Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Musanze: Abarimo Umwarimu bafunzwe bakurikiranyweho kwiba inzoga z’imodoka yakoze impanuka

radiotv10by radiotv10
25/03/2022
in Uncategorized
3
Musanze: Ikamyo yuzuye byeri yakoze impanuka abaturage barahurura ngo barebe ko bakwica icyaka
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage batandatu barimo umwarimu, batawe muri yombi nyuma y’umukwabu wo gushaka abasahuye imodoka ya Bralirwa yakoreye impanuka mu Karere ka Musanze, inzoga zari ziyirimo zikanyanyagira mu muhanda, bigatuma abaturage baziraramo bakazinywa.

Aba bantu batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rutangaza ko biyemerera ko bakoze iki cyaha bakanagisabira imbabazi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yavuze ko aba baturage batandatu batawe muri yombi.

Dr Murangira yanaboneyeho kunenga aba baturage basahuye iriya modoka kandi ari ibyago byari bibaye kandi ko ibi bimaze kuba umuco kuko aho imodoka ikoze impanuka itwaye ibinyobwa, abantu bahita babyiraramo bakabyiba bashaka kubinywa.

Yavuze ko ubusanzwe mu muco nyarwanda, iyo umuntu akoze impanuka, abantu bihutira kumutabara aho kujya musahura.

Aba bantu bafatiwe mu gikorwa cyo gushakisha aba bantu ubwo inzego zajyaga gusaka mu ngo z’abaturage, bamwe bagasanganwa izo nzoga n’amakaziye.

Bamwe mu bafashwe, harimo umwarimu wigisha ku kigo cy’Urwunge rw’amashuri Busogo mu Karere ka Musanze, wasanganywe amakaziye mu rugo iwe.

Iyi mpanuka yabaye ku wa Kabiri tariki 22 Werurwe 2022, yabereye mu Mudugudu wa Kabaya mu Kagari ka Rubindi mu Murenge wa Gataraga, ubwo imodoka nini yari itwaye ibinyobwa bya Bralirwa birimo Mutzig na Primus.

Abaturage bo muri aka gace n’abari muri uyu muhanda Musanze- Rubavu, bahise birara mu makaziye y’izi nzoga, bashakamo amacupa akirimo inzoga ngo bazinywe.

RADIOTV10

Comments 3

  1. Theo says:
    3 years ago

    Mutavuze mwalimu ntimwabaho ariko? Mibuka ari we wabigishije kwandika ibyo mwandika?

    Reply
  2. John says:
    3 years ago

    Yari agiye kugarura abanyeshuri arenganurwe . Ntawe bitabaho asanze igaramye

    Reply
  3. Mukandayisenga Françoise says:
    3 years ago

    Rwose abo baturage nibarenganurwe kuko ibyabaye ntawe bitabaho kuko babonaga n’izindi zamenetse Kandi ataribo babiteye. Ubutabera nibubababarire ntabwo bazongera.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Urugendo rwo gushaka Rudasumbwa w’u Rwanda rwatangiye…Abasore 5 bazahagararira Iburasirazuba (AMAFOTO)

Next Post

Ruhango: MTN mu mushinga wa Miliyoni 12 wo guha abaturage amazi asukuye yo kunywa

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

12/05/2025
Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

12/05/2025

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

12/05/2025
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: MTN mu mushinga wa Miliyoni 12 wo guha abaturage amazi asukuye yo kunywa

Ruhango: MTN mu mushinga wa Miliyoni 12 wo guha abaturage amazi asukuye yo kunywa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.