• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

radiotv10by radiotv10
12/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramukiye mu myigaragambyo yo kwamagana ibitero by’indege bya FARDC, nyuma yuko hari ikigabwe muri uyu mujyi kigahitana abantu batatu barimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye.

Abaturage benshi baramukiye mu mihanda yo muri uyu mujyi wa Goma, bitwaje ibyapa byamagana amarorerwa akomeje gukorwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Mu butumwa bwanditse ku nyandiko zitwajwe n’aba baturage, harimo ubusaba Perezida Felix Tshisekedi n’ubutegetsi bwe, guhagarika ibi bikorwa bikomeje gutwara ubuzima bw’inzirakarengane.

Iyi myigaragambyo ije nyuma y’igitero cy’indege zitagira abapilote bivugwa ko ari icy’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa cyagabwe ku nzu iherereye mu gace ka Himbi muri Komini ya Goma.

Iki gitero cyahitanye ubuzima bw’abasivile batatu, barimo Umufaransakazi Carine Buisset wari umukozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) ndetse n’abandi basivile babiri.

Ni igitero gikomeje kwamaganirwa kure, aho ku ikubitiro cyamaganywe n’ubuyobozi bw’iri Huriro AFC/M23 ryahise risohora itangazo ubwo cyari kikimara kuba.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa wanigereye aha hagabwe iki gitero, yatangaje ko ari we cyari kigambiriye kwivugana, kimwe na bamwe mu bandi bayobozi b’iri Huriro, asaba amahanga kugira icyo ikora kuri iyi myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo yo gikomeza kurenga ku myanzuro n’amasezerano yasinywe.

AFC/M23 kandi ivuga ko amahanga akwiye guhagarika uburyarya, akareka gukomeza kotsa igitutu asaba iri Huriro kubahiriza amasezerano y’agahenge, mu gihe uruhande bahanganye rutahwemye kuyica.

Iri Huriro kandi rivuga ko iyi myitwarire ikomeje kuranga uruhande bahanganye irisunikira na ryo kurenga ku gahenge, kugira ngo ryirwaneho, rinarinde abaturage ubuzima bwabo bugeramiwe.

Corneille Nangaa yasuye ahagabwe kiri gitero
Abitabiriye imyigaragambyo yamagana iki gitero bafitiye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

Central Banks of Rwanda and Kenya Sign Cooperation Agreement

Next Post

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.