Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

radiotv10by radiotv10
09/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora
Share on FacebookShare on Twitter

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame wakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Gicumbi ahari ibice bivugwamo ururimi-shami rwa Oluchiga [Igikiga], ababwira ko yizeye uko bazatora, ati “Ndabisiga munonga.”

Paul Kagame yatangiye ijambo rye ashimira Abanyagicumbi mu rurimi-shami rw’Igikiga, ati “Abanyabuzare ba Gicumbi [Abavandimwe b’i Gicumbi] muraho mugumire, nabasima munonga kwija aha muri benshi [Ndabashima cyane kuba mwaje muri benshi], mwakora kuza muri benshi, mwakora munonga, mwebare munonga.”

Paul Kagame n’ubundi yavuze ko yaje aje kubashimira ku cyizere bakomeje kumugirira, ndetse no kugira ngo baganire ku matora ategerejwe mu cyumweru gitaha tariki 15 Nyakanga 2024.

Ati “Ni ejobundi. Uko muzatora ndabyizeye, ndabesiga munonga [ndabizeye cyane]. Ayo matora icyo avuze ni ugukomeza urugendo dusanzwemo, kumara imyaka ibaye 30 yo kongera gusana kubaka bushya Igihugu cyacu.”

Yavuze ko kwiyubaka bifite imisingi biheraho, ku isonga hakaza umutekano, abantu bubaka kugira ngo birinde ndetse barinde n’ibyo bagezeho.

Ati “Birumvikana rero ikiba gisigaye ni amajyambere. Amajyambere na yo ashingira ku bitekerezo bizima, ijyanye n’imiyoborere na yo mizima itagira umuntu n’umwe isiga inyuma.”

Yavuze ko muri poliyiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi, ndetse n’indi mitwe ya politiki yishyize hamwe n’uyu Muryango, bashyira imbere imiyoborere itagira uwo isiga inyuma itandukanye n’imiyobore y’iheezwa n’irondakoko n’irondakarere byari byarimakajwe n’ubutegetsi bubi bwabayeho mbere bukoreka Igihugu.

Ati “Ubukene, ubujiji, indwara; ibyo byajyanye na bariya bagiye…abari barangije igihugu na mbere hose imyaka myinshi, abo bajyanye nabyo, twe turi bashya.”

Yagarutse ku gihango aka Karere ka Gicumbi gafitanye n’Ingabo za RPA zahoze ari iz’Umuryango FPR-Inkotanyi, yari ayoboye, aho yari afite icyicaro aha ku Mulindi.

Ati “Nubwo mfite icyaha kuba ntaheruka kubasura, hashize iminsi ariko nagarutse nasanze ibyo twasezeranye ubwo mperuka aha, mwarabyujuje, umujyi murawubaka.”

Yizeje ko amajyambere Abanyarwanda bifuza, bari kuyakozaho imitwe y’intoki kubera imbaraga n’imikorere n’ubwenge n’ubumenyi bafite by’umwihariko abakiri bato.

 

Intare zihora ari intare

Perezida Kagame yongeye kugaruka ku Ntare, avuga ko zihora ari Intare, kandi ko ibyo zikora bigomba kujya imbere, bidashobora gusubira inyuma.

Ati “Ntabwo uyu munsi uzibona cyangwa ari intare, ngo ejo uzazibone zabaye impyisi, ni yo mpamvu mbabwira ko ibyo twasezeranye nasanze mwarabikoze uko twabyumvikanye.”

Nyuma yo gutora tariki 15 Nyakanga 2024, yizeje Abanyagicumbi kuzaza bakongera bagatarama nk’uko byasabwe n’umwe mu Banyagicumbi wagaragaje ibyiza byagezweho kubera imiyoborere ya FPR-inkotanyi Ati “Igihango mwavuze dufitanye kiracyari cya kindi.”

Umukandida wa FPR-Inkotany, Paul Kagame yavuze ko ubwo ubushake buhari ndetse n’imiyoborere ikaba ihagaze neza, ntacyo Abanyarwanda batazageraho mu byo bifuza kuzageraho mu bihe biri imbere.

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bari baje kwakira i Gicumbi ari benshi
Perezida Kagame yashimiye Abanyagicumbi ko bubatse Gicumbi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 16 =

Previous Post

Perezida Kagame yahishuye uko abari ku rugamba biyumvaga niba barabonaga ko bazarutsinda

Next Post

CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.