Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Rurageretse hagati y’umuturage n’Akarere ugashinja kumuhombya amamiliyoni menshi

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Rurageretse hagati y’umuturage n’Akarere ugashinja kumuhombya amamiliyoni menshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ukora ubuhinzi bw’Indabo n’ubworozi bw’amafi mu Kagari ka Mpenge mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arashinja Akarere kumuhombya Miliyoni zigera muri 17 Frw.

Uyu muturage witwa Mushengezi Jean Damascene, yabwiye RADIOTV10 ko yagiranye amasezerano n’ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze yo kumukodesha ubutaka bw’igishanga cya Mpenge bungana na 1/3 cya Hegitari bwari busanzwe ari ikimpoteri cyamenwagamo imyanya n’abaturage bahaturiye.

Avuga ko aha hantu yaje kuhatunganya ubundi akahakorera umushinga w’ubuhinzi n’ubworozi bubereye umugi, akajya yishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 65 Frw.

Muri aka gace haje gukorwa imihanda hanakorwa ruhurura n’imiyoboro imanura amazi, bituma aho yakoreraga iri shoramari rye hatangira kuzurirwa n’amazi ndetse n’ubworozi bwe burahazaharira.

Ati “Nyuma yo kubona ko amafi atembye kuko icyo gihe batubwiraga ko nta muntu uri kwandikira Akarere kubera ikibazo cya Corona, ngerageza koherereza ubutumwa Visi Meya w’ubukungu mumenyesha ikibazo nari nahuye nacyo cyo gutembesha amafi.”

Ubuyobozi bw’Akarere bwamusabye kuyobya amazi y’iyo ruhurura ariko kuko amafaranga yose yari yarayashoye muri iri shoramari rye, abura ubushobozi bwo gukora ibyo yasabwaga n’ubuyobozi.

Ati “Nagize igihombo gikomeye mbese nari namaze gusubira ku butaka hasi. Ubu mbayeho nabi mu bukene kuko no kugaburira n’abana ni ikibazo gikomeye kuko intego nari mfite zo kuba nabona amafaranga nyakuye muri aya mafi, amazi yarayatwaye.”

Umunyamakuru yagerageje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere bubivugaho ariko Umuyobozi Wungirije w’Akarere, Andrew Rucyahana ku murongo we wa telephone ntiyabashije kutwitaba, amwandikira ubutumwa bugufi amumenyesha ko ari mu nama, anakomeza kugerageza gushaka kumenya icyo abivugaho ariko birananirana.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 10 =

Previous Post

Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23 ishaka gufata akandi gace

Next Post

Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.