Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

radiotv10by radiotv10
28/06/2022
in MU RWANDA
0
Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’Ibihugu birindwi bikize ku Isi [bizwi nka G7] bahaye gasopo u Burusiya nyuma y’igisasu cya misile bwateye ku iduka ryo muri Ukraine ryarimo abantu bagera mu 1 000, bateguza Perezida Vladimir Putin kuzaryozwa ibyaha by’intambara ari gukora.

Iki gitero cyarashwe mu iduka rinini rizwi nka Kremenchuk mall riherereye mu mujyi wa Kremenchuk, cyahitanye abagera kuri 18, gikomeretsa abagera muri 59.

Mu itangazo ryasohowe n’abayobozi b’Ibihugu bigize G7 bateraniye mu nama mu Budage, bateguje perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin kuzaryozwa ibi bikorwa by’intambara yashoye muri Ukraine.

Muri iri tangazo rya G7 rivuga ko iki gikorwa cy’iki gisasu ari “Indangakamere”, rikomeza rivuga ko ibi bikorwa bya gisirikare bishorwa ku basivile bitarobanuye, bigize ibyaha by’intambara.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy wakunze gushinja u Burusiya kwica abasivile, yavuze ko iki gisasu cyarashwe ku iduka ryarimo abantu bagera mu 1 000 ari kimwe mu bikorwa by’iterabwoba bibabaje bibayeho mu mateka y’u Burayi.

Perezida Volodymyr Zelenskyy yavuze ko uyu mujyi uherereyemo iri duka ryarashweho, usanzwe ari “uw’ituze, ukaba izingiro ry’amaguriro, abagorem abana n’abasivile barimo imbere.”

Amashusho yagaragaje ubukana bw’iki gisasu, yerekana abari gukora ubutabazi baje kuzimya kuko iki gisasu cyahise gitera inkongi idasanzwe.

Ishami rya gisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere, cyatangaje ko iki gisasu cyarashwe kuri iri duka ari misire yo mu bwoko bwa X-22.

Amasaderi wungirije w’u Burusiya mu Muryango w’Abibumbye, Dmitry Polyanskiy, yanditse ubutumwa kuri Twitter avuga ko iki gisasu cyatewe kubera ubushotoranyi bwa Ukraine.

Yagize ati “Birumvikana ubutegetsi bwa Kiev bukwiye gushyira imbere inyungu za Ukraine aho kumva ko bushyigikiwe na NATO.

Abategetsi bo mu Bihugu bya G7 bahaye ubutumwa Putin n’Igihugu cye basa nk’abamuha gasopo.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson uherutse mu Rwanda, yavuze ko iki gitero kibabaje by’indengakamere.

Yagize ati “Putin akwiye kumenya ko imyitwaerire ye itazagira icyo imugezaho ahubwo aratuma u Bwongereza bwongera imbaraga ndetse n’ibindi Bihugu bya G7 gukomeza gushyigikira Ukraine kugeza igihe cyose gishoboka.”

Umunyamabanga mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken yavuze ko Isi ishenguwe n’iki gikorwa cy’u Burusiya ndetse Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres na we akaba yamaganye ibikorwa nk’ibi by’u Burusiya, avuga ko biteye inkeke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 1 =

Previous Post

Musanze: Umukecuru w’imyaka 120 wari warahagarikiwe inkunga ubu akanyamuneza kamusesekayeho ararya akaryama

Next Post

Muri DRCongo rwongeye kwambikana, FARDC irashaka kwisubiza Bunagana

Related Posts

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
02/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
02/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri DRCongo rwongeye kwambikana, FARDC irashaka kwisubiza Bunagana

Muri DRCongo rwongeye kwambikana, FARDC irashaka kwisubiza Bunagana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.