Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni wujuje imyaka 80 yashimiye abarimo Muammar Gaddafi avuga n’impamvu

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni wujuje imyaka 80 yashimiye abarimo Muammar Gaddafi avuga n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, wujuje imyaka 80 y’amavuko, yashimiye Abanyafurika bafashije Uganda mu rugamba rwo kwibohora barimo Mwalimu Julius Nyerere na Muammar Gaddafi wabaye Perezida wa Libya.

Perezida Museveni kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024, yujuje imyaka 80 y’amavuko, aho yakorewe ibirori byo kwishimira iyi sabukuru.

Mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 16 Nzeri 2024, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko.

Yagize ati “Ndashimira buri wese wangaragarije ibyishimo anyifuriza isabukuru y’amavuko. Nishimiye iyi mpano y’imyaka 80 maze ndiho.”

Museveni yakomeje agira ati “Ndashimira ababyeyi banjye bandeze na Maama Janet ku bwo kumpesha umugisha muri iki gihe cyose maranye n’umuryango.”

Perezida wa Uganda wayoboye urugamba rwo kubohora iki Gihugu, yanashimiye abahoze ari abarwanyi ba NRA wari umutwe w’Igisirikare w’ishyaka rye NRM ndetse n’igisirikare cya Uganda (UPDF), abashimira uruhare bagize mu gutuma iki Gihugu kigeze ahashimishije.

Ati “Ndashimira kandi Abanyafurika nka Mwalimu Nyerere, Samora Machel, Muammar Gaddafi, ndetse n’abandi bose badufashije mu rugamba rwacu.”

Museveni yavuze ko ibyo kwishimira atabigezeho wenyine, ahubwo ko Abanya-Uganda na bo bakwiye kwishimira urugamba barwanye rubagejeje ku byo bagezeho ubu.

General Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Museveni, uherutse kwifuriza isabukuru nziza umubyeyi, yavuze ko ari we muntu w’intangarugero wabaye mu mateka y’Isi.

Museveni kuri iki Cyumweru yakorewe ibirori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + seventeen =

Previous Post

Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Next Post

Real Madrid ikomeje kwinjira mu bihe bitayoroheye kandi ifite urugamba ruyitegereje

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Real Madrid ikomeje kwinjira mu bihe bitayoroheye kandi ifite urugamba ruyitegereje

Real Madrid ikomeje kwinjira mu bihe bitayoroheye kandi ifite urugamba ruyitegereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.