Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Rurageretse hagati y’umuturage n’Akarere ugashinja kumuhombya amamiliyoni menshi

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Rurageretse hagati y’umuturage n’Akarere ugashinja kumuhombya amamiliyoni menshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ukora ubuhinzi bw’Indabo n’ubworozi bw’amafi mu Kagari ka Mpenge mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arashinja Akarere kumuhombya Miliyoni zigera muri 17 Frw.

Uyu muturage witwa Mushengezi Jean Damascene, yabwiye RADIOTV10 ko yagiranye amasezerano n’ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze yo kumukodesha ubutaka bw’igishanga cya Mpenge bungana na 1/3 cya Hegitari bwari busanzwe ari ikimpoteri cyamenwagamo imyanya n’abaturage bahaturiye.

Avuga ko aha hantu yaje kuhatunganya ubundi akahakorera umushinga w’ubuhinzi n’ubworozi bubereye umugi, akajya yishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 65 Frw.

Muri aka gace haje gukorwa imihanda hanakorwa ruhurura n’imiyoboro imanura amazi, bituma aho yakoreraga iri shoramari rye hatangira kuzurirwa n’amazi ndetse n’ubworozi bwe burahazaharira.

Ati “Nyuma yo kubona ko amafi atembye kuko icyo gihe batubwiraga ko nta muntu uri kwandikira Akarere kubera ikibazo cya Corona, ngerageza koherereza ubutumwa Visi Meya w’ubukungu mumenyesha ikibazo nari nahuye nacyo cyo gutembesha amafi.”

Ubuyobozi bw’Akarere bwamusabye kuyobya amazi y’iyo ruhurura ariko kuko amafaranga yose yari yarayashoye muri iri shoramari rye, abura ubushobozi bwo gukora ibyo yasabwaga n’ubuyobozi.

Ati “Nagize igihombo gikomeye mbese nari namaze gusubira ku butaka hasi. Ubu mbayeho nabi mu bukene kuko no kugaburira n’abana ni ikibazo gikomeye kuko intego nari mfite zo kuba nabona amafaranga nyakuye muri aya mafi, amazi yarayatwaye.”

Umunyamakuru yagerageje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere bubivugaho ariko Umuyobozi Wungirije w’Akarere, Andrew Rucyahana ku murongo we wa telephone ntiyabashije kutwitaba, amwandikira ubutumwa bugufi amumenyesha ko ari mu nama, anakomeza kugerageza gushaka kumenya icyo abivugaho ariko birananirana.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23 ishaka gufata akandi gace

Next Post

Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.