Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Gitifu w’Akarere watunzwe agatoki ku mitangire itanoze y’amasoko yimuriwe ahandi

radiotv10by radiotv10
02/12/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Gitifu w’Akarere watunzwe agatoki ku mitangire itanoze y’amasoko yimuriwe ahandi
Share on FacebookShare on Twitter

Kanyangira Ignace wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Muhanga, uherutse kuvugwagaho kwambura zimwe mu nshingano bamwe mu bakozi b’Akarere bari batangiye kugaragaza ibibazo mu mitangire y’amasoko, yimuriwe mu kandi Karere.

Ikinyamakuru Umuseke dukesha iyi nkuru, kivuga ko Kanyangira Ignace wari amaze imyaka imyaka 3 muri aka Karere ka Muhanga, yavugwaho kuba yari afite ijambo rikomeye mu mitangire y’amasoko mu Karere ngo kuko uwo yashyigikiraga ari we watsindiraga.

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko ibi yagiye abipfa na bamwe mu bakozi ndetse na bamwe mu bayobozi bafite mu nshingano ibijyanye no gutanga amasoko ndetse ko bageze n’aho bisabira ko yakwimurirwa ahandi.

Ngo hari na bamwe mu bakozi yambuye zimwe mu nshingano abaziza kuba bari batangiye kugaragaza imicungire mibi y’umutungo w’Akarere cyane mu mitangire y’amasoko.

Kanyangira Ignace we ahakana ibi bimvugwaho, akavuga ko ari “amagambo” ndetse ko ntaho bihuriye no guhindurirwa Akarere.

Yagize ati “Kwimura umukozi ni ibintu bisanzwe mu nyungu z’akazi. Koherezwa ahandi ni ukoherezwa, ukugenera akazi ni we ukugenera n’aho ujya kugakorera kandi umuntu aragenda akagakora neza ndetse no mu bwitange kurushaho.”

Ibaruwa yashyizwemo umukono Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yandikiye Gitifu Kanyangira Ignace amusaba gukomereza inshingano yari afite mu Karere ka Rulindo.

Iyi baruwa yanditswe tariki 01 Ukuboza 2021 ivuga ko kuva tariki “01 Ukuboza 2021 wimuriwe mu Karere ka Rurindo ku mwanya usanzwe ukora w’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ukaba uzakomeza kugira uburenganzira ku ntera wari ugezeho.”

Src: Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Ishyaka PDI ryasezeranyine FPR-Inkotanyi gukomeza kuyishyigikira no gukorana

Next Post

Abasirikare bashinjwaga gusambanya abagore muri ‘Bannyahe’ babihanaguweho n’Urukiko

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare bashinjwaga gusambanya abagore muri ‘Bannyahe’ babihanaguweho n’Urukiko

Abasirikare bashinjwaga gusambanya abagore muri 'Bannyahe' babihanaguweho n’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.