Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Hari abajya ku irimbi bakihindura abazimu bakahamburira abaturage bakanafata ku ngufu abagore

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Hari abajya ku irimbi bakihindura abazimu bakahamburira abaturage bakanafata ku ngufu abagore
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze barataka urugomo bakorerwa n’abantu baza kwihisha ku irimbi ubundi bakihindura abazimu kugira ngo bambure abahise n’abagenzi ndetse bakanafata ku ngufu abagore.

Aba baturage bavuga ko barembejwe n’aba bajura bihindura abazimu ku irimbi rya Bukinanyana ubundi bakabambura ibyo bafite ku buryo uhirahiye kuhaca saa kumi n’ebyiri z’umugoroba aba asa n’uwiyahuye.

Umwe mu baturage avuga ko no mu minsi ya vuba ishize hari umuturage w’umugore uherutse kuhagirirwa nabi.

Uyu muturage avuga ko uwo mugore wari uherutse no gusezerana, yafatiwe ku ngufu n’aba bantu bihindura abazimu kuri ririya rimbi.

Agira ati “Iyo bigeze saa kumi n’ebyiri ntabwo wahaca kuko barahamburira cyane. Bakitwaza ngo ni abazimu ba hano mu irimbi.”

Undi muturage umaze imyaka ibiri atuye hafi y’iri rimbi, avuga ko inshuro nyinshi yumva abantu bahamburiwe n’abahafatiwe ku ngufu.

Undi na we wahamburiwe agira ati “Uhaca ari mu mwijima wabona nk’icyo kintu cyambaye supaneti ugahira wiruka igare ukarita.”

Aba baturage bavuga ko nubwo batarabona amaso ku maso aba bantu kuko baba bihinduranyije biyita abazimu ariko bakeka ko ari abasanzwe bakora akazi ko kuragira amatungo [abashumba] bo muri aka gace.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Lamuri Janvier avuga ko ikibazo cy’umutekano mucye kigaragara ku irimbi rya Bukinanyana kimwe n’ahandi mu mujyi wa Musanze cyahagurukiwe ariko ngo kuko kuri iri irimbi rya Bukinanyana hari ikibazo cyihariye hagiye gushyirwa imbaraga kurushaho.

Ati “Harajya mu hagomba gushyirwa imbaraga nk’uko tugenda tuzongera n’ahandi. Turavugana n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Cyuve na bo bashyiremo imbaraga kuba harimo kugaragara icyo cyuho. Bigomba guhita bikorwa.”

Lamuri Janvier kandi yagarutse ku cyifuzo cy’abaturage cyo gushyirirwaho amatara yo ku muhanda, avuga ko iyi gahunda isanzwe ihari kandi yatangiye ndetse ko aya matara azashyirwa ku muhanda uva mu mujyi wa Musanze kugeza ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Huye: Umugabo akurikiranyweho kwica ateye icyuma mugenzi we bapfuye indaya

Next Post

Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y'igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.