Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Vietnam hadutse indwara yandura ku muvuduko udasanzwe

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Muri Vietnam hadutse indwara yandura ku muvuduko udasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Indwara ya Dengue Fever ikwirakwizwa n’umubu, ikomeje gusanganwa abantu benshi muri Vietnam, aho mu cyumweru kimwe gusa, yasanganywe abantu ibihumbi 10.

Minisitiri w’Ubuzima muri Vietnam ivuga ko igipimo cy’ubwandu bw’iyi ndwara muri Vietnam, gikomeje kuzamuka, kuko cyiyongereyeho 42% by’uko cyari kimeze umwaka ushize.

Abantu 90 626 bamaze kwandura, barimo 76 848 bajyanywe mu bitaro, ndetse na 24 bitabye Imana bazize iyi ndwara yandura ku muvuduko uri hejuru.

Minisiteri y’Ubuzima muri iki Gihugu cya Vietnam ivuga ko ubwandu bw’iyi ndwara, bwiyongera mu gihe hariho ubushyuhe bwinshi ndetse no mu gihe hagwa imvura nyinshi, kimwe no mu gihe agace gatuwe cyane.

Umuyobozi w’Ibitaro by’Igihugu byo muri Hanoi, Dr Vu Minh Dien; yavuze ko iyo hari abantu bari kujyanwa mu bitaro, hanasuzumwa abandi benshi baba bagaragaje ibimenyetso by’umuriro mwinshi.

Ati “Mu bantu 1 000 bakekwaho iyi ndwara ya dengue fever, bagasuzumwa, 800 barayisanganwa buri munsi.”

Tran Thi Xuyen, umucuruzi w’imbuto wo mu isoko rimwe rito mu Ntara ya Son La, wasanganywe iyi ndwara, avuga ko atazi uburyo yayanduye, ndetse n’uburyo yayanduje bagenzi be.

Yagize ati “Nafashe imiti nahawe n’ibitaro by’iwacu mu Karere mu gihe cy’iminsi ine ariko umuriro wanga gushira, nza kwiyemeza kwijyana ku Bitaro, aho abaganga bavuze ko mfite dengue fever.”

Kugeza ubu ntiharaboneka imiti ivura ibimenyetso bine by’iyi ndwara, iterwa na virusi, igakwirakwizwa n’umubu, izwiho gutera umuriro mwinshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + eight =

Previous Post

Urujijo ku baturage bamaze icyumweru bajya kwivuza bakabura abaganga

Next Post

Gabon: Bongo wari ufungiye iwe kuva yakorerwa ‘Coup d’Etat’ ubu byahindutse

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gabon: Bongo wari ufungiye iwe kuva yakorerwa ‘Coup d’Etat’ ubu byahindutse

Gabon: Bongo wari ufungiye iwe kuva yakorerwa 'Coup d’Etat' ubu byahindutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.