Wednesday, February 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze

radiotv10by radiotv10
13/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, Umujyanama wa Perezida Yoweri Museveni mu bya Gisirikare, yavuze ko Umujenerali mwiza abona umurenze mu buzima bwe, ari General James Kabarebe.

Uyu musirikare wo muri Uganda akunze gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, ari na rwo yakoresheje atanga iki gitekerezo cye.

Mu butumwa yanyujijeho mu gicuku cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ukuboza 2022, General Muhoozi Kainerugaba, yagize ati “Hari Umujenerali umwe gusa mwiza kundusha mu buzima bwanjye.”

Yakomeje agira ati “Izina rye ni General James Kabarebe. Ni we musirikare rukumbi w’intangarugero kundusha. Ariko ubu turi inshuti. Ntitwigeze na rimwe tuvuga ibyo kuba twarwana. Abadukuriye batuzaniye amahoro.”

General Muhoozi wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara igihe urimo igitotsi.

Nyuma yuko akuwe ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, General Muhoozi yagumanye inshingano zo kuba umujyanama wa Perezida Museveni mu bya gisirikare.

General James Kabarebe ufite ibigwi mu karere k’ibiyaga bigari no muri Afurika y’Iburasirazuba, na we asanzwe ari Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu bya gisirikare.

General James Kabarebe ni umwe mu basirikare bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, akaba yaragize imyanya itandukanye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare cy’u Rwanda no muri Guverinoma, aho yanabaye Minisitiri w’Ingabo.

General James Kabarebe, Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu bya gisirikare
General Muhoozi, Umujyanama wa Perezida Museveni

RADIOTV10

Comments 1

  1. Paul says:
    3 years ago

    Nange ndamwemera cyane General James kabarebe

    Reply

Leave a Reply to Paul Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 1 =

Previous Post

Uwabaye muri ‘guverinoma’ ya Padiri Nahimana hamenyekanye igitumye ubu afungiye i Mageragere

Next Post

Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

Related Posts

Why Young Professionals Keep Getting Into Debt

Why Young Professionals Keep Getting Into Debt

by radiotv10
17/02/2026
0

Today, many young professionals are living in a world where debt feels normal. From student loans to credit cards, borrowing...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Umuturage wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo kivugwamo Banki Nkuru y’u Rwanda yongeye gutakamba

by radiotv10
17/02/2026
0

Muhizi Anathole wagejeje kuri Perezida Paul Kagame ikibazo afitanye na Banki Nkuru y’u Rwanda cyerekeye inzu avuga ko ari ye...

Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

by radiotv10
17/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko nta gishya kirimo kuba Perezida Paul Kagame ataritabiriye Inteko y’Umuryango wa...

Eng-.Nduhungirehe responds to question about President Kagame being represented at the AU Summit

Eng-.Nduhungirehe responds to question about President Kagame being represented at the AU Summit

by radiotv10
17/02/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, said there is nothing unusual about President Paul Kagame...

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

by radiotv10
16/02/2026
0

Urubanza ruregwamo Major Jean Claude Habineza ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 485 Frw, uburana hamwe n’umusivile Bavakure Ndekwe Felix, rwasubitswe nyuma yuko...

IZIHERUKA

Why Young Professionals Keep Getting Into Debt
MU RWANDA

Why Young Professionals Keep Getting Into Debt

by radiotv10
17/02/2026
0

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

17/02/2026
Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

17/02/2026
AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

17/02/2026
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Umuturage wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo kivugwamo Banki Nkuru y’u Rwanda yongeye gutakamba

17/02/2026
Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

17/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Young Professionals Keep Getting Into Debt

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.