Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

radiotv10by radiotv10
09/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora
Share on FacebookShare on Twitter

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame wakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Gicumbi ahari ibice bivugwamo ururimi-shami rwa Oluchiga [Igikiga], ababwira ko yizeye uko bazatora, ati “Ndabisiga munonga.”

Paul Kagame yatangiye ijambo rye ashimira Abanyagicumbi mu rurimi-shami rw’Igikiga, ati “Abanyabuzare ba Gicumbi [Abavandimwe b’i Gicumbi] muraho mugumire, nabasima munonga kwija aha muri benshi [Ndabashima cyane kuba mwaje muri benshi], mwakora kuza muri benshi, mwakora munonga, mwebare munonga.”

Paul Kagame n’ubundi yavuze ko yaje aje kubashimira ku cyizere bakomeje kumugirira, ndetse no kugira ngo baganire ku matora ategerejwe mu cyumweru gitaha tariki 15 Nyakanga 2024.

Ati “Ni ejobundi. Uko muzatora ndabyizeye, ndabesiga munonga [ndabizeye cyane]. Ayo matora icyo avuze ni ugukomeza urugendo dusanzwemo, kumara imyaka ibaye 30 yo kongera gusana kubaka bushya Igihugu cyacu.”

Yavuze ko kwiyubaka bifite imisingi biheraho, ku isonga hakaza umutekano, abantu bubaka kugira ngo birinde ndetse barinde n’ibyo bagezeho.

Ati “Birumvikana rero ikiba gisigaye ni amajyambere. Amajyambere na yo ashingira ku bitekerezo bizima, ijyanye n’imiyoborere na yo mizima itagira umuntu n’umwe isiga inyuma.”

Yavuze ko muri poliyiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi, ndetse n’indi mitwe ya politiki yishyize hamwe n’uyu Muryango, bashyira imbere imiyoborere itagira uwo isiga inyuma itandukanye n’imiyobore y’iheezwa n’irondakoko n’irondakarere byari byarimakajwe n’ubutegetsi bubi bwabayeho mbere bukoreka Igihugu.

Ati “Ubukene, ubujiji, indwara; ibyo byajyanye na bariya bagiye…abari barangije igihugu na mbere hose imyaka myinshi, abo bajyanye nabyo, twe turi bashya.”

Yagarutse ku gihango aka Karere ka Gicumbi gafitanye n’Ingabo za RPA zahoze ari iz’Umuryango FPR-Inkotanyi, yari ayoboye, aho yari afite icyicaro aha ku Mulindi.

Ati “Nubwo mfite icyaha kuba ntaheruka kubasura, hashize iminsi ariko nagarutse nasanze ibyo twasezeranye ubwo mperuka aha, mwarabyujuje, umujyi murawubaka.”

Yizeje ko amajyambere Abanyarwanda bifuza, bari kuyakozaho imitwe y’intoki kubera imbaraga n’imikorere n’ubwenge n’ubumenyi bafite by’umwihariko abakiri bato.

 

Intare zihora ari intare

Perezida Kagame yongeye kugaruka ku Ntare, avuga ko zihora ari Intare, kandi ko ibyo zikora bigomba kujya imbere, bidashobora gusubira inyuma.

Ati “Ntabwo uyu munsi uzibona cyangwa ari intare, ngo ejo uzazibone zabaye impyisi, ni yo mpamvu mbabwira ko ibyo twasezeranye nasanze mwarabikoze uko twabyumvikanye.”

Nyuma yo gutora tariki 15 Nyakanga 2024, yizeje Abanyagicumbi kuzaza bakongera bagatarama nk’uko byasabwe n’umwe mu Banyagicumbi wagaragaje ibyiza byagezweho kubera imiyoborere ya FPR-inkotanyi Ati “Igihango mwavuze dufitanye kiracyari cya kindi.”

Umukandida wa FPR-Inkotany, Paul Kagame yavuze ko ubwo ubushake buhari ndetse n’imiyoborere ikaba ihagaze neza, ntacyo Abanyarwanda batazageraho mu byo bifuza kuzageraho mu bihe biri imbere.

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bari baje kwakira i Gicumbi ari benshi
Perezida Kagame yashimiye Abanyagicumbi ko bubatse Gicumbi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yahishuye uko abari ku rugamba biyumvaga niba barabonaga ko bazarutsinda

Next Post

CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.