Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Hari abajya ku irimbi bakihindura abazimu bakahamburira abaturage bakanafata ku ngufu abagore

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Hari abajya ku irimbi bakihindura abazimu bakahamburira abaturage bakanafata ku ngufu abagore
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze barataka urugomo bakorerwa n’abantu baza kwihisha ku irimbi ubundi bakihindura abazimu kugira ngo bambure abahise n’abagenzi ndetse bakanafata ku ngufu abagore.

Aba baturage bavuga ko barembejwe n’aba bajura bihindura abazimu ku irimbi rya Bukinanyana ubundi bakabambura ibyo bafite ku buryo uhirahiye kuhaca saa kumi n’ebyiri z’umugoroba aba asa n’uwiyahuye.

Umwe mu baturage avuga ko no mu minsi ya vuba ishize hari umuturage w’umugore uherutse kuhagirirwa nabi.

Uyu muturage avuga ko uwo mugore wari uherutse no gusezerana, yafatiwe ku ngufu n’aba bantu bihindura abazimu kuri ririya rimbi.

Agira ati “Iyo bigeze saa kumi n’ebyiri ntabwo wahaca kuko barahamburira cyane. Bakitwaza ngo ni abazimu ba hano mu irimbi.”

Undi muturage umaze imyaka ibiri atuye hafi y’iri rimbi, avuga ko inshuro nyinshi yumva abantu bahamburiwe n’abahafatiwe ku ngufu.

Undi na we wahamburiwe agira ati “Uhaca ari mu mwijima wabona nk’icyo kintu cyambaye supaneti ugahira wiruka igare ukarita.”

Aba baturage bavuga ko nubwo batarabona amaso ku maso aba bantu kuko baba bihinduranyije biyita abazimu ariko bakeka ko ari abasanzwe bakora akazi ko kuragira amatungo [abashumba] bo muri aka gace.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Lamuri Janvier avuga ko ikibazo cy’umutekano mucye kigaragara ku irimbi rya Bukinanyana kimwe n’ahandi mu mujyi wa Musanze cyahagurukiwe ariko ngo kuko kuri iri irimbi rya Bukinanyana hari ikibazo cyihariye hagiye gushyirwa imbaraga kurushaho.

Ati “Harajya mu hagomba gushyirwa imbaraga nk’uko tugenda tuzongera n’ahandi. Turavugana n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Cyuve na bo bashyiremo imbaraga kuba harimo kugaragara icyo cyuho. Bigomba guhita bikorwa.”

Lamuri Janvier kandi yagarutse ku cyifuzo cy’abaturage cyo gushyirirwaho amatara yo ku muhanda, avuga ko iyi gahunda isanzwe ihari kandi yatangiye ndetse ko aya matara azashyirwa ku muhanda uva mu mujyi wa Musanze kugeza ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Huye: Umugabo akurikiranyweho kwica ateye icyuma mugenzi we bapfuye indaya

Next Post

Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y'igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.