Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

N’abasirikare ntibatanzwe…Bitwikiriye kwamagana MONUSCO bayisahura kuva kuri matela kugeza ku kiyiko

radiotv10by radiotv10
26/07/2022
in MU RWANDA
1
N’abasirikare ntibatanzwe…Bitwikiriye kwamagana MONUSCO bayisahura kuva kuri matela kugeza ku kiyiko
Share on FacebookShare on Twitter

Imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahinduye isura aho ubu abigaragambya bari gusahura ibikoresho by’abari muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, ntibagire na kimwe basiga inyuma.

Amashusho akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza bamwe mu Banye-Congo bakomeje gukorera urugomo abakozi ba MONUSCO, babasanga mu biro bakoreramo, bakabasahura.

Iyi myigaragambyo yahinduye isura kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, ubwo abatuye mu Mujyi wa Goma bigabizaga ku ishami rya MONUSCO bakamena inzu ubundi bakinjiramo bakahiba.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022, ibi bikorwa byakomereje mu bice bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amashusho ari ku mbuga nkoranyambaga agaragaza bamwe mu Banye-Congo bari gusahura ibikoresho birimo imifariso yo kuryamaho [Matela], ibitanda, ibikoresho by’amasukuru.

Umwe mu bari bari gukurikirana ibi bikorwa by’urugomo, yabwiye RADIOTV10 ko abaturage basa nk’abahagaritse imyigaragambyo ahubwo ubu bari gusahura ibikoresho by’abakozi ba MONUSCO nyuma yuko bahungishijwe abandi bagafungiranwa mu byumba bimwe birindiwe umutekano cyane.

Yavuze ko ibi bikorwa byiganjemo urubyiruko, biri no kugaragaramo n’abashinzwe umutekano nk’abasirikare ba FARDC ndetse n’abapolisi na bo bari kujya gusahura kimwe n’abaturage.

Avuga ko abari kujya gusahura ibi bikoresho ntacyo basiga inyuma kuko yaba amasafuriya, ndetse n’ibindi bikoresho bikenerwa mu buzima bwa buri munsi, bari kubifata bakabijyana mu ngo zabo.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, kuri uyuwa Kabiri yatangaje ko abantu batanu bamaze kuburira ubuzima muri ibi bikorwa byo kwamagana MONUSCO mu gihe abamaze kubikomerekeramo bagera muri 50.

Yavuze kandi ko igisirikare cy’Igihugu n’Igipolisi byahawe umukoro wo guhosha iyi myigaragambyo mu gihe abo muri izi nzego bakomeje kugaragara muri ibi bikorwa.

Patrick Muyaya kandi kuri uyu wa Mbere yari yatangaje ko abaturage bijanditse muri ibi bikorwa bagomba kubihanirwa mu buryo bw’intangarugero.

Abasahura ni benshi

N’abasirikare bari gusahura bambaye impuzankano banafite imbunda

RADIOTV10

Comments 1

  1. Eddy Rwibutso says:
    3 years ago

    Akantu k’ikiyiko rero😂😂😂😂😂😂😂😂😂

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Icyapa cy’ifoto ya Jennifer Lopez yambaye ubusa buriburi cyateje sakwesakwe

Next Post

Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye

Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.