Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Rurageretse hagati y’umuturage n’Akarere ugashinja kumuhombya amamiliyoni menshi

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Rurageretse hagati y’umuturage n’Akarere ugashinja kumuhombya amamiliyoni menshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ukora ubuhinzi bw’Indabo n’ubworozi bw’amafi mu Kagari ka Mpenge mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arashinja Akarere kumuhombya Miliyoni zigera muri 17 Frw.

Uyu muturage witwa Mushengezi Jean Damascene, yabwiye RADIOTV10 ko yagiranye amasezerano n’ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze yo kumukodesha ubutaka bw’igishanga cya Mpenge bungana na 1/3 cya Hegitari bwari busanzwe ari ikimpoteri cyamenwagamo imyanya n’abaturage bahaturiye.

Avuga ko aha hantu yaje kuhatunganya ubundi akahakorera umushinga w’ubuhinzi n’ubworozi bubereye umugi, akajya yishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 65 Frw.

Muri aka gace haje gukorwa imihanda hanakorwa ruhurura n’imiyoboro imanura amazi, bituma aho yakoreraga iri shoramari rye hatangira kuzurirwa n’amazi ndetse n’ubworozi bwe burahazaharira.

Ati “Nyuma yo kubona ko amafi atembye kuko icyo gihe batubwiraga ko nta muntu uri kwandikira Akarere kubera ikibazo cya Corona, ngerageza koherereza ubutumwa Visi Meya w’ubukungu mumenyesha ikibazo nari nahuye nacyo cyo gutembesha amafi.”

Ubuyobozi bw’Akarere bwamusabye kuyobya amazi y’iyo ruhurura ariko kuko amafaranga yose yari yarayashoye muri iri shoramari rye, abura ubushobozi bwo gukora ibyo yasabwaga n’ubuyobozi.

Ati “Nagize igihombo gikomeye mbese nari namaze gusubira ku butaka hasi. Ubu mbayeho nabi mu bukene kuko no kugaburira n’abana ni ikibazo gikomeye kuko intego nari mfite zo kuba nabona amafaranga nyakuye muri aya mafi, amazi yarayatwaye.”

Umunyamakuru yagerageje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere bubivugaho ariko Umuyobozi Wungirije w’Akarere, Andrew Rucyahana ku murongo we wa telephone ntiyabashije kutwitaba, amwandikira ubutumwa bugufi amumenyesha ko ari mu nama, anakomeza kugerageza gushaka kumenya icyo abivugaho ariko birananirana.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23 ishaka gufata akandi gace

Next Post

Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

Related Posts

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
02/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
02/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.