Saturday, October 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni wujuje imyaka 80 yashimiye abarimo Muammar Gaddafi avuga n’impamvu

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni wujuje imyaka 80 yashimiye abarimo Muammar Gaddafi avuga n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, wujuje imyaka 80 y’amavuko, yashimiye Abanyafurika bafashije Uganda mu rugamba rwo kwibohora barimo Mwalimu Julius Nyerere na Muammar Gaddafi wabaye Perezida wa Libya.

Perezida Museveni kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024, yujuje imyaka 80 y’amavuko, aho yakorewe ibirori byo kwishimira iyi sabukuru.

Mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 16 Nzeri 2024, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko.

Yagize ati “Ndashimira buri wese wangaragarije ibyishimo anyifuriza isabukuru y’amavuko. Nishimiye iyi mpano y’imyaka 80 maze ndiho.”

Museveni yakomeje agira ati “Ndashimira ababyeyi banjye bandeze na Maama Janet ku bwo kumpesha umugisha muri iki gihe cyose maranye n’umuryango.”

Perezida wa Uganda wayoboye urugamba rwo kubohora iki Gihugu, yanashimiye abahoze ari abarwanyi ba NRA wari umutwe w’Igisirikare w’ishyaka rye NRM ndetse n’igisirikare cya Uganda (UPDF), abashimira uruhare bagize mu gutuma iki Gihugu kigeze ahashimishije.

Ati “Ndashimira kandi Abanyafurika nka Mwalimu Nyerere, Samora Machel, Muammar Gaddafi, ndetse n’abandi bose badufashije mu rugamba rwacu.”

Museveni yavuze ko ibyo kwishimira atabigezeho wenyine, ahubwo ko Abanya-Uganda na bo bakwiye kwishimira urugamba barwanye rubagejeje ku byo bagezeho ubu.

General Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Museveni, uherutse kwifuriza isabukuru nziza umubyeyi, yavuze ko ari we muntu w’intangarugero wabaye mu mateka y’Isi.

Museveni kuri iki Cyumweru yakorewe ibirori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 12 =

Previous Post

Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Next Post

Real Madrid ikomeje kwinjira mu bihe bitayoroheye kandi ifite urugamba ruyitegereje

Related Posts

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero cy’ubujura kuri Banki iri mu gace kamwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

IZIHERUKA

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900
MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

by radiotv10
18/10/2025
0

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Real Madrid ikomeje kwinjira mu bihe bitayoroheye kandi ifite urugamba ruyitegereje

Real Madrid ikomeje kwinjira mu bihe bitayoroheye kandi ifite urugamba ruyitegereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.