Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Umukecuru w’imyaka 120 wari warahagarikiwe inkunga ubu akanyamuneza kamusesekayeho ararya akaryama

radiotv10by radiotv10
28/06/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Umukecuru w’imyaka 120 wari warahagarikiwe inkunga ubu akanyamuneza kamusesekayeho ararya akaryama
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze ku mukecuru wo mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, ahita akoma amashyi agira ati “ayiii, Perezida Kagame we urakaramba…” Yari yarahagarikiwe inkunga y’ingoboka, aza gukorerwa ubuvugizi none yongeye kuyihabwa.

Muri Mutarama uyu mwaka, RADIOTV10 yari yakoze inkuru y’uyu mukecuru Venansiya Nyirabasabose utuye mu Mudugudu wa Manjari mu Kagari ka Murago mu Murenge wa Gataraga, watabarizwaga n’abaturanyi be bari babajwe n’imibereho iteye agahinda abayemo.

Iyi mibereho mibi yari yamugezeho nyuma yo gukurwa mu bahabwa inkunga y’Ingoboka ihabwa abageze mu zabukuru mu gihe abaturanyi be bavuga ko batazi icyo ubuyobozi bwagendeyeho bumukuramo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasubiye gusura uyu mukecuru, asanga amaze amezi abiri yarongeye guhabwa iyi nkunga, ndetse imibereho yarahindutse, akimubona ahita avuza impundu, amushimira ariko byumwihariko agashimira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ati “Ayiii…Perezida we Perezida we, nashimiye Kagame abe mu Gihugu cye neza, akigiremo amahoro, ibi se nari narabyigejejeho. Yankijije imvura, yankijije itaka ryahoraga ringwaho, ohhh, ndaryama ngasinzira.”

Nyirabasabose avuga ko ubu aryama agasinzira

Ageze ku gitangazamakuru cya RADIOTV10 cyamukoreye ubuvugizi, yagize ati “Imana ibafashe, ibahe amahoro ibahe ubuzima, muri gukorera Imana, ibahe imbaraga.”

Mbere yavugaga ko nibura uwamuha icyo kurya ndetse akabona n’aho gukinga umusaya hameze neza, ubu aravuga ko atakicwa n’inzara ndetse akaba asigaye aryama agasinzira.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gataraga, Herman Micomyiza yabwiye RADIOTV10 ko uyu mukecuru yasubijwe ku rutonde rw’abahabwa inkunga y’ingoboka mu mpera z’umwaka w’ingengo y’imari wa 2021-2022 kandi ngo bizakomeza.

Uyu muyobozi avuga ko uyu mwanzuro wafashwe nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA) n’ubuyobozi bw’Akarere, basuye uyu mukecuru.

Ati “Kuva icyo gihe bamusura habayeho gahunda yo kumusubiza mu cyiciro aho agomba guhabwa inkunga y’ingoboka.”

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba umuryango w’uyu mukecuru gukoresha neza iyi nkunga y’ingoboka kugira ngo ijye igeze igihe bazabonera indi ndetse byanashoboka bakareba uburyo yabafasha kwiteza imbere.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − twelve =

Previous Post

Umuryango w’Abahutu b’Abanye-Congo wamaganye icyo wise ubugambanyi bw’u Rwanda na Uganda

Next Post

Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.