Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni wujuje imyaka 80 yashimiye abarimo Muammar Gaddafi avuga n’impamvu

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni wujuje imyaka 80 yashimiye abarimo Muammar Gaddafi avuga n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, wujuje imyaka 80 y’amavuko, yashimiye Abanyafurika bafashije Uganda mu rugamba rwo kwibohora barimo Mwalimu Julius Nyerere na Muammar Gaddafi wabaye Perezida wa Libya.

Perezida Museveni kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024, yujuje imyaka 80 y’amavuko, aho yakorewe ibirori byo kwishimira iyi sabukuru.

Mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 16 Nzeri 2024, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko.

Yagize ati “Ndashimira buri wese wangaragarije ibyishimo anyifuriza isabukuru y’amavuko. Nishimiye iyi mpano y’imyaka 80 maze ndiho.”

Museveni yakomeje agira ati “Ndashimira ababyeyi banjye bandeze na Maama Janet ku bwo kumpesha umugisha muri iki gihe cyose maranye n’umuryango.”

Perezida wa Uganda wayoboye urugamba rwo kubohora iki Gihugu, yanashimiye abahoze ari abarwanyi ba NRA wari umutwe w’Igisirikare w’ishyaka rye NRM ndetse n’igisirikare cya Uganda (UPDF), abashimira uruhare bagize mu gutuma iki Gihugu kigeze ahashimishije.

Ati “Ndashimira kandi Abanyafurika nka Mwalimu Nyerere, Samora Machel, Muammar Gaddafi, ndetse n’abandi bose badufashije mu rugamba rwacu.”

Museveni yavuze ko ibyo kwishimira atabigezeho wenyine, ahubwo ko Abanya-Uganda na bo bakwiye kwishimira urugamba barwanye rubagejeje ku byo bagezeho ubu.

General Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Museveni, uherutse kwifuriza isabukuru nziza umubyeyi, yavuze ko ari we muntu w’intangarugero wabaye mu mateka y’Isi.

Museveni kuri iki Cyumweru yakorewe ibirori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Next Post

Real Madrid ikomeje kwinjira mu bihe bitayoroheye kandi ifite urugamba ruyitegereje

Related Posts

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Real Madrid ikomeje kwinjira mu bihe bitayoroheye kandi ifite urugamba ruyitegereje

Real Madrid ikomeje kwinjira mu bihe bitayoroheye kandi ifite urugamba ruyitegereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.