• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

radiotv10by radiotv10
13/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira
Share on FacebookShare on Twitter

Abarundi batahutse mu Gihugu cyabo bavuye mu Rwanda bahungiyemo mu myaka irenga 10 ishize, bavuga ko iki Gihugu cyabakiriye neza, bakakiboneramo amahoro mu myaka yose bakimazemo, bakaba bafashe icyemezo cyo gutahuka nyuma yo kumenya amakuru ya bagenzi babo batashye mbere.

Kuri uyu wa Kane tariki 12 Werurwe 2026, imiryango 47 igizwe n’abaturage 74 b’Abarundi, yatahutse mu Gihugu cyabo ku bushake, ivuga ko bafashe iki cyemezo kuko bagenzi babo batahutse mbere, ntakibazo bagize.

Ndoba Betrand uvuga ko yahungiye mu Rwanda muri 2015, avuga ko we na bagenzi be kuva bagera mu Rwanda, bakiriwe neza kandi ko bakomeje kwitabwaho.

Ati “Kugeza izi saha twari aha, umutekano wari wose. Twafashe icyemezo cyo gutaha kuko twumvise n’abagiye mbere yacu batubwiye ko mu Burundi ari amahoro, ni yo mpamvu natwe dufashe icyemezo cyo gutaha.”

Uyu Murundi umaze imyaka irenga 10 mu Rwanda, avuga ko iki Gihugu cyababaniye, ku buryo kuva bahagera ntakibazo na kimwe bigeze bahagirira. Ati “Bagerageje kudufata neza, batwigishije imyuga.”

Mugenzi we Ndereyimana Melchior na we ati “Twarashimye cyane. Badufashe neza, ntacyo twagaya ku Rwanda. Badufashe neza, umuntu yakoreraga aho ashaka yidegembya kandi ari impunzi. Nta na hamwe batubangamiraga.”

Uyu muturage akomeza avuga kandi ko banabanye neza n’Abanyarwanda bababaniye kivandimwe dore ko abatuye ibi Bihugu basanzwe ari nk’abavandimwe. Ati “Twari tubanye neza cyane, ntakibazo twahuye nacyo, nta na kimwe.”

Karagire Gonzague, Umuyobozi Ushinzwe Gahunda z’Impunzi muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), avuga ko aba Barundi batashye nyuma yo kugaragaza ko babyifuza ku bushake.

Ati “Abantu baba bariyandikishije bakavuga ko bashaka gutaha, hanyuma tukavugana n’Igihugu cyabo, tukabamenyesha bakatubwira igihe bazabakirira, hanyuma tukabazana.”

Uyu Muyobozi avuga ko impunzi z’Abarundi zatangiye gucyurwa ku bushake muri 2020, aho kugeza ubu hamaze gutahuka abarenga ibihumbi 31.

Muri aba batashye kuri uyu wa Kane, barimo 62 babaga mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, mu gihe abandi 12 babaga mu Mujyi wa Kigali babagamo bashakishirizamo imibereho.

Ndoba Betrand
Ndereyimana Melchior
Bagiye baherekejwe bagezwa ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 13 =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Next Post

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.