• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Umukecuru w’imyaka 120 wari warahagarikiwe inkunga ubu akanyamuneza kamusesekayeho ararya akaryama

radiotv10by radiotv10
28/06/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Umukecuru w’imyaka 120 wari warahagarikiwe inkunga ubu akanyamuneza kamusesekayeho ararya akaryama
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze ku mukecuru wo mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, ahita akoma amashyi agira ati “ayiii, Perezida Kagame we urakaramba…” Yari yarahagarikiwe inkunga y’ingoboka, aza gukorerwa ubuvugizi none yongeye kuyihabwa.

Muri Mutarama uyu mwaka, RADIOTV10 yari yakoze inkuru y’uyu mukecuru Venansiya Nyirabasabose utuye mu Mudugudu wa Manjari mu Kagari ka Murago mu Murenge wa Gataraga, watabarizwaga n’abaturanyi be bari babajwe n’imibereho iteye agahinda abayemo.

Iyi mibereho mibi yari yamugezeho nyuma yo gukurwa mu bahabwa inkunga y’Ingoboka ihabwa abageze mu zabukuru mu gihe abaturanyi be bavuga ko batazi icyo ubuyobozi bwagendeyeho bumukuramo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasubiye gusura uyu mukecuru, asanga amaze amezi abiri yarongeye guhabwa iyi nkunga, ndetse imibereho yarahindutse, akimubona ahita avuza impundu, amushimira ariko byumwihariko agashimira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ati “Ayiii…Perezida we Perezida we, nashimiye Kagame abe mu Gihugu cye neza, akigiremo amahoro, ibi se nari narabyigejejeho. Yankijije imvura, yankijije itaka ryahoraga ringwaho, ohhh, ndaryama ngasinzira.”

Nyirabasabose avuga ko ubu aryama agasinzira

Ageze ku gitangazamakuru cya RADIOTV10 cyamukoreye ubuvugizi, yagize ati “Imana ibafashe, ibahe amahoro ibahe ubuzima, muri gukorera Imana, ibahe imbaraga.”

Mbere yavugaga ko nibura uwamuha icyo kurya ndetse akabona n’aho gukinga umusaya hameze neza, ubu aravuga ko atakicwa n’inzara ndetse akaba asigaye aryama agasinzira.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gataraga, Herman Micomyiza yabwiye RADIOTV10 ko uyu mukecuru yasubijwe ku rutonde rw’abahabwa inkunga y’ingoboka mu mpera z’umwaka w’ingengo y’imari wa 2021-2022 kandi ngo bizakomeza.

Uyu muyobozi avuga ko uyu mwanzuro wafashwe nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA) n’ubuyobozi bw’Akarere, basuye uyu mukecuru.

Ati “Kuva icyo gihe bamusura habayeho gahunda yo kumusubiza mu cyiciro aho agomba guhabwa inkunga y’ingoboka.”

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba umuryango w’uyu mukecuru gukoresha neza iyi nkunga y’ingoboka kugira ngo ijye igeze igihe bazabonera indi ndetse byanashoboka bakareba uburyo yabafasha kwiteza imbere.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − seven =

Previous Post

Umuryango w’Abahutu b’Abanye-Congo wamaganye icyo wise ubugambanyi bw’u Rwanda na Uganda

Next Post

Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.