Abarimu bo muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batangaje ko batazarangiza igihembwe cya kabiri, igihe baba batishuwe uduhimbazamusyi twabo two kuva muri Ugushyingo (11) umwaka ushize, ndetse n’umushahara w’ukwezi gushize.
Iki cyemezo cyitezwe gufatwa n’aba barimu, gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ishyirahamwe ry’aba barimu bo muri Rutshuru ryasohowe n’umuvugizi waryo Félix Kabunga.
Yatangaje ko abarimu bari kwamagana itinda rihoraho mu kwishyurwa amafaranga bemerewe arimo uduhimbazamusyi ndetse n’amafaranga agenewe ibigo by’amashuri abanza ya Leta yigishiriza ubuntu, kuko kuva mu kwezi k’Ugushyingo n’Ukuboza 2025, batarayabona kimwe n’imishahara yo muri Gashyantare 2026.
Mu itangazo rye, Félix Kabunga yemeza ko iki kibazo gishyira abarimu mu bihe bigoye cyane kandi kikabangamira imikorere myiza y’ibikorwa by’ishuri.
Yagize ati “Abarimu bo mu gace ka Rutshuru barimo mu bihe bigoye cyane. Kugeza ubu, amafaranga y’uburezi bw’ubuntu ku barimu bo mu mashuri abanza ntabwo arishyurwa yo mu kwezi k’Ugushyingo n’Ukuboza 2025. Uduhimbazamushyi two mu bihe nk’ibyo natwo ntiturabageraho, tutibagiwe n’umushahara wo muri Gashyantare, na wo nturaboneka.
Bavuga ko iki kibazo gikomeje, abarimu bashobora kuzahagarika ibikorwa biteganyijwe mu mpera z’igihembwe cya kabiri birimo gukoresha ibizamini n’ibindi bisoza igihembwe.
Yakomeje agira ati “Niba ntagikozwe mu gihe cya vuba kugira ngo iki kibazo gikemuke, abarimu bazafata icyemezo cyo guharika ibikorwa byo kurangiza igihembwe. Ibi ntibizaba ari amahitamo afatwa nk’ayoroheje, ahubwo ni uburyo bwo kugaragaza ko twababajwe n’iri tinda rihoraho.”
Kugeza ubu, inzego z’uburezi cyangwa iz’ubuyobozi bwite bwa Leta, ntacyo buratangaza ku bijyanye n’iki kibazo cy’aba barimu n’iki cyemezo bavuze ko bashobora gufata.
RADIOTV10










