Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Umukecuru w’imyaka 120 wari warahagarikiwe inkunga ubu akanyamuneza kamusesekayeho ararya akaryama

radiotv10by radiotv10
28/06/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Umukecuru w’imyaka 120 wari warahagarikiwe inkunga ubu akanyamuneza kamusesekayeho ararya akaryama
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze ku mukecuru wo mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, ahita akoma amashyi agira ati “ayiii, Perezida Kagame we urakaramba…” Yari yarahagarikiwe inkunga y’ingoboka, aza gukorerwa ubuvugizi none yongeye kuyihabwa.

Muri Mutarama uyu mwaka, RADIOTV10 yari yakoze inkuru y’uyu mukecuru Venansiya Nyirabasabose utuye mu Mudugudu wa Manjari mu Kagari ka Murago mu Murenge wa Gataraga, watabarizwaga n’abaturanyi be bari babajwe n’imibereho iteye agahinda abayemo.

Iyi mibereho mibi yari yamugezeho nyuma yo gukurwa mu bahabwa inkunga y’Ingoboka ihabwa abageze mu zabukuru mu gihe abaturanyi be bavuga ko batazi icyo ubuyobozi bwagendeyeho bumukuramo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasubiye gusura uyu mukecuru, asanga amaze amezi abiri yarongeye guhabwa iyi nkunga, ndetse imibereho yarahindutse, akimubona ahita avuza impundu, amushimira ariko byumwihariko agashimira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ati “Ayiii…Perezida we Perezida we, nashimiye Kagame abe mu Gihugu cye neza, akigiremo amahoro, ibi se nari narabyigejejeho. Yankijije imvura, yankijije itaka ryahoraga ringwaho, ohhh, ndaryama ngasinzira.”

Nyirabasabose avuga ko ubu aryama agasinzira

Ageze ku gitangazamakuru cya RADIOTV10 cyamukoreye ubuvugizi, yagize ati “Imana ibafashe, ibahe amahoro ibahe ubuzima, muri gukorera Imana, ibahe imbaraga.”

Mbere yavugaga ko nibura uwamuha icyo kurya ndetse akabona n’aho gukinga umusaya hameze neza, ubu aravuga ko atakicwa n’inzara ndetse akaba asigaye aryama agasinzira.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gataraga, Herman Micomyiza yabwiye RADIOTV10 ko uyu mukecuru yasubijwe ku rutonde rw’abahabwa inkunga y’ingoboka mu mpera z’umwaka w’ingengo y’imari wa 2021-2022 kandi ngo bizakomeza.

Uyu muyobozi avuga ko uyu mwanzuro wafashwe nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA) n’ubuyobozi bw’Akarere, basuye uyu mukecuru.

Ati “Kuva icyo gihe bamusura habayeho gahunda yo kumusubiza mu cyiciro aho agomba guhabwa inkunga y’ingoboka.”

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba umuryango w’uyu mukecuru gukoresha neza iyi nkunga y’ingoboka kugira ngo ijye igeze igihe bazabonera indi ndetse byanashoboka bakareba uburyo yabafasha kwiteza imbere.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 8 =

Previous Post

Umuryango w’Abahutu b’Abanye-Congo wamaganye icyo wise ubugambanyi bw’u Rwanda na Uganda

Next Post

Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.