Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

radiotv10by radiotv10
09/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora
Share on FacebookShare on Twitter

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame wakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Gicumbi ahari ibice bivugwamo ururimi-shami rwa Oluchiga [Igikiga], ababwira ko yizeye uko bazatora, ati “Ndabisiga munonga.”

Paul Kagame yatangiye ijambo rye ashimira Abanyagicumbi mu rurimi-shami rw’Igikiga, ati “Abanyabuzare ba Gicumbi [Abavandimwe b’i Gicumbi] muraho mugumire, nabasima munonga kwija aha muri benshi [Ndabashima cyane kuba mwaje muri benshi], mwakora kuza muri benshi, mwakora munonga, mwebare munonga.”

Paul Kagame n’ubundi yavuze ko yaje aje kubashimira ku cyizere bakomeje kumugirira, ndetse no kugira ngo baganire ku matora ategerejwe mu cyumweru gitaha tariki 15 Nyakanga 2024.

Ati “Ni ejobundi. Uko muzatora ndabyizeye, ndabesiga munonga [ndabizeye cyane]. Ayo matora icyo avuze ni ugukomeza urugendo dusanzwemo, kumara imyaka ibaye 30 yo kongera gusana kubaka bushya Igihugu cyacu.”

Yavuze ko kwiyubaka bifite imisingi biheraho, ku isonga hakaza umutekano, abantu bubaka kugira ngo birinde ndetse barinde n’ibyo bagezeho.

Ati “Birumvikana rero ikiba gisigaye ni amajyambere. Amajyambere na yo ashingira ku bitekerezo bizima, ijyanye n’imiyoborere na yo mizima itagira umuntu n’umwe isiga inyuma.”

Yavuze ko muri poliyiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi, ndetse n’indi mitwe ya politiki yishyize hamwe n’uyu Muryango, bashyira imbere imiyoborere itagira uwo isiga inyuma itandukanye n’imiyobore y’iheezwa n’irondakoko n’irondakarere byari byarimakajwe n’ubutegetsi bubi bwabayeho mbere bukoreka Igihugu.

Ati “Ubukene, ubujiji, indwara; ibyo byajyanye na bariya bagiye…abari barangije igihugu na mbere hose imyaka myinshi, abo bajyanye nabyo, twe turi bashya.”

Yagarutse ku gihango aka Karere ka Gicumbi gafitanye n’Ingabo za RPA zahoze ari iz’Umuryango FPR-Inkotanyi, yari ayoboye, aho yari afite icyicaro aha ku Mulindi.

Ati “Nubwo mfite icyaha kuba ntaheruka kubasura, hashize iminsi ariko nagarutse nasanze ibyo twasezeranye ubwo mperuka aha, mwarabyujuje, umujyi murawubaka.”

Yizeje ko amajyambere Abanyarwanda bifuza, bari kuyakozaho imitwe y’intoki kubera imbaraga n’imikorere n’ubwenge n’ubumenyi bafite by’umwihariko abakiri bato.

 

Intare zihora ari intare

Perezida Kagame yongeye kugaruka ku Ntare, avuga ko zihora ari Intare, kandi ko ibyo zikora bigomba kujya imbere, bidashobora gusubira inyuma.

Ati “Ntabwo uyu munsi uzibona cyangwa ari intare, ngo ejo uzazibone zabaye impyisi, ni yo mpamvu mbabwira ko ibyo twasezeranye nasanze mwarabikoze uko twabyumvikanye.”

Nyuma yo gutora tariki 15 Nyakanga 2024, yizeje Abanyagicumbi kuzaza bakongera bagatarama nk’uko byasabwe n’umwe mu Banyagicumbi wagaragaje ibyiza byagezweho kubera imiyoborere ya FPR-inkotanyi Ati “Igihango mwavuze dufitanye kiracyari cya kindi.”

Umukandida wa FPR-Inkotany, Paul Kagame yavuze ko ubwo ubushake buhari ndetse n’imiyoborere ikaba ihagaze neza, ntacyo Abanyarwanda batazageraho mu byo bifuza kuzageraho mu bihe biri imbere.

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bari baje kwakira i Gicumbi ari benshi
Perezida Kagame yashimiye Abanyagicumbi ko bubatse Gicumbi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 18 =

Previous Post

Perezida Kagame yahishuye uko abari ku rugamba biyumvaga niba barabonaga ko bazarutsinda

Next Post

CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.