umupilote (Drone) yahawe izina ‘Inganji I’ igiye kwifashishwa mu gukumira no gufasha Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu iperereza ryo gutahura abangiza ibidukikije.

Ubu buryo bwamuritswe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu, tariki 15 Nzeri 2023, aho iyi drone yiswe ‘Inganji I’ izajya yifashishwa mu gukusanya amakuru ndetse inakore ubugenzuzi; bigamije gukumira ndetse no gukora iperereza ku byaha byangiza ibidukikije.

Izindi Nkuru

Igikorwa cyo gutangiza ubu buryo, cyitabiriwe na Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc wanakiyoboye, aho yari kumwe n’abayobozi banyuranye barimo Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col (Rtd) Jeannot Ruhunga.

Minisiteri y’Ibidukikije, ivuga ko “Drone Inganji I izafasha mu gushakira umuti ndetse no kugenzura ibikorwa byangiza ibidukikije, birimo abapfusha ubusa ubutaka, abashyira imyanda mu mazi, ndetse n’abajya gukorera ibitemewe ahantu hakomwe.”

Indege zitagira abapilote, zisanzwe zifashishwa mu bikorwa binyuranye mu Rwanda, birimo gukwirakwiza amaraso n’imiti mu Bitaro binyuranye, ndetse no gutera imiti yica imibu.

Izi ndege kandi zanifashishwe mu bihe bya Covid-19, zagiye zijya mu bice binyuranye, zifashishwa mu gutanga ubutumwa bwo kurwanya iyi ndwara yigeze kuba icyorezo cyazengereje abaturaye Isi.

Minisitiri w’Ibidukikije yatangije ku mugaragaro ubu buryo

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru