• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More Than The Crown’, hari aho yageraga agacika intege, agashaka no kubihagarika, ku buryo hari n’igihe yicaraga akarira, ariko ubu afite amashimwe atagira ingano, ashimira abamubaye hafi byumwihariko umugabo we.

Naomie yabitangaje mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagarukaga ku musaruro w’iki gitabo cyamaze kurangira, aho yavuze ko afite ibyishimo byinshyi, ariko ko ibyishimo afite “uyu munsi binyibutsa ku munsi wa mbere ntangira kwandika More Than a Crown.”

Yakomeje avuga ko byabaye akarusho mu gukosora iki gitabo, aho yakoranye itsinda ryabimufashijemo rigatuma abasha kubona ibyo ashyira mu gitabo n’ibyo akuramo.

Ati “Hari igihe numvaga ntazi ibyo nashyiramo cyangwa nakuramo…hari ingingo nyinshi nabaga mfite, nkibaza niba nazibasangiza cyangwa nkabyihorera.”

Yakomeje agira ati “Ntababeshye hari igihe nashakaga gucika intege burundu [nkibaza impamvu biri kuntesha umutwe] ndakibuka umunsi umwe ubwo Sandrine Bwiza yazaga iwanjye kugira ngo dukosore, icyo gihe nacitse intege maze ndarira kuko numvaga ndemerewe. Ariko nanone nagombaga kongera kwiyibutsa uwo ndi we.”

Naomie yakomeje avuga ko atita ku byo abantu bavuga, ahubwo ko igifite agaciro ari inkuru iri muri iki gitabo, aboneraho kuvuga ko afite ibyishimo byinshi byo kubona kirangiye kikajya hanze, akaba abishimira abarimo umugabo we Michael Tesfay wakunze kumwibutsa ko ari uw’agaciro katagereranywa.

Ati “Hari igihe tugaragara twishimye kandi dufite imbaraga, ariko mu mutima dukeneye umuntu ubitwibutsa. Ibyo ndabishimira cyane.”

Miss Naomie mu bo yashimiye bamufashije harimo umugabo we

Banyoye champaign mu rwego rwo kwishimira umusaruro

Yanashimiye abandi bamufashije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + eight =

Previous Post

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Next Post

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Related Posts

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Next Post
Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.